Tags : Muhanga

Muhanga: Abitwa ‘Abahebyi’ barangiza ibidukikije bishobora guteza inkangu

Ni Abaturage bakunze kwita Abahebyi, cyangwa ‘Ibihazi’, barangiza amashyamba batitaye ku kamaro afitiye igihugu ndetse bagacukura amabuye y’agaciro nta byangombwa bahawe na Minisiteri y’Umutungo Kamere. Iki kibazo cy’aba baturage bangiza ibidukikije kiravugwa mu rugabano ruhuza umurenge wa Nyamabuye n’uwa Muhanga ku musozi bita Mushubati, aho usanga baracukuye ndetse ahantu hanini harengeje hegitari imwe. Uretse mu […]Irambuye

Muhanga: Abikorera barishimira kuba noneho bahabwa ijambo

Abikorera mu Karere ka Muhanga baravuga ko ubu bahawe ijambo mu iterambere ry’Akarere bisumbye uko byari bimeze mu minsi yashize kuko noneho ngo bicarana n’ubuyobozi bakaganira ku mpinduka zatuma imikorere y’impande zombi irushaho kugenda neza. Juvénal Kimonyo Perezida w’Urugaga rw’Abikorera  mu  karere ka Muhanga, avuga ko ubu aribwo bahabwa ijambo mu kugira uruhare mu bikorwa […]Irambuye

Muhanga: CAF Isonga ifite umweenda wa miliyoni 100 Frw igiye

Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, BNR, CAF Isonga n’abanyamigabane bayo bashya, kuri uyu wa Kane, umuyobozi w’Intara y’Amagepfo, Munyantwari Alphonse yatangaje ko iki kigo cyari kimaze amezi atatu kidakora kubera umweenda wa miliyoni 100 kiri kwishyuzwa na bamwe mu bahoze ari abanyamigabane bacyo kigiye kongera gufungura imiryango. CAF Isonga ivuga ko iri kwishyuza inguzanyo […]Irambuye

Muhanga: Yihangiye imirimo ya nyuma y’amasaha y’akazi ka Leta akora

Mutuyemariya Marie Josée utuye mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga yihangiye umurimo yo kwambikaka abageni no gutegura imihango y’ubukwe ‘Decoration’ akora nyuma y’amasaha y’akazi ka Leta asanzwe ari mu Karere, kandi ngo abona inyungu y’ibihumbi 100 buri uko yambitse abageni. Mutuyemariya Marie Josée afite umugabo n’abana batatu, afite impamyabushobozi y’icyiciro cya kabiri cya […]Irambuye

Muhanga/Kamonyi: DUHAMIC ADRI yatanze miliyoni 200 zo gufasha urubyiruko

Urubyiruko  rugera ku bihumbi  1 200  rwarangije amashuri  yisumbuye rugahitamo kwiga imyuga n’ubumenyingiro  rutangaza ko rugiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri binyuze mu guhanga imirimo mito yinjiza amafaranga menshi, nyuma yo kurangiza kwiga binyuze mu nkunga y’umushinga DUHAMIC ADRI watanze amafaranga miliyoni 200 yo gufasha muri icyo gikorwa. Mu muhango wo guha bamwe mu rubyiruko  barangije amashuri  […]Irambuye

MINIRENA yerekanye Coltan y’Umweru y’u Rwanda inyomoza abavuga ko idahari

Minisiteri y’Umutungo Kamere yeretse Kampani y’Abanyamerika yitwa  AVX Corporation  Amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan y’umweru.  Evode Imena Umunyamabanga  wa Leta muri iyi Minisiteri avuga ko kwereka iyi kampani  aya mabuye bigamije kunyomoza amakuru yavugaga ko mu Rwanda hataba aya mabuye y’Agaciro. Hashize igihe kitari gito hari bamwe mu bagura bakanacuruza Amabuye y’agaciro bakemanga […]Irambuye

Ruhango: Abarwayi bagana Pharmacie aho kwivuriza ku kigo nderabuzima

Bamwe mu baturage  baturiye ikigo nderabuzima  cya Nyarurama  mu murenge wa Ntongwe, mu karere ka Ruhango, babwiye Umuseke ko bahisemo kujya bagana  Farumasi (Pharmacie) n’andi mavuriro yigenga  nyuma  y’aho baboneye ko serivisi mbi bahabwa zishobora gutuma babura ubuzima. Aba baturage batashatse ko amazina yabo  ajya mu itangazamakuru kubera impamvu z’umutekano benshi batuye ku musozi wa […]Irambuye

Muhanga: RRA yihanangirije abacuruzi badakoresha imashini ya EBM

Ikigo cy’imisoro n’amahoro (R.R.A)  cyatangije  gahunda  yo gushishikariza abacuruzi  gukoresha imashini  za EBM (Electronic Billing Machine), mu rwego  rwo  kugaragaza ibyo bacuruje batanga inyezabuguzi ku bakiliya. Hashize imyaka ibiri Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (R.R.A) gihaye abacuruzi imashini z’ikoranabuhanga (EBM ) cyane cyane ku bacuruzi biyandikishije ku musoro w’inyongeragaciro (TVA)  kandi  bafite igishoro rusange  cya miliyoni makumyabiri  […]Irambuye

Banki y’Isi yatanze asaga Miliyari umunani zo guteza imbere umujyi

Kuri uyu wa kane, Banki y’Isi yahaye Akarere ka Muhanga Miliyoni 11 z’Amadorari ya Amerika, aya asaga Miliyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu kuzamura umujyi w’aka Karere mu bijyanye n’ibikorwaremezo birimo imihanda ya Kaburimbo no gutunganya za ruhurura. Iyi nkunga Banki y’Isi yayitangaje mu nama mpuzamhanga y’umunsi umwe yahuje inzego zitandukanye z’Akarere ka Muhanga, […]Irambuye

Rugendabari: ‘Mvura nkuvure’ ifasha abaturage gukira ibikomere batewe na jenoside

Abaturage bo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga, batangaza ko amatsinda ya Mvura nkuvure  yatumye  babasha gukira ibikomere byatewe n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagasaba  bagenzi babo kwitabira ibiganiro by’ayo matsinda mu rwego rwo kugira ngo  baruhuke  intimba. Aba baturage barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abagize uruhare  muri […]Irambuye

en_USEnglish