Digiqole ad

Muhanga: Polisi  yeretse Urubyiruko  Ibiyobyabwenge  isaba ko babyirinda

 Muhanga: Polisi  yeretse Urubyiruko  Ibiyobyabwenge  isaba ko babyirinda

Ibiro 20 by’urumogi nabyo biri muri bimwe mu biyobyabwenge Polisi yafashe.

Kuri uyu wa kabiri Polisi mu Karere ka Muhanga,  yeretse  abanyeshuri ibiyobyabwenge inabasaba ko  birinda  kubikoresha kuko byangiza ubuzima  ndetse bigahungabanya n’umutekano w’igihugu.

Ibiro 20 by'urumogi  nabyo biri muri bimwe  mu biyobyabwenge  Polisi yafashe.
Ibiro 20 by’urumogi nabyo biri muri bimwe mu biyobyabwenge Polisi yafashe.

Iki gikorwa cyo  kwereka abanyeshuri  ibiyobyabwenge, cyahuriranye  no kwizihiza isabukuru y’Imyaka 15 Polisi y’igihugu imaze igiyeho ndetse no  gusoza icyumweru cyahariwe Polisi gisanzwe  cyizihizwa buri mwaka.

Kayihura Claver, ushinzwe Community Policing, yari ahagarariye Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga yagarutse ku bikorwa Polisi y’igihugu  yakoze muri iki gihe cy’imyaka 15, ku bufatanye n’izindi nzego birimo kuba  mu gihugu hose harangwa n’umutekano ku buryo u Rwanda rusigaye ruwusagurira abandi hirya no hino ku isi.

Kayihura avuga ko nubwo Umutekano  uri mu nshingano z’ibanze za Polisi, badashobora kuwugeraho hatabayeho Ubufatanye n’Abaturage kuko  mu midugudu iwabo, ariho  umutekano uhera.

Yabwiye Urubyiruko rw’Abanyeshuri ko  muri iki cyumweru cyahariwe Polisi  ndetse no mu mezi  make ashize,  hari bamwe mu rubyiruko bafatiwe mu bikorwa  bigayitse  byo gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge bityo ko  baramutse babaye ijisho rya bagenzi babo  ibiyobyabwenge mu rubyiruko  bishobora kuranduka bigacika burundu.

Dushime Rodrigues, umwe mu banyeshuri biga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gitarama, yavuze ko  bigoye  kubona amakuru y’abantu bakoresha ibiyobyabwenge kuko usanga  ababinywa babikora rwihishwa, ariko ko bagiye  kubanza kugira inama  urubyiruko bagenzi babo, babereka ingaruka mbi zabyo kugira ngo uzagwa muri uyu mutego  ntihazagire ikindi yitwaza.

Yagize ati: “Tugiye  kuba ijisho rya bagenzi bacu mu mashuri kugira ngo iyi ngeso mbi,  ntibazayitwanduze.”

Sebashi Claude, Umukozi  ushinzwe uburezi mu karere ka Muhanga, wari Umushyitsi mukuru muri iki gikorwa, yavuze ko  urubyiruko rwinshi  rufatirwa muri  ibi byaha  rufite imyaka 15 na 20 y’amavuko.

Mu bakekwaho gukoresha Ibiyobyabwenge harimo n'Abagore
Mu bakekwaho gukoresha Ibiyobyabwenge harimo n’Abagore

Yasabye abenshi mu bana bari muri icyo kigero cy’imyeka kudafatira urugero rubi ku rundi rubyiruko runywa ibiyobyabwenge, ahubwo bakarushaho kwita ku bibafitiye inyungu by’umwihariko no gukorera igihugu muri rusange kubera ko ari bo bayobozi b’ejo b’igihugu.

Polisi mu karere ka Muhanga, ikaba  yerekanye bimwe mu biyobyabwenge birimo  ibiro 30 by’urumogi, litiro 20 za Kanyanga  ndetse na  litiro 2500 by’inzoga zinkorano. Abantu 16 bikekwa ko ari bo babifatanwe bakaba  kugeza ubu  bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi I Nyamabuye.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW-Muhanga

en_USEnglish