Tags : Rwamagana

Rwamagana: Abayobozi ba Koperative banyereje asaga miliyoni 130 ntibabiryozwa ngo

Mu Karere ka Rwamagana, abari abayobozi ba “Koperative Zigama Bigufashe (KOZIBI)” imaze imyaka hafi 30 bashinjwaga kunyereza umutungo w’abaturage usaga miliyoni 130 bagizwe abere n’urukiko rwisumbuye rwa Ngoma, ngo kuko icyaha cyashaje. Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 1988, nibwo KOZIBI yashinzwe, itangizwa n’abari abarimu na bamwe mu baturage bo mu cyahoze ari Komini Bicumbi, ubu […]Irambuye

Rwamagana: Abize indwara zo mu mutwe bariga uko barushaho gatanga

Abize amasomo ajyanye n’ubuvuzi bw’indwara zo mu mutwe (Clinical Psychology) barasabwa kwihangira imirimo ijyanye n’ibyo bize bagafasha Abanyarwanda mu iterambere, ihuriro ryabo ryitwa RPS (Rwanda Psychological Society) ryabibasabye mu biganiro by’iminsi byateguwe ku rwego rw’igihugu biri kubera mu karere ka  Rwamagana mu Burasirazuba bw’u Rwanda. Ibi biganiro byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki 16 Nyakanga […]Irambuye

Rwamagana: Ubuzima i Karenge, bahanganye bate n’impeshyi?

Iburasirazuba, agace kibasirwa n’izuba ryinshi cyane cyane muri ibi bihe by’impeshyi. Umurenge wa Karenge uherereye mu gice cy’amajyepfo y’Akarere ka Rwamagana hegereye ikiyaga cya Mugesera. Mu bihe bishize, nubwo izuba ryakunze kuhatera inzara, ubu ngo biri guhinduka bamenye gukoresha amazi y’ikiyaga. Umunyamakuru w’Umuseke ufata amafoto Evode Mugunga n’umunyamakuru wandika Callixte Nduwayo bahasuye mu cyumweru gishize, […]Irambuye

Karenge: Umugoroba w’ababyeyi wabafashije guca nyakatsi ku buriri

*Umuguroba w’ababyeyi wababafashije mu kwishyura mutuelle de santé, no kwikemurira ibibazo Mu mudugudu wa Kanyangese mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana abaturage bavuga ko  umugoroba w’ababyeyi watumye ibibazo byinshi byari byarabaye akarande bibonerwa umuti, mu byo wakemuye harimo no kubona amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, nyakatsi ku buriri, gutira imyambaro n’amakimbirane yo mu ngo […]Irambuye

i Karenge abaturage bafite impungenge ko izuba rizagabanya umusaruro

*Umuhanda uhuza Karenge na Kigali wangiritse ngo wahungabanyije ubuhahirane Mu murenge wa Karenge mu karere ka Rwamagana, abaturage bagera kuri 99% batunzwe n’ubuhinzi bahangayikishijwe n’ikibazo cy’izuba ryatangiye kuva hakiri kare, kuko ngo bishobora kuzahungabanya ikijyanye n’umusaruro. Umurenge wa Karenge utuwe n’abaturage basaga  24 000, ngo hafi 99% batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi. Muri uyu murenge higanje ubuhinzi […]Irambuye

Kagame yagaye cyane Abanyeshuri bize muri Israel banga gukora i

I Rwamagana – Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’abavuga bakumvwa mu Ntara y’Uburasirazuba, yanenze cyane bamwe mu rubyiruko rw’u Rwanda Leta yatanzeho amafaranga ngo bajye kwiga muri Israel bagaruka mu Rwanda bakanga gukora ibyo bize bijyanye n’ubuhinzi i Nasho muri Kirehe ngo ni mu cyaro. Ni mu ruzinduko rw’iminsi itatu agirira mu Burasirazuba bw’u […]Irambuye

Rwamagana: Umukecuru warokotse Jenoside agiye kubyaza umusaruro imirasire yahawe

Mu Murenge wa Gahengeri, Akarere ka Rwamagana, umukecuru Mukarukiriza Vestine w’imyaka 56 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, arishimira imirasire y’izuba yahawe na Kompanyi yitwa M.Power, ngo ubu akaba yiteguye kuba yanabyaza umusaruro uyu muriro ukomoka ku mirasire. Muri iki gihe cyo Kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, no gufata mu mugongo abayirokotse, ibikorwa byo gufasha abarokotse Jenoside […]Irambuye

i Rwamashyongoshyo naho hagiye kubakwa ikiranga amateka ya Jenoside

Ku musozi wa Rwamashyongoshyo uherereye mu murenge wa Gahengeri Akarere ka Rwamagana, kuri iki cyumweru tariki 24 Mata bakoze umuhango wo kwibuka Abatutsi bahiciwe muri Jenoside, byari inshuro ya kabiri gusa babikoze kuko ubusanzwe bibukira hamwe n’indi mirenge ahari inzibutso zishyinguwemo ababo, ubuyobozi bw’Akarere bwabemereye  kubafasha ko umwaka utaha aha naho hazaba hari ikiranga amateka […]Irambuye

Rwamagana: Hashyinguwe imibiri 5 y’abishwe muri Jenoside

Mu karere Ka Rwamagana mu murenge wa Gishari none hashyinguwe IMIBIRI itanu y’abishwe muri JENOSIDE. Babiri bashyinguwe ntihamenyekanye imiryango yabo, iki gikorwa cyabanjirijwe no gushyira indabo ku rwobutso  rwa Jenoside rwa RUHUNDA. Uru rwibutso rwa RUHINDA  rushyinguwemo abarenga  5 819. Uwavuze mu izina ry’imiryango y’abashyinguwe aho, MUJYAMBERE LOUIS DE MONTFORT yagarutse ku nzira y’umusarabai Abatutsi […]Irambuye

Rwamagana: Abaturage bacukuye Damu barambuwe

Abaturage bakoreshejwe mu mirimo yo kubaka icyuzi cyo kwifashishwa mukuhira imyaka y’abahinzi bo mu gishanga cya Nyirabidibiri, giherereye mu kagari ka Kigarama, Umurenge wa Nzige, Akarere ka Rwamagana baravuga ko batahembwe amafaranga bakoreye, ndetse ngo na Rwiyemezamirimo wabakoresheje bakaba baramuburiye irengero. Abaturage bo mu mirenge ya Nzige, Rubona, Gahengeri na Mwurile, mu Karere ka Rwamagana […]Irambuye

en_USEnglish