Tags : Paul Kagame

Mzee Rutayisire wasuye Perezida Kagame, ari mu minsi ya nyuma

Ati “Izabukuru ni umwanzi, urabona ko ndi mu minsi ya nyuma. Ariko ngiye neza kuko nsize igihugu kiza, igihugu kiyobowe neza mu myaka yose nakibayemo. Ndishimye.” Gervais Rutayisire utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango yakabije inzozi ze, mu kwezi kwa gatanu 2013 yabwiye umunyamakuru w’Umuseke mu Ruhango ko natabaruka atabonanye na Perezida […]Irambuye

Abanyeshuri bari kwiyandika basaba ko ingingo ya 101 ihindurwa

Muri Kaminuza y’u Rwanda agashami kigisha iby’uburezi ahahoze hitwa KIE abanyeshuri barenga 5 000 bamaze kwandika ku mpapuro amazina yabo n’imikono yabo basaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga itemerera Perezida wa Republika kurenza manda ebyiri yahindurwa. Izi mpapuro ngo barifuza ko zigezwa kuri Perezida.  Aba banyeshuri mu mashuri bigamo ababishaka bariyandika ku rupapuro rufitwe […]Irambuye

Ngoma na Bugesera baracyategereje umuhanda bemerewe na Perezida

Abaturage batuye mu turere twa Ngoma na Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba barifuza umuhanda uhuza utwo turere twombi urimo kaburimbo, uyu muhanda ngo bawemerewe na Prezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, ariko ngo baracyategereje ko wubakwa. Perezida Kagame ngo yari yijeje abatuye Bugesera na Ngoma umuhanda uzabahuza ubwabo ndetse n’Akarere ka Huye ko mu Ntara y’Amajyepfo. […]Irambuye

Nkurunziza yaje i Huye kubonana na Kagame. Impunzi 935 nazo

Updated: 13 Mata 2015 – Kuri uyu wa mbere Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yaje i Huye mu majyepfo y’u Rwanda kubonana na Perezida Kagame uriyo mu ruzinduko rw’iminsi ibiri. Kuri uyu wa mbere impunzi z’Abarundi zinjiye mu Rwanda ku buryo budasanzwe kuko haje abagera kuri 935 nk’uko bitangazwa na Minisiteri ifite impunzi mu nshingano. […]Irambuye

Perezida Kagame yasuye Gare nshya ya Huye

Nyuma yo kuganira n’abanyeshuri bo muri kaminuza y’u Rwanda n’izindi Kaminuza ziri muri uyu mujyi kuri iki cyumweru Perezida Kagame yasuye Gare nshya ya Huye, ku maso yagaragaje ko yishimiye iki gikorwa remezo gishya cyuzuye mu mujyi wa Huye munsi y’umuhanda mugari werekeza i Nyamagabe na Rusizi. Iyi gare nshya ya Huye yuzuye itwaye miliyari […]Irambuye

Uburezi budahindura ubuzima bw’abantu ntacyo bumaze – Kagame

12 Mata 2015 – Mu ruzinduko yagiriye muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye kuri iki cyumweru, President Paul Kagame yabwiye abanyeshuri n’abayobozi ko niba ubumenyi bahabwa budakoreshejwe mu guhindura imibereho y’abanyarwanda ikiri mibi nyuma y’imyaka 60 u Rwanda rubonye ubwigenge, ubwo bumenyi bwaba ari impfabusa. Mu ijambo rye President Kagame yibajije kandi abaza abari aho impamvu […]Irambuye

“Inyandiko zashyizwe ahagaragara n’Ubufaransa zizerekana ukuri,” Juppé

Alain Juppé, wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi na mbere yahoo, yavuze kuri uyu wa gatanu ko inyandiko Ubufaransa buherutse gushyira ku mugaragaro zijyanye n’ubufatanye bwari bufitanye na Leta ya Habyarimana zizerekana ukuri. Juppé yishimiye kuba izi nyandiko zitakiri ibanga, avuga ko zizerekana ko igitekerezo cyo kuvuga ko Ubufaransa bwagize uruhare […]Irambuye

Perezida Kagame yakiriye urubyiruko rugize EGAM na AERG – GAERG

08 Mata 2015 – Kuri uyu wa gatatu  Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Urubyiruko rugize umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside, AERG na bakuru babo barangije bibumbiye muri GAERG bari kumwe n’urubyiruko ruturutse ku mugabane w’uburayi rwibumbiye muri EGAM (The European Grassroots Anti-Racism Movement).  Abagize EGAM baherutse kwakindikira Perezida w’Ubufaransa bamusaba gutanga ukuri ku ruhare […]Irambuye

Neza cyangwa nabi, Abanyarwanda biteguye guharanira amahoro – P.Kagame

07 Mata 2015 – Ijambo rya Perezida Kagame mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yavuze ku bibazo u Rwanda rw’ubu ruhura na byo rutiteye bikurikira Jenoside, ariko avuga ko Abanyarwanda biteguye ku buryo bwose guharanira amahoro ngo igihugu cyabo kidasubira mu mateka mabi. Perezida Kagame […]Irambuye

2017: Ndafunguye ku kugenda cyangwa kutagenda – P.Kagame

* Nta kazi nasabye nyuma ya 2017, * Abanyarwanda ejo baje bakambwira bati ‘turakurambiwe’, sinarindira 2017 nabumva. * Ibice bibiri ni byo bihanganye kuri iki kibazo. Muri demokarasi habaho debate. * Ndi ku ruhande rw’abashaka ko ngenda, ariko ngomba kumva n’urundi ruhande. * Ariko, ubundi iriya ngingo (y’itegeko nshinga) ni inde wayanditse? Ni njyewe? * […]Irambuye

en_USEnglish