Tags : Muhanga

Muhanga: Gusana umuhanda byatumye urushaho kwangirika

*Imirimo yo gusana uyu muhanda izatangwaho agera kuri miliyari 1,6 y’amafaranga y’u Rwanda Umuhanda wa kaburimbo  unyura mu mujyi rwagati wa Muhanga,  Horizon Construction  ni yo yatsindiye kuwusana.  Kuva imirimo yo kuwusana yatangira,  ubu nibwo urushaho kwangirika cyane kurusha uko wari usanzwe umeze mbere y’uko usanwa. Bamwe mu baturage  baturiye umuhanda wa kaburimbo  mu mujyi […]Irambuye

Muhanga: Abaturage 88 barishyuza REG ibyangijwe na EWSA mu 2011

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, batangaza ko icyahoze ari EWSA cyanyujije inkingi z’amashanyarazi mu masambu yabo guhera mu mwaka wa 2011, kugeza n’uyu munsi REG ari nayo yahawe izi nshingano ikaba itarishyura aba baturage. Aba baturage bagera kuri 88, batuye mu Mudugudu wa Murambi ho mu Murenge wa […]Irambuye

Gitwe: Abaturage babitsaga muri CAF Isonga bararira ayo kwarika

*Umuturage yatsinze CAF Isonga ikigo gitegekwa kumwishyura miliyoni 25, *Abaturage baravuga ko batazasangira igihombo n’ikigo bari bizeye. Muri iki gitondo i Gitwe abaturage benshi bazindukiye ku ishami ry’ikigo cy’imari iciriritse cya CAF Isonga, aho basanze ku rugo rwacyo hariho ingufuri bitewe n’ikibazo CAF imazemo iminsi, abaturage bari gutabaza inzego zose za Leta ngo zibatabare. Hashize […]Irambuye

Umucamanza wa Nyamabuye yiyambuye ububasha ku kirego cya Dr Niyitegeka

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 09 Werurwe umucamanza wo mu rukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye yanzuye ko ataburanisha ikirego cyatanzwe na Dr Niyitegeka Theonetse wigeze gushaka guhatanira kwinjira mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2003, wareze umuyobozi wa Gereza ya Nyanza ko amufunze binyuranyije n’amategeko. Umucamanza yavuze ko urukiko rukwiye kuregerwa iki kirego ari urukiko rwegereye […]Irambuye

Nyarusange: Ku munsi w’umugore, YWCA yahaye abatishoboye ingurube

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi ngarukamwaka w’umugore mu Ntara y’Amajyepfo, Umuryango mpuzamahanga w’abagore bakiri bato b’Abakristo “Young Women Christian Association (WYCA)” wahaye ingurube 12 abagore batishoboye bo mu miryango yatoranyijwe mu Murenge wa Nyarusange, Akarere ka Muhanga. MUKANDOLI Thérèse, Perezidante w’umuryango WYCA wari uyoboye itsinda ryatanze ariya matungo yavuze ko impamvu bageneye amatungo magufi abagore […]Irambuye

Muhanga: Umuryango ‘INGABO’ ntuvuga rumwe ku cyamunara cyo kwishyura Miliyoni

Nyuma y’umuhango wo guteza icyamunara imwe mu mitungo y’Umuryango w’abahinzi n’aborozi INGABO wabaye muri iki cyumweru kirangiye, bamwe mu banyamuryango baravuga ko bagiye gutanga ikirego mu rukiko kubera ko ngo icyamunara cyabaye abanyamuryango bose batabyumvikanyeho. Imwe mu mitungo y’umuryango INGABO iherutse gupakirwa n’umuhesha w’inkiko w’umwuga kugira ngo izatezwe cyamunara, kubera impamvu z’umwenda wa Miliyoni zirenga […]Irambuye

Menya Ruyenzi n’uduce 4 tuyigize, ubu hagezweho Bishenyi

Francois Bizimana yemeza ko ari we mufundi wzamuye inzu igezweho muri Centre ya Ruyenzi, icyo gihe muri 2007 ngo akazi karabonekaga ariko ubu ngo karagabanutse. Ruyenzi igizwe n’uduce tune, Nyagacaca, Rugazi, Rubumba na Bishenyi. Uruyenzi ni ryo zina abahakomoka bakunda ku hita, ni mu ntera itari ndende uvuye mu Mujyi wa Kigali ugana yo. Ni […]Irambuye

Muhanga: ADEPR yanze kumuzamura mu ntera kuko akekwaho ubusambanyi

Emmanuel Mulisa ni umuyobozi w’ikigo Itorero ADEPR rikoreramo amahugurwa (CEFOCA) akaba anayobora ikigo cy’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro (Christian Integrated Polytechnic) byose biherereye ku mu Murenge wa Nyamabuye, mu Karere ka Muhanga. Abayobozi muri ADEPR banze kumusengera ngo azamurwe mu ntera kuko avugwaho ubusambanyi. Ku itariki 09 Mutarama 2016, Mulisa na bagenzi be bane bagombaga guhabwa inshingano […]Irambuye

Muhanga: Umukandida yemereye abaturage ko azabaha Pariki y’igihugu

Paul Ndagijimana umwe mu bakandida barindwi bari kwiyamamariza kujya muri Njyanama y’Akarere kuri uyu kabiri yabwiye abaturage bo mu kagari ka Gifumba Umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga ko nibamutora azabaha pariki y’igihugu. Iyo Pariki ngo akayishyira ku misozi ya Kanyarira na Kizabonwa, imisozi abakristo bakunze gukoreraho amasengesho. Kuwa 22 Gashyantare nibwo mu mirenge […]Irambuye

Muhanga: Uwari Mayor Mutakwasuku yasibishije amanota y’ibizamini ngo batabona akazi

*Ababyeyi ari nabo ba nyiri ikigo basabye ko Akarere ka Muhanga gashyira ku buyobozi BISANGABAGABO Youssouf; *Uwari Mayor MUTAKWASUKU Yvonne ababwira ko afite umuntu we azahashyira; *Ababyeyi barabyanze, maze abakoze ibizamini kuri uwo mwanya bose baratsindishwa; *Urwego rw’Umuvunyi rwinjiye muri iki kibazo kugira ngo Leta itajya mu manza, ariko n’ubu ntikirakemuka. BISANGABAGABO Youssouf, Umuyobozi w’agateganyo […]Irambuye

en_USEnglish