Tags : Rwanda

Uburyo rukumbi bwakura Rayon Sports mu kuzimu imazemo igihe

Nyuma yo gusezera k’umutoza Yvan Minnaert watozaga Rayon Sports, ndetse na we akagenda avuze ko agiye biturutse ku bunyangamugayo buke mu bayobora ikipe, ubu Abanyarwanda benshi by’umwihariko abafana ba Rayon Sports baribaza uko ikipe yabo izajya ku murongo bakava mu kavuyo bamazemo igihe. Ubu Rayon Sports nk’izina, ifite ikipe y’umupira w’amaguru n’iya Volleyball zombi zikunzwe […]Irambuye

Kalusha Bwalya, n’abayobozi ba CAF, bakoreye umuganda i Kigali

Kalusha Bwalya, Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Zambia, akaba n’icyamamare mu mupira w’amaguru muri Africa cyo mu gihe gishize, kuri uyu wa gatandatu hamwe n’abayobozi bakuru b’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Africa CAF bakoreye umuganda murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo. Bari kumwe kandi na Minisitiri w’umuco na Siporo w’u Rwanda hamwe n’umuyobozi wa FERWAFA […]Irambuye

Nyabihu: Urubyiruko rwatanze umusanzu warwo mu umuganda udasanzwe

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 7 Werurwe 2015, Urubyiruko rwitabiriye umuganda udasanzwe wo gukora uturima tw’igikoni mu hirya no hino mu gihugu. Mu murenge wa Karago mu Karere ka Nyabihu, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’igihugu, yari yifatanyije n’abandi, yabasabye kurushaho gukoresha imbara. Uyu muganda udasanzwe w’urubyiruko wakozwe mu rwego kurwanya indwara ziterwa […]Irambuye

Umuganda: Kagame yafashije ab'i Rusororo kugerwaho n'amazi meza

Gasabo – Umuganda rusange mu gihugu hose wo kuri uyu wa 30 Kanama, Perezida Kagame yawukoreye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo aho yifatanyije n’abaturage gucukura imiferege izacishwamo imiyoboro y’amazi igera mu kagari ka Mbandazi aho amazi meza ataragera. Abatuye aha bavomaga amazi muri kilometer enye. Ahagana saa tatu n’igice Perezida Kagame yari ageze mu […]Irambuye

40% by’umusaruro w’ubuhinzi birangirika kubera ubumenyi buke

Umuryango ‘JICA Alumni Association in Rwanda (JAAR)’ watangije umushinga bise “Food Transformation Center” ugamije guha agaciro ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi biba byasagutse ku isoko bishobora kwangirika. Mu biganiro byahuje JAAR na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) hagaragajwe uburyo 40% by’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi byangirika kubera ubumenyi buke bw’abahinzi mu kubyaza umusaruro ibyo baba basaguye ku isoko. […]Irambuye

Abayobozi n’abanyamakuru, urugero rw’abandi mu gukoresha neza Ikinyarwanda

Ururimi rw’Ikinyarwanda ni kimwe mu birango by’umuco nyarwanda, ruhuriweho n’Abanyarwanda bose. Kubera ibibazo byabaye mu Rwanda byatumye umuco uhungabana n’ururimi rw’Ikinyarwanda rwakira amagambo menshi, Inteko y’Ururimi n’Umuco igiye gusohora andi magambo yacuzwe yitwa “Amuga”, igasaba abanyamakuru n’abayobozi kuba intangarugero mu gukoresha neza Ikinyarwanda. Ikinyarwanda kivugwa hose mu Rwanda, kandi abarutuye bakacyumvikanaho, ariko aho bigeze ubu […]Irambuye

Tanzania: Magufuri yifurije ishya n’ihirwe Perezida Museveni

Nyuma ya Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Jacob Zuma uyobora Afurika y’Epfo na Uhuru Kenyatta wa Kenya; Perezida John Pombe Joseph Magufuli wa Tanzania na we yifurije ishya n’ihirwe Perezida Yoweri Kaguta Museveni uherutse gutorerwa kongera kuyobora Uganda. Mu butumwa yoherereje mugenzi we, Magufuri waherukaga gutorwa nk’umukuru w’igihugu (mbere ya Museveni) mu bihugu bigize akarere […]Irambuye

Abakozi ba Airtel-Rwanda mu kumenyekanisha ibicuruzwa byabo mu baturage

Kuri uyu wa gatanu, abakozi b’ikigo cy’itumanaho ‘Airtel-Rwanda’ basoje gahunda yo kuzenguruka mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali basobanura ibyo bakora, Serivise n’ibicuruzwa batanga. Ni nyuma y’uko ngo abafatabuguzi benshi bakomeje gusaba ibisobanuro ku bicuruzwa na Serivise Airtel itanga. Ikipe z’abakozi ba Airtel zageze mu bice nka Nyabugogo, Nyamirambo no mu Mujyi rwagati, basobanura ibicuruzwa […]Irambuye

Ba Mayor bashya; UWAMARIYA wa Muhanga, Dr Nyirahabimana wa Kicukiro…..

Mu matora y’abagize Inama Njyanama, abahagarariye Inama y’igihugu y’Abagore ndetse n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere ahatandukanye mu gihugu, amatsiko menshi ari ku bari butorerwe kuba abayobozi b’uturere. Muri aya matora mu turere dutandukanye mu gihugu aho batoye Mayor mbere y’abandi ni i Muhanga. Aha hatowe Beatrice Uwamariya wari umaze imyaka ine ari Umunyamabagna Nshingwabikorwa w’Umurenge wa […]Irambuye

Kuba umupolisikazi ntibikuraho inshingano karemano ya kibyeyi – Min Fazil

Kuri uyu wa gatanu tariki 26 Gashyantere 2016 mu ihuriro rya karindwi ry’abapolisi b’abagore basaga 650 bahagarariye abandi mu gihugu, bari kumwe na bagenzi babo b’abacungagereza, bongeye kwibutswa ko igikwiye kwiyongera ku nshingano z’igipolisi ari ukuzirikana ishingano karemano ya kibyeyi. Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, wari umushyitsi mukuru yibukije abapolisi b’abagore ko kuba […]Irambuye

en_USEnglish