Tags : MINAGRI

Abahinzi b’ibinyampeke baracyazitiwe n’umusaruro muke no kubura ubuhunikiro

Mu nama yateguwe n’Umuryango East African Grain Council uteza imbere iyongeragaciro ry’umusaruro w’ibinyampeke muri Africa y’Iburasirazuba, kuri uyu wa gatatu tariki 2 Ukuboza, abahinzi n’abashoramari muri ubu buhinzi bavuze ko hakiri inzitizi y’umusaruro ukiri muke n’uboneka hakaba hatari ubuhunikiro buhagije. Iyi nama yari igamije guhuza abahinzi b’ibinyampeke n’abashoramari mu rwego rwo kumenyana no kubafasha kugirana […]Irambuye

U Rwanda rugiye kujya rwinjiza Miliyoni 200 $ buri mwaka

Mu gikorwa cyo gutangiza kumugaragaro umushinga “One Million” w’ubuhinzi bw’igihingwa cya Macadamia cyabaye kuwa mbere Tariki 30 Ugushyingo, Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yatangaje ko u Rwanda rugiye kujya rwinjiza inyungu ingana na Miliyoni 200 z’Amadolari y’Amerika (asaga Miliyari 148 z’amafaranga y’u Rwanda) iturutse ku musaruro w’ubuhinzi bwa Macadamia. Uyu muhango wo gutangiza “One Million Project” wabereye […]Irambuye

U Rwanda rwohereza mu mahanga T 16000 z’ikawa itunganyije –

Gikondo- Kuri uyu wa Gatanu ubwo hasozwaga amahugurwa yari amaze iminsi ibiri yagenewe urubyiruko 20 rusanzwe rutegurira ikawa abashyitsi mu Mujyi wa Kigali, umuyobozi wungirije mu Kigo k’igihugu gishinzwe kohereza hanze umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi (NAEB), Jean Claude Kayisinga yavuze ko kugeza ubu u Rwanda rwohereza hanze Toni ibihumbi 16 z’ikawa ku mwaka. Nubwo ngo umusaruro […]Irambuye

MINAGRI ntiyicaye ubusa ku ndwara z’ibihingwa ziva ku ihinduka ry’ibihe

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu ntangiriro z’iki cyumweru, Abayobozi ba Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, bavuze ko ikibazo cy’indwara z’ibyorezo mu bihingwa zishobora guterwa n’imihindagurikire y’ibihe kizwi, ariko ngo Minisiteri ntiyicaye ubusa, irateza imbere kuhira no gukora ubushakashatsi ku mbuto zijyanye n’ibihe uko bimeze. Kuva aho mu myaka ishize hagiye hagaragara indwara zitandukanye zitari zisanzwe mu buhinzi, ndetse […]Irambuye

Mu Rwanda ntawicwa n’inzara, hari ‘abarya ntibahage’- Maiga

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri, Attaher Maiga uhagarariye umuryango wita ku biribwa n’Ubuhinzi (FAO) yavuze ko ubu mu Rwanda nta muntu wicwa n’inzara ahubwo hari imirire mibi kuri bamwe, ibi abihuza na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko u Rwanda rwihagije mu biribwa hagendewe ku bipimo mpuzamahanga, igisigaye ngo ni urugendo rwo kurandura ubukene. […]Irambuye

Karongi: Gitifu arafunzwe akekwaho kurigisa ifumbire no gukoresha nabi ibya

*Arakekwaho gutanga inka ku muturage abanje kumuha amafaranga, *Ifumbire umuturage yasabye, yandikaga kg 5 nyuma akazongeraho undi mubare imbere, *Karongi ihinga rihagaze neza nubwo imvura hamwe na hamwe yari yatinze kugwa. Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buravuga ko uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kavumu mu murenge wa Twumba, yatawe muri yombi n’inzego za Polisi akekwaho kurigisa […]Irambuye

Vuba ‘Drone’ zishobora gutangira gukoreshwa mu buhinzi mu Rwanda

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB) kiratangaza ko hari ubusesenguzi burimo gukorwa ku busabe bw’abantu banyuranye basabye gutangira gukoresha utudege duto tuzwi nka ‘Drone’ mu bikorwa by’ubuhinzi, cyane cyane ubushakashatsi, no gukurikirana ibihingwa biri mu mirima, mu gihe abifuza iri koranabuhanga bo ngo bategereje ko inzego zishinzwe umutekano zibemerera kurikoresha. Umushinga ‘One Acre Fund-Tubura’ wasabye bwa […]Irambuye

MINAGRI n’Amabanki barimo kwiga impamvu abahinzi badahabwa inguzanyo

Kuri uyu wa 25 Nzeri 2015, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI yahurije hamwe Amabanki bafatanya mu mushinga PASP (Post Harvest and Agriculture Business Support Project) utera inkunga imishinga y’abahinzi hagamijwe kugabanya umusaruro utakara no kowongera agaciro mu rwego rwo gukemura inzitizi zigaragara mu gutanga inguzanyo, kuko ngo mu mishinga irenga 100 yakozwe n’abahinzi mu myaka ibiri […]Irambuye

MINAGRI ifite icyizere ko banki zizongera inguzanyo zitanga mu buhinzi

Mu kiganiro Umunyamabanga wa Leta ushinzwe umusaruro w’Ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Toni Nsanganira yagiranye n’Umuseke, avuga ko imbogamizi banki zigirira imishinga y’ubuhinzi bigatuma yimwa inguzanyo, imyumvire izagenda ihinduka uko ibigo by’Ubwishingizi bizarushaho kuba byinshi mu kwishingira abahinzi. “Umwuga ni Ubuhinzi bindi ni amahirwe!”, ni imvugo yakunze gukoreshwa n’abayobozi mu bihe byashize, nyamara muri iyi […]Irambuye

Ibishanga by’Umujyi wa Kigali byugarijwe n’imyubakire inyuranyije n’amategeko

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibidukikije (REMA) cyatangiye kugenzura imirimo y’ubwubatsi n’ubworozi ikorerwa mu bishanga, abayobozi ba REMA bavuga ko iyi mirimo ifite ingaruka z’igihe kirekire ku gihugu, kuko ngo uko basatira ibishanga bigabanya ubushobozi bwabyo bwo gufata amazi bikongera ibyago byo kwibasirwa n’imyuzure. REMA yatangiriye ku guhagarika imirimo yo kwagura ikibuga cya Kigali Golf Club ikorerwa mu […]Irambuye

en_USEnglish