Tags : MINISANTE

U Rwanda rwungutse aba ‘specialists’ 64 bashya, baratangira akazi kuwa

Kuwa kabiri tariki 16 Kanama 2016 abaganga 64 b’inzobere barangije amasomo ya ‘specialisation’ baratangira akazi mu bitaro birimo n’ibyo mu Ntara n’uturere nk’uko byemezwa na Minisiteri y’ubuzima. Aba ni abaganga barangije amasomo barihiwe na Leta y’u Rwanda bigiye mu Rwanda bigishwa n’inzobere z’abarimu bo muri kaminuza zo muri Amerika. Malick Kayumba umuvugizi wa Minisiteri y’ubuzima […]Irambuye

MINISANTE ngo izakomeza guharanira ko ibiciro byo kuvura ‘Hepatite’ bimanuka

Mu  kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya indwara y’umwijima (Hepatite) ku isi no gutangiza gahunda yo kuyirwanya mu Rwanda,  Kuri uyu wa kane, Minisiteri y’Ubuzima mu rwanda yavuze ko igiye gushyira imbaraga mu kugabanya ibiciro byo kuvura iyi ndwara kuko iri mu zikomeje gutwara ubuzima bwa benshi ku isi by’umwihariko muri Afurika. Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko […]Irambuye

Abiga Ubuforomo baratabaza inzego zibishinzwe ngo zibarenganure

Abanyeshuri biga ibijyanye n’Ubuforomo barangije icyiciro cya mbere cya Kaminuza, barasaba kurenganurwa nyuma y’aho badasohotse ku rutonde rw’abemerewe gukora ikizamini gisoza icyiciro barimo gitangwa n’Urugaga rw’Abaforomo mu Rwanda. Mu mabaruwa atandukanye aba banyeshuri bandikiye inzego zinyuranye, Umuseke ukaba ufite copi, abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Gitwe, bagaragaza ko mu bakandida 128, abagera kuri 76 aribo […]Irambuye

Dr Binagwaho wirukanywe muri Govt… Ati “Nize byinshi kandi mfite

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nyakanga, Perezida Paul Kagame ashingiye ku bubasha ahabwa n’itegeko yakuye muri Guverinoma Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho, nk’uko bikubiye mu itangazo ryasinyweho na Minisitiri w’Intebe. Nyuma yo guhagarikwa yagize ibyo atangaza. Muri iri tangazo nta mpamvu y’uko haba hari ikosa Dr Agnes Binagwaho yazize, uretse kuba […]Irambuye

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Kuri uyu wa kane, Minisiteri y’ubuzima yatangije gahunda nshya yise ‘Treat All’ igamije gutangira guha imiti igabanya ubukana Abanyarwanda 17,800 banduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bakaba bari bataremererwa gufata imiti kubera ko igihe cyari kitaragera. Ikigereranyo cy’abantu bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda kigaragaza ko hari abagera ku bihumbi 210 kuva mu myaka […]Irambuye

Benshi bazi ko iyo urwaye kanseri uba wapfuye kandi si

*Mu myaka 3 hagaragaye abarwaye kanseri y’amazuru no mu muhogo 138 Kuri uyu wa mbere i Kigali hatangiye inama y’iminsi itatu ihuje abaganga b’inzobere mu kuvura indwara  z’amatwi, amazuru n’umuhogo bavuye mu bihugu bitandukanye bya Afurika n’ibyo ku yindi migabane, izi ndwara ngo no mu Rwanda zirahaboneka cyane, hakiyongeraho na za kanseri aho mu myaka […]Irambuye

Ruhango: Abarwayi bagana Pharmacie aho kwivuriza ku kigo nderabuzima

Bamwe mu baturage  baturiye ikigo nderabuzima  cya Nyarurama  mu murenge wa Ntongwe, mu karere ka Ruhango, babwiye Umuseke ko bahisemo kujya bagana  Farumasi (Pharmacie) n’andi mavuriro yigenga  nyuma  y’aho baboneye ko serivisi mbi bahabwa zishobora gutuma babura ubuzima. Aba baturage batashatse ko amazina yabo  ajya mu itangazamakuru kubera impamvu z’umutekano benshi batuye ku musozi wa […]Irambuye

Kutishyurwa Miliyoni 172 y’ibirarane bya Mutuelle byadindije iyubakwa ry’ibitaro bya

Ubuyobozi bw’bitaro bya Kibungo buratangaza ko kuba hari amafaranga y’u Rwanda asaga kuri Miliyoni 172, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) kitarabishyura byadindije gahunda yo kubaka ibi bitaro, n’ibindi bikorwaremezo by’ibitaro, ndetse no kugura ibikoresho nkenerwa. Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kibungo buvuga ko mu mafaranga y’ibirarane by’ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle de Santé” asaga Miliyoni 200, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) […]Irambuye

Rusizi: Abayobozi b’ibitaro bya Kibogora bakatiwe gufungwa iminsi 30 by’agateganyo

Ibyaha birimo kunyereza imitungo y’ibitaro bitwaje ubushobozi bafite, guhimba no gutesha agaciro ibirango by’igihugu no guhimba inyandiko zikozwe n’abakozi ba Leta n’amatsinda ya “Baringa” ni bimwe mu biregwa aba bayobozi. Urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwemeje iminsi 30 y’ifungwa ry’agateganyo ku bayobozi bakekwaho ibyaha birimo  kunyereza amafaranga y‘u Rwanda agera kuri 294,877,134 muri 830, 092, 521 […]Irambuye

en_USEnglish