Tags : Southern Province

Muhanga: Igihangano kigaragaza ishingiro ry’ubukungu  bw’akarere cyatwaye Miliyoni 10

Mu mujyi wa Muhanga, haraye hatashywe Igihangano kigaragaza ishusho y’umutungo kamere w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bubaftwa nk’ishingiro ry’ubukungu w’akarere ka Muhanga. Iki gihangano cyuzuye gitwaye asaga miliyoni 10 z’amafaranga y’u Rwanda. Imirenge 11 muri 12 igize akarere ka Muhanga, yamaze kugaragaramo amabuye y’agaciro y’ubwoko butandukanye. Ibi bituma aka karere gafata ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nk’ishingiro ry’ubukungu bwako. […]Irambuye

Muhanga: Agakiriro ka Miliyoni 250 Frw ngo uyu mwaka urarangira

Mu gikorwa cyo gusura ibikorwa remezo biri mu mugi wa Muhanga, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, umuyobozi w’aka karere, Uwamariya Béatrice yavuze ko  imirimo yo kubaka ahakorerwa ibikorwa by’ubukorikori hazwi nk’Agakiriro izarangira mu mpera z’uyu mwaka wa 2016 ku buryo uyu mwaka uzarangira hatangiye gukorerwa. Aka gakiriro ngo kazuzura gatwaye Miliyoni 250 Frw. Ni […]Irambuye

Nyaruguru: Mu kagari ka Mubuga ngo ntawe uzasigara mu kiciro

*Hamaze gutangwa inka 180, izindi 170 na zo ziratangwa vuba aha, *Abaturage bari kubakirwa uruganda, ibigega n’aho gutuburira imbuto, *Guverineri asaba abaturage kubungabunga ibi bikorwa kugira ngo bazasigare bwuma. Mu muhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahari kubakwa ikigo cy’amahugurwa y’abahinzi n’aborozi, uruganda rutunganya ibikomoka ku buhinzi n’ibigega byo guhinikamo imyaka, kuri uyu wa 28 Ukwakira […]Irambuye

Amagepfo: Munyantwari arasaba Mureshyankwano gukuba kabiri ibyagezweho

Guverineri w’Intara y’Uburengezuba, Munyantwari Alphonse wahoze ari Guverineri w’Intara y’Amagepfo arasaba Mureshyankwano Marie Rose uherutse guhabwa umwanya wo kumusimbura kuzakuba kabiri ibyagezweho muri iyi ntara y’Amagepfo. Muri iki cyumweru, mu ntara y’Amagepfo habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati y’aba ba guverineri bombi nyuma y’uko habaye amavugurura muri Guverinoma y’u Rwanda. Muri uyu muhango witabiriwe n’abayobozi […]Irambuye

Amagepfo: Hatangijwe imirimo yo kubaka inzu 30 zizatuzwamo imiryango 120

Mu gutangiza imirimo yo kubaka umudugudu w’Ikitegererezo ugizwe n’inzu 30 zizatuzwamo imiryango 120, kuri uyu wa 27 Ukwakira, Guverineri w’intara y’Amagepfo, Mureshyankwano Marie Rose yakanguriye abaturage bo mu murenge wa Mamba, mu karere ka Gisagara kuzafata neza ibi bikorwa remezo bagiye kwegerezwa. Abaturage bo barabyinira ku rukoma ko iki gikorwa kigiye guhindura imibereho yabo. Mu […]Irambuye

Huye: FAO yasabye ko Imihindagurikire y’ibihe itaba inzitizi yo kugera

Mu karere ka Huye, kuri uyu wa 20 Ukwakira, ubwo hizihizwaga umunsi Mpuzamahanga wahariwe ibiribwa, uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (FAO) mu Rwanda, Attaher Maiga yasabye abahinzi kurwanya ko imihindagurikire y’ibihe yabuza Leta kugera ku ntego zayo zirimo kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Mu kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga, abaturage bo mu karere ka Huye […]Irambuye

Amajyepfo: Ababyeyi basabwe kwirinda amakimbirane mu ngo ateza abana kuzerera

Ubuyobozi bw’intara y’Amajyepfo ku bufatanye n’inzego z’umutekano burasaba buri wese gufatira ingamba ikibazo cy’abana bo mu muhanda by’umwihariko ababyeyi, hirindwa amakimbirane yo mu miryango, bagasaba ko hakwiye ubufatanye no kujya hatangwa amakuru mu rwego rwo gukumira iki kibazo. Ibi byagarutsweho mu nama yahuje inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, inama yabereye mu karere ka Huye. Kuba […]Irambuye

Kamonyi: Abahinzi barasaba imashini zo guhinga, ubuyobozi ngo ntibwazibonera buri

Mu muhango wo gutangiza ibikorwa by’igihembwe cya mbere cy’ihinga, bamwe mu baturage bahinga mu gishanga cya Kibuza mu Karere Kamonyi bavuze ko kudahingisha imashini biri mu bituma batabona umusaruro uhagije. Ubuyobozi bw’akarere bwo bukavuga ko butabonera buri muhinzi imashini ahubwo ko bakwiye kwishyira hamwe kugira bazikodeshe biboroheye. Ibikorwa byo gutangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga, cyahuriranye n’icyumweru cyahariwe  […]Irambuye

Urubyiruko rwo muri EAC rwibukijwe ko rugomba gushyira hamwe

Ubuyobozi bw’intara y’Amagepfo burashishikariza urubyiruko rwo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba guhuza imyumvire bagateza imbere ibihugu byabo n’umugabane wa Afurika muri rusange. Guverineri w’Intara y’amajyepfo yabisabye urubyiruko rugera kuri 150 rwo muri Afrika y’Uburasirazuba biga muri za kaminuza bari bateraniye mu Rwanda aho bariho bahugurwa ku guteza imbere umugabane wa Afurika. Aba basore […]Irambuye

en_USEnglish