Digiqole ad

Menya Ruyenzi n’uduce 4 tuyigize, ubu hagezweho Bishenyi

 Menya Ruyenzi n’uduce 4 tuyigize, ubu hagezweho Bishenyi

Ruyenzi ya none ikurura benshi mu bifite bitewe n’uko atari kure uvuye i Kigali

Francois Bizimana yemeza ko ari we mufundi wzamuye inzu igezweho muri Centre ya Ruyenzi, icyo gihe muri 2007 ngo akazi karabonekaga ariko ubu ngo karagabanutse. Ruyenzi igizwe n’uduce tune, Nyagacaca, Rugazi, Rubumba na Bishenyi.

Ruyenzi ya none ikurura benshi mu bifite bitewe n'uko atari kure uvuye i Kigali
Ruyenzi ya none ikurura benshi mu bifite bitewe n’uko atari kure uvuye i Kigali

Uruyenzi ni ryo zina abahakomoka bakunda ku hita, ni mu ntera itari ndende uvuye mu Mujyi wa Kigali ugana yo. Ni mu nzira igana mu Majyepfo, ni wo Mujyi utungukiraho nyuma yo kwambuka ikiraro cya Nyabarongo, werekeza i Muhanga, ni mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.

Aka gace kagize iterambere ryihuse mu myaka umunani ishize, aho mbere ahari icyaro, ubu ni umujyi nk’indi, uhabwirwa n’ibikorwa remezo n’inyubako zigezweho, zasimbuye izari zisanzwe.

Francois Bizimana ukora ubwubatsi muri Ruyenzi, aho yageze mu 2006 yimutse ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali, avuga ko ari na we wubatse inzu ya mbere igezeho muri Centre ya Ruyenzi, ifite ibisenge bigezweho.

Bizimana agira ati “Icyo gihe byari byemewe kubakisha rukarakara imbere, inyuma hari block cement cyangwa amatafari ahayi. Ibiti byari byemewe, ariko ubu ntibyemewe, na charpente zigomba kuba ari imbaho cyangwa ibyuma.”

Uko ni ko Ruyenzi yahise ihinduka umujyi mu gihe gitoya, ahantu hatabaga imihanda, ihita iharurwa, amazi arazanwa ndetse n’amashanyarazi.

Gutera imbere kw’aka gaca kwanajyanaga n’izamuka ry’igiciro cy’ubutaka. Bizimana avuga ko, ikibanza cyubatswemo inzu ya mbere ya Ruysenzi, cyaguzwe amafaranga y’u Rwanda 650 000, cyaguzwe ahitwa Nyagacaca.

Ikibaza cya m 30×30 ubu ngo miliyoni 7 z’amafaranga y’u Rwanda ndetse ahitwa mu Rugazi kigeza ku mafaranga y’u Rwanda miliyoni 10, aho umuturage uhagura ategekwa kubaka imiturirwa.

Icyo gihe mu 2006, ibishyimbo kg 1 yagurwaga amafaranga 250, ubu ngo kg 1 igurwa amafaranga 450 na 500.

Abakora akazi ko gufasha abafundi (aide-maçons) bahembwaga amafaranga hagati ya 1000 na 1 200, ubu ngo abakora ako kazi bahembwa Frw 2000.

Umufundi w’icyo gihe yahembwaga amafaranga y’u Rwanda 2 500 na 3000, uyu munsi umufundi wok u Ruyenzi akorera Frw 5000.

Francois Bizimana, ariko avuga ko akazi muri iyi minsi ngo kabuzi, umenya ubukungu budahagaze neza.

Ati “Akazi ntikakiboneka, ubuzima burahenze keretse umuntu wifite. Muri iyi minsi ntibarimo bubaka cyane, sinzi icyabiteye niba ari ubukungu bwifashe nabi, ubu ntibimbuza kujya gushakira n’i Kigali kandi mbere nabaga mfite amashantier (chantiers) nk’ane cyangwa atanu.”

Francois Bizimana wemeza ko ariwe wubatse inzu ya mbere igezweho ku Ruyenzi
Francois Bizimana wemeza ko ariwe wubatse inzu ya mbere igezweho ku Ruyenzi

 

Ruyenzi igizwe n’uduce tune tuzwi, akagezweho mu guturwa ni Bishenyi

Nk’uko Bizimana abivuga, agace kambere (Quartier) kubatswe muri Ruyenzi igezweho, ni Nyagacaca.

Aka gace kari haruguru y’umuhanda, mu kuboko kw’iburyo werekeza mu Majyepfo uva i Kigali. Muri ako gace ni naho haba ahitwa Gisenyi bitewe n’uko ngo hatuwe na benshi bakomoka i Rubavu.

Akandi gace ni Rugazi, aha uhabwirwa n’umuhanda mushya w’amabuye, niho hubatse umurenge wa Runda. Ni agace kari mu kuboko kw’ibumoso uva i Kigali werekeza mu Majyepfo.

Rubumba, na ko ni agace gatuwe cyane ku Ruyenzi, ako ko niko utungukiraho ukirenga Nyabarongo.

Agace kagezweho ni Bishenyi, mu mudugudu wa Nyagacyamo, mu kagari ka Muganza. Ni agace kari hepfo gatoya ya Centre ya Ruyenzi, umanuka ugana i Muhanga, ni ho hari isoko rishya rya Bishenyi.

Aho ruguru ni Nyagacaca
Aho ruguru ni Nyagacaca
Aha ni mu gace ka Bishenyi haruguru y'ahubatse isoko
Aha ni mu gace ka Bishenyi haruguru y’ahubatse isoko
Iyo uri Bishenyi ni uko Ruyenzi iba igaragara, mu gace ka Nyagacaca
Iyo uri Bishenyi ni uko Ruyenzi iba igaragara, mu gace ka Nyagacaca
Aho hakurya bahita i Gisanyi kubera abahatuye
Aho hakurya bahita i Gisanyi kubera abahatuye
Uyu muhanda wongereye agaciro k'ubutaka muri Rugazi bituma abantu batura kuri gahunda
Uyu muhanda wongereye agaciro k’ubutaka muri Rugazi bituma abantu batura kuri gahunda
Centre ya Ruyenzi hakurya bahita Gisenyi (higanje abaturutse i Rubavu)
Centre ya Ruyenzi hakurya bahita Gisenyi (higanje abaturutse i Rubavu)
Aho ni muri Rugazi hatuwe n'abakire bahimukiye vuba
Aho ni muri Rugazi hatuwe n’abakire bahimukiye vuba
Ruyenzi ya none ni iy'ubwubatsi kandi hubakwa inzu zigezweho
Ruyenzi ya none ni iy’ubwubatsi kandi hubakwa inzu zigezweho
Harazamuka inzu nyinshi kandi zigezweho
Harazamuka inzu nyinshi kandi zigezweho

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Haracyeye ndabona mu rwanda iterambere rizagera hose.

  • Tumaze kwikuba hafi gatatu kuva 1994, nonese urumva umuntu ufite ubutaka adafite umutungo ukomeye? Ahubwo iyo sida nibindi byorezo bitahaba ubutuba tumaze kurenga miliyoni 16.Kuri kilometero kare idahinduka yayindi twese tuzi.Ubu hiyongereyeho nabakongomani nabarundi.

Comments are closed.

en_USEnglish