Digiqole ad

Muhanga/Kamonyi: DUHAMIC ADRI yatanze miliyoni 200 zo gufasha urubyiruko

 Muhanga/Kamonyi: DUHAMIC ADRI yatanze miliyoni 200 zo gufasha urubyiruko

TUYIZERE Thadée Visi Meya aha icyemezo bamwe mu rubyiruko barangije amshuri y’imyuga.

Urubyiruko  rugera ku bihumbi  1 200  rwarangije amashuri  yisumbuye rugahitamo kwiga imyuga n’ubumenyingiro  rutangaza ko rugiye guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri binyuze mu guhanga imirimo mito yinjiza amafaranga menshi, nyuma yo kurangiza kwiga binyuze mu nkunga y’umushinga DUHAMIC ADRI watanze amafaranga miliyoni 200 yo gufasha muri icyo gikorwa.

TUYIZERE Thadée Visi Meya  aha icyemezo bamwe mu rubyiruko barangije amshuri y'imyuga.
TUYIZERE Thadée Visi Meya aha icyemezo bamwe mu rubyiruko barangije amshuri y’imyuga.

Mu muhango wo guha bamwe mu rubyiruko  barangije amashuri  yisumbuye, ariko  bagahitamo kwiga mu gihe cy’amezi ane imyuga n’ubumenyingiro, impamyabumenyi, cyateguwe n’umushinga DUHAMIC ADRI (Duharanira Amajyambere y’icyaro) urubyiruko ruvuga ko rugiye guhanga imirimo.

TUZ– USENGE Théogène wo mu karere ka Kamonyi, avuga ko uretse ubumenyi bushingiye ku myuga n’ubumenyingiro bahawe, bigishijwe n’amasomo arebana no gukemura amakimbirane mu miryango agamije kubaka amahoro arambye.

Avuga ko bigishijwe ko ngo iyo umuryango ukennye nta mutekano abashakanye bashobora kugira kuko ngo bahora  mu makimbirane y’urudaca bakabatoza bakaba bagomba kubatoza umuco wo kwizigamira.

BENINEZA Innocent Umunyamabanga nshigwabikorwa wa DUHAMIC ADRI, avuga ko  hari amafaranga arenga miliyoni  200 uyu mushinga washoye muri iki gikorwa cyo kwigisha urubyiruko amashuri y’imyuga.

Muri ayo mafaranga harimo ayo kubishyurira  amafaranga y’ishuri no kubagurira ibikoresho, avuga ko hari n’andi  ibihumbi ijana na mirongo itanu (Frw 150 000) bagenera buri munyeshuri urangije y’igishoro.

TUYIZERE Thadée, Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Kamonyi, asaba urubyiruko gukoresha amahirwe bafite maze bakagana amashuri y’imyuga kuko ngo ari yo atanga umusaruro mu gihe gito.

Avuga ko kuva aho aya mashuri atangiriye  byatumye umubare munini w’urubyiruko rwataga amashuri  ugabanuka ku rugero rwiza.

Ati: “Umwana w’umufundi arabwirirwa ariko ntabwo aburara, aya mashuri ni yo twifuza ko abarangije ayisumbuye biga.”

Uyu mushinga wa DUHAMIC ADRI umaze imyaka itatu ukorera mu mirenge itandatu yo mu karere ka Kamonyi na Muhanga, abawuyobora bavuga ko ayo mafaranga miliyoni 200 yatanzwe mu byiciro bitandukanye.

BENINEZA Innocent  Umunyabanga Nshingwabikorwa wa DUHAMIC ADRI.
BENINEZA Innocent Umunyabanga Nshingwabikorwa wa DUHAMIC ADRI.
TUYIZERE Thadée Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry'ubukungu mu karere ka Kamonyi.
TUYIZERE Thadée Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Kamonyi.
Bamwe mu bayobozi bo mu karere ka  Kamonyi na Muhanga, hamwe n'urubyiruko rurangije amashuri y'imyuga.
Bamwe mu bayobozi bo mu karere ka Kamonyi na Muhanga, hamwe n’urubyiruko rurangije amashuri y’imyuga.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga.

1 Comment

  • DuHaMiC adri ooooooye! komeza udufashyirize abana mu kwigira .

Comments are closed.

en_USEnglish