Tags : MINALOC

Ngoma: i Mutenderi hari abashyingura ababo mu nzu babamo

Hirya no hino mu gihugu cyane cyane mu bice by’icyaro haracyagaragara abaturage bagishyingura mu ngo zabo cyangwa mu nzu babamo, mu gihe itegeko rivuga ko buri kagari kagomba kugira irimbi rusange, abatuye mu murenge wa Mutendeli mu kagari ka Karwera baravuga ko bashyingura iwabo kuko nta rimbi, ubuyobozi bw’umurenge bukavuga ko ikibanza cy’irimbi gihari n’ubwo […]Irambuye

Bugesera: Abantu 1000 batuye ku kirwa cya Mazane umwe ni

Abaturage bo ku kirwa cya Mazane giherereye mu kiyaga cya Rweru mu karere ka Bugesera, bavuga ko kugira ngo bige ari ibintu bibakomereye kubera ko bakikijwe n’amazi bityo mu myaka isaga 100, ngo umuntu umwe rukumbi ni we warangije amashuri yisumbuye umwaka ushize nubwo atarabona akazi. Mu buzima busanzwe bwo kuri iki kirwa ngo abaturage […]Irambuye

Western Union igiye kujya ikora ku rwunguko itange umusanzu mu

Nyuma y’umuganda w’igihugu, amabanki atandakanye mu Rwanda binyuze mu mufatanyabikorwa, Western Union (serivisi zo kuhereza no kwakira amafaranga mu buryo bwambuka imipaka), batanze intebe zo mu ishuri 100 ku bigo bya Groupe Scholaire Remera Protestant na Groupe Scholaire Gahanga I, abakoze iki gikorwa baravuga ko iyi ari intangiriro ya gahunda ndende bafite yo kugira uruhare […]Irambuye

Gutwika amashyamba bihangayikishije ubuyobozi bw’Intara y’Uburasirazuba

Mu cyumweru gishize twabagejejeho inkuru y’ikibazo cyo gutwika imisozi n’amashyamba mu karere ka Ngoma mu ntara y’Uburasirazuba, gusa iki kibazo cyafashe intera ngo kuko byakwiriye intara yose, Ha 400 zimaze gutwikwa n’abataramenyekana. Ibi byahagurukije ubuyobozi bw’Intara y’Uburasirazuba bukaba butangaza ko iki kibazo kirimo kwiyongera ngo bikaba biteye impungenge nubwo harimo gushakwa umuti. Abaturage mu karere […]Irambuye

Kemit yafashije abagore bafite ibibazo mu buzima kumenya gufotora

Umuryango utegamiye kuri Leta, Kemit Rwanda mu mushinga wawo ‘Faces of Life’ wafashije abagore bafite ibibazo mu buzima kumenya gufotora amafoto avuga ashobora kubafasha kumenyekanisha ubuzima bwabo, kuri uyu wa gatanu tariki 14 Kanama nibwo bamuritse amwe mu mafoto babashije gufotora. Antoine Ruburika umuyobozi muri RGB, asanga iki gikorwa ari cyiza ngo kuko cyigamije gufasha […]Irambuye

Imihigo: Imisoro y’Uturere mu mwaka wa 2015/16 izazamukaho miliyari 16

Mu kumurikira Perezida wa Repubulika ibyagezweho mu mihigo y’Umwaka wa 2014/15 no guhigira imbere ye ibizagerwaho muri uyu mwaka wa 2015/16, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, kuri uyu wa kane tariki ya 13 Kanama yavuze ko imisoro ikusanywa n’uturere izava kuri miliyari 36 ikagera kuri miliyari 52 z’Amanyarwanda. Kaboneka yabwiye Perezida wa Repubulika ko uyu […]Irambuye

IPRC East: Abatoza b’intore bahawe ubundi bumenyi buzabafasha mu kazi

Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu Ntara y’Uburasirazuba (IPRC East ) kuri uyu wa gatandatu tariki ya 8 Kanama 2015 hasojwe itorero ry’abatoza b’Imparirwabumenyi za IPRC East, byitezwe ko ibyo batojwe bizabafasha kwimakaza indangagaciro na kirazira nyarwanda kugira ngo basanishe umurimo wabo w’uburezi n’inshingano bafite ku gihugu. Itorero ry’abatoza b’imparirwabumenyi (intore za IPRC East) […]Irambuye

Kayonza: Abahinzi barataka igihombo ku musaruro w’ibigori wabuze isoko

Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Uburasirazuba barinubira ko bahinga bakeza ariko umusaruro wabo ukabura abawugura kugeza n’aho wangirikira mu buhunikiro, ubu ngo ingemeri (igipimo kirenga kg 1) igura amafaranga y’u Rwanda 100, ibi bibaca intege kuko bibatera igihombo gikomeye. Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza ntibwemeranya n’aba […]Irambuye

Rucagu yasabye abiga mu mahanga kuba ijwi ry’ibyiza u Rwanda

Ubwo hasozwaga itorero Iicyiciro cya munani, ku itariki ya 1 Kanama 2015, umuyobozi w’Itorero  ry’Igihugu Rucagu Boniface yavuze ko intore zifite inshingano zo kuvuga ibyiza biri mu Rwanda uhereye ku muco wo kubaka ubunyarwanda ugakomera kandi ukabaranga iyo bari mu mahanga. Aba banyeshuri 183 biga mu bihugu 24 ku migabane itandukanye ku Isi bamaze igihe […]Irambuye

i Ngoma: Umucuruzi udafite ‘attestation médicale’ yafungiwe 

Bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi mu mujyi wa Kibungo birimo utubari, resitora (restaurants), n’inzu zogosherwamo kuri uyu wa kane zafuzwe n’ubuyobozi bw’akarare ka Ngoma, abafungiwe baritotombera iki gikorwa bavuga ko batanazi icyatumye bafungirwa ibikorwa ariko ubuyobozi bw’akarere bwo bukavuga ko aba bacuruzi basabwa kujya kwa muganga gushaka icyemezo hagamijwe kurinda ikwirakwizwa ry’indwara. Ku nzugi z’inzu zifunzwe […]Irambuye

en_USEnglish