Muri uyu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 22 abahoze ari abarezi n’abanyeshuri 13 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Soeur MUKANTABANA Domitille umuyobozi w’iri shuri yasabye abo bakorana kwirinda ingengabitekerezo ya jenoside ahubwo bashyira imbere gahunda ya Ndi Umunyarwanda. Soeur MUKANTABANA Domitille umuyobozi w’ishuri ry’ abaforomo n’ababyaza (Kabgayi School of Nursing and Midwifery) yavuze […]Irambuye
Tags : Muhanga
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura (WASAC) kiratangaza ko hari igihombo cya Miliyoni ijana na makumyabiri z’amafaranga y’u Rwanda (120 000 000 Frw) Akarere ka Muhanga kazishyura, iki gihombo cyatewe n’isenywa ry’ibigega by’amazi WASAC yari yubatse mu Murenge wa Shyogwe na Cyeza. Ibi bigega by’amazi byubatswe na WASAC mu rwego rwo kongera ingano y’amazi ahabwa […]Irambuye
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu, Polisi yataye muri Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabinoni, mu Karere ka Muhanga witwa Aimable Ndayisaba akekwaho gukoresha nabi amafaranga agenewe VUP. Amakuru agera ku munyamakuru wacu ukorera i Muhanga aravuga ko Aimable Ndayisaba yatawe muri yombi ku mugoroba, ubu akaba afungiye kuri Station ya Polisi ya Muhanga. Gutabwa […]Irambuye
Kabgayi – Mu gikorwa ngarukamwaka cyo kwizihiza umunsi w’umurimo cy’abakozi ba Diyosezi ya Kabgayi Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde akaba n’umushumba w’iyi Diyosezi, avuga ko inyungu z’amafaranga zidakwiye kuza imbere y’umurimo ahubwo ko umurimo ari wo ugomba kuza imbere y’amafaranga. Mu ijambo rye Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde, yagarutse kuri bamwe mu bakozi bakunda kwibwira ko guta akazi k’igihe […]Irambuye
Abatuye umujyi wa Muhanga baravuga ko bamaze igihe kinini bagerwaho n’ingaruka zishingiye ku kuba ikusanyirizo ry’amata riherereye mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga bari bahawe ryarafunze nyuma y’amezi atatu gusa ritangiye gukora mu mwaka wa 2009. Iri kusanyirizo rifite ibikoresho bipima amata, nyuma y’amezi atatu rikora neza Koperative y’aborozi “COEPROMU” yari irifite mu nshingano […]Irambuye
Abagore batora ikawa mu ruganda rutunganya ikawa rwo mu Kagari ka Sholi, Umurenge Cyeza, Akarere ka Muhanga ngo iyo bari gutora ikawa banungurana ibitekerezo baganira ku nyigisho baba bakuye mutugoroba tw’ababyeyi mu duce batuyemo. Mu kagari ka Sholi ngo ubu nta mugore ukirirwa murugo ategereje ko umugabo azana amafaranga avuye gukorera, kuko ngo iyo bari […]Irambuye
Umuyobozi mushya w’akarere ka Muhanga, Uwamariya Beatrice afite ingamba nshya mu mikorere y’akarere ke, ndetse ngo Muhanga nk’akarere katoranyijwe mu kugira umijyi minini wunganira Kigali, ngo ntigakwiye guhora kaza mu turere twa nyuma mu kwesa imihigo. Mu kiganiro cyihariye n’Umuseke, Uwamariya Beatrice yadutangarije ko mu karere ke kagizwe n’imirenge 12, ine muri iyo ikaba iri […]Irambuye
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi (Energy Company Limited) gitangaza ko mu mezi icyenda kimaze guha abaturage bagera ku 10% umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Muhanga na Kamonyi, gusa abaturage bavuga ko igiciro cy’amashanyarazi gihenze. Mu kiganiro umuyobozi w’iki kigo ishami rya Muhanga, BATANGANA Regis, avuga ko kuva ngo iki kigo cyatangira mu kwezi kwa karindwi […]Irambuye
Mu muhango wo kwimika Umuvugizi mukuru w’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya (Eglise de Dieu du Nouveau Testament) Pasiteri TWAGIRIMANA Charles Rugubira Théophile umuvugizi w’itorero rya gikristo ry’abasaruzi (Harvest Christian Church) yasabye uyu muvuguzi kwicisha bugufi akaba umugaragu w’abo ayobora aho kwishyira hejuru. Uyu muhango wo kwimika umuvugizi w’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya wabereye mu karere ka Muhanga, […]Irambuye
Muhanga – Mu gikorwa cyo Kwibuka ku ncuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Musenyeri MBONYINTEGE Smaragde akaba n’umushumba wa Diyozese ya Kabgayi yatangaje ko ikibazo cy’ubwoko bw’abahutu, abatutsi n’abatwa cyazanywe n’Abanyapolitiki bashaka kugera ku nyungu zabo. Ibi Musenyeri Mbonyintege Smaragde, yabigarutseho mu ijambo yavugiye mu muhango wo Kwibuka ku nshuro ya 22 bitaro […]Irambuye