Tags : MINISANTE

75% by’abatabona bafite uburwayi bw’ishaza

Nubwo nta mibare ifatika, mu Rwanda kimwe n’ahandi ku isi hagaragara abantu bafite ubumuga bwo kutabona buterwa ahanini n’indwara yibasira cyane cyane abageze muzabukuru yitwa ‘Ishaza’. Ubushakashatsi bunyuranye bugaragaza ko ngo 75% by’abatabona bafite uburwayi bw’ishaza, umubare munini ukaba uboneka muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Dr. David Muhire Karama, umuganga ushinzwe indwara z’amaso […]Irambuye

Ibigo by’ubwishingizi bw’indwara birasaba Leta gushyiraho ikigega gifasha abakene

Mu biganiro bigamije gushakira igisubizo ubwiyongere bw’indwara zitandura bukomeje kuzamuka mu Rwanda, ibigo bitanga ubwishingizi bw’indwara basabye Leta gushyiraho ikigega cyihariye cyafasha abaturage batabasha kwivuza indwara nka Kanseri, Diyabete n’izindi kubera ubukene no kuba ubwishingizi batanga budashobora gukemura byose. Muri iki cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena yatangiye ibiganiro n’abaturage, ibigo bitanga […]Irambuye

Ku nshuro ya 5 abaganga bo muri UK n’u Budage

Itsinda rigizwe n’abaganga 34 b’inzobere zivuye mu Bwongereza (UK) n’u Budage (Germany), kuri iki cyumweru bahawe ibikoresho bizakoreshwa mu kubaga indwara y’amara n’ubusembwa bw’uruhu, bahita berekeza ku bitaro binyuranye bazakoreramo mu Ntara z’u Rwanda. Umwe mu baganga bakora mu nzego z’ubuzima mu Bwongereza, witwa Dra yabwiye Umuseke ko ibyo bagiye gukora bizaba bitandukanye, bakaba bazanye […]Irambuye

Umweenda wa ‘mutuel de sante’ Leta ifitiye ibitaro uzishyurwa bitarenze

Mu muhango wo kugeza umushinga w’ingengo y’imari ivuguruye ya 2015/16, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Amb. Gatete Claver yizeje abadepite ko bitarenze ukwezi kwa Werurwe, Leta izaba yamaze kwishyura ibirarane by’umwenda wa mituelle de santé ifitiye ibitaro hirya no hino mu gihugu. Abadepite babajije Minisitiri Gatete imiterere y’iki kibazo n’aho kigeze gikemuka mu buryo bwa burundu, dore […]Irambuye

Abanyarwanda bamenye gukoresha inzitiramubu Malaria yagabanuka

*Bamwe banga kuryama mu nzitiramubu bavuga ko ibabangamira, *Hari abatayikozwa kuko ngo ituma umuntu arara atutubikana (ashyuha cyane akabira ibyuya), *Hari abatazi kuyikoresha kandi bayifite, bakabuga ko “badwara Malaria kandi bafite inzitiramubu”, *Inzitiramubu irizewe kuruta ubundi buryo bwose bwakoreshwa mu kwirinda kurumwa n’imibu itera Malaria. Muri iyi minsi mu Rwanda haravugwa ubwiyongere bukabije bw’indwara ya […]Irambuye

Ngoma: Kunywera itabi mu ruhame byabaaye akamenyero

Abatuye Kibungo, mu Mujyi w’Akarere ka Ngoma ntibavuga rumwe ku kunywera itabi mu ruhame; Mu gihe bamwe bavuga ko babangamirwa n’umwotsi w’itabi utumurirwa mu ruhamwe, ndetse ngo unabagiraho ingaruka z’ako kanya, hari abarinywa bo bavuga ko mu gihe kurivaho byabananiye nta kundi babigenza. Ubushakashatsi bwakozwe n’umurango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) bwagaragaje ko kunywera itabi […]Irambuye

2015: Hagombaga kuvuka abana 300 000 ariko 105 000 nibo

*Abanyarwanda 99% ntibagira icyangombwa cy’amavuko *Iminsi 15 ngo umubyeyi abe yandikishije umwana wavutse ni micye *Amananiza abirimo atuma benshi babyihorera kuko binabafata amafaranga *Abayobozi b’ibanze ngo babwiye abadepite ko ari ikibazo babana nacyo uko nyine *Minisitiri w’ubutabera yasabye ko kwandikisha umwana mu irangamimerere byoroshywa *Mu 2015 hateganywaga kuvuka abana 300 000 ariko 105 000 nibo […]Irambuye

Kirehe: Impunzi z’Abarundi ntizishimiye Serivise z’ibitaro by’Akarere

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe, Intara y’iburasirazuba ngo zibangamiwe bikomeye n’uburyo zakirwa ku bitaro by’Akarere iyo zoherejwe kwivurizayo mu gihe uburwayi bunaniranye kuvurirwa ku kigo nderabuzima kiri mu nkambi, mu gihe ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe bwo buhakana ibi bivugwa n’izi mpunzi. Izi mpunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya […]Irambuye

Uko ‘British American Tobacco’ yahaye RUSWA u Rwanda, Burundi na

Inyandiko zashyizwe ahagaragara na BBC ziragaragaza ko mu mwaka wa 2012, uruganda rukora itabi ‘British American Tobacco’ rwahaye ruswa y’ibihumbi 26 by’Amadolari ya Amerika abayobozi mu Rwanda, Burundi, n’ibirwa bya Comoros bari bashinzwe Politike zo kurwanya itabi kugira ngo ayo mategeko yoroshywe. Mu iperereza ry’ikiganiro cya BBC ‘Panorama’ ryamaze amezi atanu cyagaragaje ko uruganda ‘British […]Irambuye

Abakekwaho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi ku Bitaro bya Rwinkwavu barekuwe

Kuri uyu wa kane tariki 26 Ugushyingo, urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo mu Karere ka Kayonza rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo abakozi batatu (3) b’ibitaro bya Rwinkwavu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi waguye muri ibyo bitaro nyuma yo kubagwa abyara. Mu kwezi gushize twabagejejeho inkuru ivuga ko kuri Hopital bya Rwinkwavu: Umugore yabazwe abyara hakoreshejwe itoroshi […]Irambuye

en_USEnglish