Digiqole ad

U Rwanda rugiye kujya rwinjiza Miliyoni 200 $ buri mwaka zivuye kuri Macadamia

 U Rwanda rugiye kujya rwinjiza Miliyoni 200 $ buri mwaka zivuye kuri Macadamia

Hano Macadamia ivanze n’ubuki, iribwa nk’ubunyobwa busanzwe.

Mu gikorwa cyo gutangiza kumugaragaro umushinga “One Million” w’ubuhinzi bw’igihingwa cya Macadamia cyabaye kuwa mbere Tariki 30 Ugushyingo, Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi yatangaje ko u Rwanda rugiye kujya rwinjiza inyungu ingana na Miliyoni 200 z’Amadolari y’Amerika (asaga Miliyari 148 z’amafaranga y’u Rwanda) iturutse ku musaruro w’ubuhinzi bwa Macadamia.

Hano Macadamia ivanze n'ubuki, iribwa nk'ubunyobwa busanzwe.
Hano Macadamia ivanze n’ubuki, iribwa nk’ubunyobwa busanzwe.

Uyu muhango wo gutangiza “One Million Project” wabereye mu Ntara y’Amajyepfo, mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Rwabicuma witabiriye n’abayobozi mu nzego zinyuranye, barimo n’ab’Ingabo z’u Rwanda na Polisi, ndetse n’abahinzi batuye muri ako gace.

Minisiteri y’umuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ivuga ko igihingwa cya Macadamia cyera mu gihe cy’imyaka 4, ariko kigatangira gusarurwa mu mwaka wa gatanu. Abahanga kuri iki gihingwa bagaragaje ko gishobora gutanga umusaruro mu gihe cy’imyaka 100 utongeye guhinga bundi bushya.

Inzego zitandukanye mu gikorwa cyo guhinga Macadamia.
Inzego zitandukanye mu gikorwa cyo guhinga Macadamia.

Umunyabanga uhoraho muri MINAGRI, Innocent Musabyimana yavuze ko umushinga “One Million” uzasiga hahinzwe ibiti bya Macadamia bigera kuri Miliyoni imwe, mu Turere 5 two mu Ntara zinyuranye kugira ngo inyungo zo guhinga iki gihingwa zisangizwe igihugu cyose.

Yagize ati “Ku giti kimwe umuhinzi ashobora kuhakura ibiro 25 bya Macadamia kandi mu gihe kizaza igiti kimwe kizajya gitanga umusaruro w’ibiro 50,… kuri Hegitari imwe umuhinzi ashobora gutera ibiti 204,…Ikilo kimwe cya Macadamia kigura amafaranaga y’u Rwanda 1 000 (bivuze ko igiti kimwe cyaha umuhinzi ibihumbi 25, Hegitari ikamuha 5 100 000), …uyu musaruro ugaragaza ko ku muhinzi kwinjiza Miliyoni 10 ni ibintu bishoboka cyane, biciye kuri ubu buhinzi.”

Macadamia ni igihingwa usoroma buri cyumweru mu gihe cy’isarura, kandi uko usoromye ufite ubushobozi bwo kujya kubigurisha, ukakirigita kw’ifaranga.

Innocent Musabyimana akavuga ko bitewe n’akamaro iki gihingwa gifitiye umuturage n’igihugu muri rusage, yashishikariza abafite ubutaka guhinga Macadamia, dore ko bitanabuza abaturage gukomeza guhinga ibindi bihingwa mu mu mirima yabo kuko hagati y’igiti cya Macadamia n’ikindi hajyamo byibura Metero indwi (7), ku buryo bitabuza umuturage gukomeza guhingamo.

Umushoramari waturutse muri Australia, Muhamed Jassat ufite uruganda rwa ‘Farm Gate’ rutunganya Macadamia, rukanayibyazamo ibiribwa bitandukanye yasabye abaturage batuye mu Murenge wa Rwabicuma kudatakaza amahirwe bafite yo kubyaza umusaruro iki gihingwa, dore ko mu gihe gito baba batangiye kukibyaza amafaranga menshi.

Macadamia ni igihingwa giteye nk’ubunyobwa kandi kikaya kuryoha nkabwo; ni igihingwa kandi gishobora gukorwamo ibindi bicuruzwa nk’ibisuguti, ubunyobwa bukozwe buvanze n’ubuki.

I Nyanza, abaturage bitabiriye guhinga Macadamia ari benshi.
I Nyanza, abaturage bitabiriye guhinga Macadamia ari benshi.
Abaturage batangije gahunda yo guhinga Macadamia.
Abaturage batangije gahunda yo guhinga Macadamia.
Abaturage bitabiriye umuhango wo gutangiza 'One Million project' mu nama n'abayobozi.
Abaturage bitabiriye umuhango wo gutangiza ‘One Million project’ mu nama n’abayobozi.
Innocent Musabyimana, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'ubuhinzi n'ubworozi.
Innocent Musabyimana, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’Intara y’Amajyepfo Jeanne Izabiza atanga impanuro ku baturage
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo Jeanne Izabiza atanga impanuro ku baturage
Umushoramari w'Umunya-Australia Muhamed  Jassat.
Umushoramari w’Umunya-Australia Muhamed Jassat.
Abaturage basogongejwe ku bikomoka kuri Macadamia.
Abaturage basogongejwe ku bikomoka kuri Macadamia.
Bati "bya bintu biraryoshye."
Bati “bya bintu biraryoshye.”
Abana n'abakuze bavuye muri uyu muhango barahirira uburyohe bwa Macadamia.
Abana n’abakuze bavuye muri uyu muhango barahirira uburyohe bwa Macadamia.
Ibisuguti bikozwe muri Macadamia.
Ibisuguti bikozwe muri Macadamia.
Macadamia ikorwamo ibiribwa byinshi birimo n'ibyo gufatisha umugati.
Macadamia ikorwamo ibiribwa byinshi birimo n’ibyo gufatisha umugati.

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish