Digiqole ad

Muhanga: RRA yihanangirije abacuruzi badakoresha imashini ya EBM

 Muhanga: RRA yihanangirije abacuruzi badakoresha imashini ya  EBM

AMAHORO Henriette umwe mu bacuruzi bakoresha E.B.M

Ikigo cy’imisoro n’amahoro (R.R.A)  cyatangije  gahunda  yo gushishikariza abacuruzi  gukoresha imashini  za EBM (Electronic Billing Machine), mu rwego  rwo  kugaragaza ibyo bacuruje batanga inyezabuguzi ku bakiliya.

AMAHORO Henriette  umwe mu bacuruzi bakoresha E.B.M
AMAHORO Henriette umwe mu bacuruzi bakoresha E.B.M

Hashize imyaka ibiri Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (R.R.A) gihaye abacuruzi imashini z’ikoranabuhanga (EBM ) cyane cyane ku bacuruzi biyandikishije ku musoro w’inyongeragaciro (TVA)  kandi  bafite igishoro rusange  cya miliyoni makumyabiri  kuzamura mu mafaranga y’u Rwanda.

Bamwe mu bacuruzi usanga hari abagiye bazifata  ndetse bakanazikoresha, ariko  hakaba  abandi bumva ko  gukoresha izi mashini bitabareba, bitwaza ko  amafaranga bacuruza  ku mwaka  adashobora  kuba agera cyangwa arenga miliyoni makumyabiri z’amafaranga y’u Rwanda.

MBERA Emmy, umuhuzabikorwa  w’imashini za EBM  muri RRA avuga ko  icyo bagamije ari ukwigisha  no gusobanurira abacuruzi  akamaro ko gukoresha izi mashini mu gihe cyose bagurushij, kandi bagaha abakiliya  inyemezabuguzi kuko ngo nta gicuruzwa na kimwe gishobora  kwinjira no gusohoka mu iduka  kidafite inyemezabuguzi.

MBERA avuga ko  abacuruzi benshi bo mu karere ka Muhanga barangurira mu Mujyi wa Kigali ku buryo  kubona inyemezabuguzi  ari igikorwa cyoroshye.

MBERA ati “Icyo tugamije ntabwo ari  uguhana abacuruzi badakoresha izi mashini, ahubwo turabanza kubigisha  akamaro ko kuzikoresha n’inyungu bibafitiye kandi mu bo twasuye  harimo bamwe batazikoresha.”

MATABARO Jean de Dieu, umucuruzi  avuga ko  umurimo w’ubucuruzi aribwo akiwutangira ku buryo yibwiraga ko gukoresha  EBM bitamureba.

Avuga ko  agiye gukora ibaruramari  rigamije gusuzuma amafaranga  akoresha nibura ku gihembwe, kugira ngo  umwaka uzajye kurangira  imibare y’amafaranga  y’igicuruzo rusange (Chiffres d’Affaires)  ayazi neza.

AMAHORO  Henriette,  ucururiza  mu mujyi wa Muhanga, avuga ko  nta mukiliya n’umwe  usohoka  mu iduka adahawe inyemezabuguzi  ndetse ngo gutanga  inyemezabuguzi binamufasha  kwikorera igenzura  kuko ngo abasha kubona  raporo  y’umunsi n’amafaranga  yinjije.

Abacuruzi barenga 300 mu karere  ni bo ikigo cy’Imisoro n’Amahoro  cyasuye, abakozi b’iki kigo  bateganya ko iki gikorwa cyo  gukangurira abacuruzi gukoresha EBM  kigiye gukomereza mu karere ka Huye, Rwamagana na Rubavu.

MBERA Emmy umuhuzabikorwa wa EBM muri R.R.A.
MBERA Emmy umuhuzabikorwa wa EBM muri R.R.A.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga.

2 Comments

  • icyibazo gihari sikindi nuko nuguhaye inyemezabuguzi akubwira yuko urenzaho 100frw cg anarenga kuyigicuruzwa ngo naynyemezabuguzi (facture) tukibaza niba nayo igurwa bkaducanga,ahhh biragoye kibyumva pe.

  • EBM ni ngombwa kuyikoresha. Gusa ubwayo iracyahenda cyane ku buryo nabyo bica intege abacuruzi mu kuyigura.Ese nta kuntu mwayishyira kugiciro gito gishoboka ko nubundi ari igikoresha gifitiye umucuruzu ndetse na RRA(Leta) akamaro?

Comments are closed.

en_USEnglish