Tags : MINEDUC

Minisitiri w’Uburezi yasabye igenzura ry’ibyo ‘Umwalimu SACCO’ yagezweho mu myaka

Umuyobozi mushya wa Koperative y’Abarimu, Umwalimu SACCO yaraye ashyikirijwe ububasha n’uwari umuyobozi w’agateganyo, Minisitiri w’Uburezi, Dr Papias Malimba wayoboye uwo muhango, yasabye impinduka mu mitangirwe ya serivisi, gukora igenzura ry’ibyagezweho mu myaka umunani ishize, no kumenya ko Leta hari igihe izahagarika inkunga yayo kuri iki kigo. Umuyobozi mushya w’Umwalimu SACCO, ni Laurence Uwambaje, yahererekanyije ububasha […]Irambuye

Ikizamini cya ‘Electrical drawing’ cyari gukorwa ku wa gatanu, cyakopewe

Hari amakuru yemeza ko ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Imyuga n’Ubumenyi-ngiro (WDA) bwafashe umwanzuro wo guhindura ku rwego rw’igihugu, ikizamini cy’isomo rya ‘Electrical drawing’ cyari kuzakorwa ejo ku wa gatanu, nyuma yo kumenya ko hari umunyeshuri cyangwa umwarimu mu Karere ka Gakenke waba yabonye akanagumana ‘kopi’ yacyo. Uyu munyeshuri cyangwa umurezi utaramenyakana, abaye ari […]Irambuye

Nyamasheke: 263 barangije kaminuza ngo biteguye guhangana ku isoko ry’umurimo

Abarangije mu ishuri rikuru rwa Kibogora Polytechnic ryo mu karere ka Nyamasheje, baravuga ko ibyo bize bagiye kubibyaza umusaruro bityo ko bizabfasha kwitwara neza ku isoko ry’umurimo kugira ngo biteze imbere banateze imbere igihugu cyababyaye. Aba basoje amasomo yabo muri Kibogora Polytechnic, bishimira ko iri shuri ryabegerejwe, bakavuga ko ryaje ari igisubizo kuko mbere hari abakoraga […]Irambuye

Ngoma: UNIK yamuritse ubushakashatsi kuri “Gender” bwerekana inzitizi zikirimo

Mu Karere ka Ngoma muri Kaminuza ya Kibungo kuri uyu wa gatanu hamuritswe ubushakashatsi bwari bumaze imyaka ibiri bukorwa kuri gahunda ya Leta y’u Rwanda y’uburinganire n’ubwuzuzanye. Ubu bushakashatsi bwakozwe n’abarimu bo muri iyi Kaminuza ya Kibungo (UNIK) burerekana ko mu Rwanda hakiri inzitizi kugira ngo iyi politiki y’uburinganire n’ubwuzuzanye igende neza, nko kuba hari […]Irambuye

Abafite ubugufi bukabije barasaba kwitabwaho kuko ngo na bo barashoboye

Buntubwimana Marie Appoline uyobora umuryango nyarwanda w’abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije (Rwanda Union of Little People) yabwiye Umuseke ko imwe mu mbogamizi bahura na zo ari uko hari igihe abagize amahirwe yo kwiga bamburwa impapuro bakoreragaho ikizamini batarangije bitewe n’uko kugira intoki ngufi bibagora gufata ikaramu, ntibabashe kwandika bihutu. Aba bamburwa impapuro z’ibizamini batarangije ngo bituma […]Irambuye

Ireme ry’Uburezi: Kiliziya Gatulika ivuga ko inzira ikiri ndende

Umuyobozi w’ibiro bishinzwe uburezi muri kiliziya Gatulika mu Rwanda, Padiri Janvier Nduwayezu avuga ko inzira ikiri ndende mu kugera ku ntego z’ireme ry’uburezi kuko bukirimo ibibazo byinshi bishingiye ku bumenyi butangwa, n’ibikorwa remezo by’amashuri. Kuri uyu wa Gatatu, abayobozi b’amashuri ya kiliziya Gatulika barahurira hamwe kugira ngo biyibutse uruhare rwa Kiliziya mu kuzamura ireme ry’uburezi. […]Irambuye

REB yashoboraga gukora ibirenzeho igacunga neza za miliyari za Leta

*Abayobozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, banenzwe ko kudakurikirana neza abakozi byatumye imari ya Leta icungwa nabi, *Gahunda ya One Laptop per Child yatanzweho miliyari 35, ariko ntiyagenze uko Leta yabyifuzaga, *REB iyobowe na Gasana Janvier ubu ngo igiye gusubira ku murongo. Kuri uyu wa gatatu mu gitondo, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (Rwanda Education Board, REB) cyitabye […]Irambuye

Akanyafu n’igitsure cya mwalimu, byajyanye n’uburere n’ikinyabupfura ku ishuri

*Abalimu ngo kuba batagihana abanyeshuri bituma umuco wo kubaha ukendera, *Minisitiri Musafiri avuga ko uburere bupfira mu miryango. Ku munsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu, wizihijwe tariki ya 5 Ukwakira mu Rwanda mu karere ka Gasabo, abarimu bagararagarije abayobozi bafite uburezi mu nshingano, ko ingaruka z’uburere buke no kutubaha bisigaye muri bamwe mu bana b’iki gihe biterwa […]Irambuye

Karongi: Nyamugwagwa aho abana bigiraga mu kagari no mu rusengero

Ku ishuri ribanza rya Nyamugwaagwa mu kagari ka Nyamugwaagwa Umurenge wa Ruganda mu karere ka Karongi, muri iki cyumweru hatashywe ibyumba bitandatu by’amashuri mashya yubatswe ku bufatanye bw’akarere n’ingabo z’u Rwanda zavuye ku rugerero (RDF/Reserve Force). Aha abanyeshuri 116 bigiraga mu rusengero rwa EPR naho 74 bakigira mu biro by’akagali, ubuyobozi bw’ikigo burashima iki gikorwa […]Irambuye

Gicumbi: Umwarimu watse inguzanyo agatoroka hafatirwa umushahara w’uwamwishingiye

Mu Karere ka Gicumbi abarimu baratabaza, bavuga ko imishahara yabo ikunze gufatirwa biturutse ku nguzanyo ya magirirane, aho batangaza ko iki kibazo giteye impungenge, bifuza ko ubuyobozi bwa Koperative, Umwarimu Sacco n’inzego bwite za Leta  bafatanya mu gushaka umuti. Uwavuze mu ijwi ry’uhagarariye Abarezi mu karere ka Gicumbi ku Munsi wahariwe Mwarimu ku Isi hose, […]Irambuye

en_USEnglish