Digiqole ad

Rwamagana: Hashyinguwe imibiri 5 y’abishwe muri Jenoside

 Rwamagana: Hashyinguwe imibiri 5 y’abishwe muri Jenoside

Imibiri y’abishwe muri Jensodie yabonetse yashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rw’i Gishari

Mu karere Ka Rwamagana mu murenge wa Gishari none hashyinguwe IMIBIRI itanu y’abishwe muri JENOSIDE. Babiri bashyinguwe ntihamenyekanye imiryango yabo, iki gikorwa cyabanjirijwe no gushyira indabo ku rwobutso  rwa Jenoside rwa RUHUNDA.

Imibiri y'abishwe muri Jensodie yabonetse yashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rw'i Gishari
Imibiri y’abishwe muri Jensodie yabonetse yashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rw’i Gishari

Uru rwibutso rwa RUHINDA  rushyinguwemo abarenga  5 819.

Uwavuze mu izina ry’imiryango y’abashyinguwe aho, MUJYAMBERE LOUIS DE MONTFORT yagarutse ku nzira y’umusarabai Abatutsi bahigwaga banyuzemo.

Yasabye abantu bazi ahantu hari abantu batarashyingurwa ko batanga amakuru y’aho bari kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Ati “Iyo ushyinguye umuntu wumva uruhuhutse mu mutima.”

Yakomeje asaba Ubuyobozi kubafasha bagakura abantu bari mu Rwibutso rwa Jensodie I GATI kuko rutujuje ibisabwa ngo rwitwe urwibutso.

Ati “Twe tubabazwa cyane n’abantu bacu bahashyunguwe, abagize uruhare mu kubica bakaza kuharagira ihene n’andi matungo. Tubifata nko gushinyagurira abacu.”

Iki gikorwa cyatangiye sas mbiri n’igice za mu gitondo, abitabiriye uyu muhango nyuma yo gushyira indabo ku rwibutso rwa Ruhunda bahise berekeza ku rwibutso rwa Jenoside rwa GISHARI,  ni ho hari bushyingurwe imibiri ine yabonetse.

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Umwiza Jeanne yabwiye Umuseke ko ku kibazo cyagaragajwe n’abarokotse Jenoside cy’uko imibiri arenga 171 iri mu rwibutso rw’I GATI, urwibutso rutameze neza, ngo mumwaka utaha izaba yimiriwe mu rwibutso rwa RUHUNDA.

Yakomeje avuga ko muri iki gihe cyo kwibuka mu karere ka Rwamagana habonetse ingengabitekerezo ya Jenoside ku hantu 13.

Mu murenge wa Gishari habonetse batanu (5), mu wa Musha babiri (2), Gahengeri umwe (1),  Munyiginya umwe (1),  Karenge umwe (1), Kigabiro umwe (1), Nyakariro umwe (1) na Muhazi umwe (1).

Hon. Rwaka Constance wari umushyitsi mukuru yabanje kugaruka cyane ku mateka ya kera,  aho yavuze ko Abanyarwanda babanaga mu mahoro abazungu baza bagacanishamo bene Kanyarwanda.

Yibukije ko itegeko rihana ingengabitekerezo ya Jenoside rihari, yanasabye abantu bazi ahantu hari abantu batarashyingurwa ko batanga ayo makuru kuko hari itegeko ribabikira amabanga.

Rwamagana barirwa INZIBUTSO 12, urwibutso rushyinguwemo abantu benshi ni urw’I Mwurire rurimo abarenga ibihumbi 26. Muri rusange izi nzibutso zose uko ari 12 zirimo imibiri y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 90 000.

Akarere ka Rwamagana kari mu turere twabayemo Jenoside ku rwego rwo hejuru mu Rwanda mu 1994.

Habanje igitambo cya Misa
Habanje igitambo cya Misa
Imihango yo kubashyingura yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rw'i Gishari
Imihango yo kubashyingura yabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rw’i Gishari
Bamwe mu babuze ababo bari baje kwibuka no gushyingura
Bamwe mu babuze ababo bari baje kwibuka no gushyingura
Abaje kwibuka no gushyingura imibiri ine yabonetse
Abaje kwibuka no gushyingura imibiri ine yabonetse
Visi Mayor w'Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza
Visi Mayor w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe imibereho myiza
Abantu benshi bari bitabiriye uyu muhango baje gufata mu mugongo ababuze ababo bakundaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Abantu benshi bari bitabiriye uyu muhango baje gufata mu mugongo ababuze ababo bakundaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi

NKUNDINEZA Jean Paul
UM– USEKE.RW

en_USEnglish