Tags : MINALOC

Rutsiro: Urugendo rwa Perezida Kagame barutegerejemo impinduka mu bukungu

Kuri iki gicamunsi, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari mu ruzinduko mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, abaturage bamutegereje kuri Stade ya Mukebera, abayobozi b’aka karere baremeza ko uru ruzinduko rufite akamaro gakomeye, n’aho umwe mu baturage ati ‘Umukuru w’Igihugu narambe akomeze atuyobore.’ Muri uru rugendo rwa Perezida Kagame, nyuma yo gusura kuri uyu […]Irambuye

Rwamagana: Abo mu murenge wa Munyaga barasaba Leta amashanyarazi

Abatuye mu kagali ka Rweru mu murenge wa Munyaga mu karere ka Rwamagana mu Ntara y’Uburasirazuba baravuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi bagira uruhare mu gutuma batagera ku iterambere bagasaba ubuyobozi bw’akarere kubibuka na bo bakava mubwigunge. Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwo buvuga ko bitarenze ukwezi kwa kabiri umwaka utaha wa 2016 aba baturage bazaba bagejejweho umuriro […]Irambuye

Muhanga: Polisi  yeretse Urubyiruko  Ibiyobyabwenge  isaba ko babyirinda

Kuri uyu wa kabiri Polisi mu Karere ka Muhanga,  yeretse  abanyeshuri ibiyobyabwenge inabasaba ko  birinda  kubikoresha kuko byangiza ubuzima  ndetse bigahungabanya n’umutekano w’igihugu. Iki gikorwa cyo  kwereka abanyeshuri  ibiyobyabwenge, cyahuriranye  no kwizihiza isabukuru y’Imyaka 15 Polisi y’igihugu imaze igiyeho ndetse no  gusoza icyumweru cyahariwe Polisi gisanzwe  cyizihizwa buri mwaka. Kayihura Claver, ushinzwe Community Policing, yari […]Irambuye

“Abafite ubumuga bw’uruhu ni abantu nk’abandi” – Hakizimana uyobora OIPA

Ku wa gatanu tariki 12 Kamena 2015 mu Rwanda hizihijwe bwa mbere umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bw’uruhu (Nyamweru), abayobozi bakuruye ishyirahamwe ryabo bavuze ko abafite ubumuga bw’uruhu ari abantu nk’abandi nubwo mu myumvire ya bamwe mu Banyarwanda ngo batabaha agaciro. Abafite ubumuga bw’uruhu bagaragaje ibibazo bitandukanye binyuze mu bihangano byabo kuko bamwe biyemeje kuba abahanzi kugira […]Irambuye

Abayobozi bashya b’Akarere ka Rubavu batowe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 29 Gicurasi, Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu imaze gutora Sinamenye Jeremie  nk’umuyobozi mushya w’Akarere usimbura Bahame Hassan uri kuburana afunze nyuma yo kuvugwaho uruhare mu itangwa ry’isoko ryo kubaka Isoko rya Gisenyi mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Uyu munsi kandi hatowe abayobozi babiri bamwungirije kuko Komite nyobozi y’aka […]Irambuye

“Inkoni iragira inka ntirinda amafaranga,” Hon Mukakarangwa

*Imirenge Sacco abadepite basanze idafite uburyo buhamye bwo gucunga amafaranga *Abajyana amafaranga kuri banki zindi bayatwara mu ntoki, *Kuba zimwe zidafite amashanyarazi bidindiza serivisi kuko nta koranabuhanga, *Abakozi ba Sacco bahembwa intica ntikize y’umushahara, barasaba ubuvugizi. Rutsiro 27/5/2015: Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rugaragaje ko umrenge sacco ufite ibibazo by’icungamutungo, abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe ubucuruzi […]Irambuye

Muhanga: Abikorera bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside banafasha abo

Bamwe mu barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu karere ka Muhanga, bahawe inkunga  ya miliyoni irenga y’amafaranga y’u Rwanda, aya mafaranga akaba agamije kubereka ko bifatanyije na bo mu gahinda batewe  n’ingaruka za jenoside. Hari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya gatandatu abahoze bikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura […]Irambuye

Karongi: Abubaka agakiriro k’akarere bamaze amezi 3 badahembwa

Abakozi ba rwiyemezamirimo wubakisha agakiriro k’akarere ka Karongi baherutse gukora imyigaragambyo kuri iyi nyubako  bamushinja  kumara amezi atatu nta mafaranga abaha kandi yari yarabijeje kujya abahemba mu gihe cy’iminsi 15, buri gihe batora umurongo ku biro by’akarere baje kurega rwiyemeza mirimo badaheruka kubona. Sekamana  Charles umwe mu bakora akazi ko gufasha ababuka (aide mancon) yabwiye Umuseke […]Irambuye

Polisi yerekanye umugabo ukekwaho gutanga ruswa ya 600 000Frw

Ubwo Polisi y’u Rwanda yerekanaga umugabo w’imyaka 43 washatse guha ruswa y’ibihumbi 600 umupolisi ngo areke yinjize inzoga zitemewe,  umuvugizi wa polisi mu mujyi wa Kigali yasabye abantu bose bashaka gukora ubucuruzi kubinyuza mu nzira zinoze, birinda icyabagusha mu cyaha n’igihombo. Kuri uyu wa 08 Gicurasi 2015 kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Kicukiro nibwo […]Irambuye

en_USEnglish