Digiqole ad

Muhanga: Abikorera bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside banafasha abo basize

 Muhanga: Abikorera bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside banafasha abo basize

Mayor Mutakwasuku Yvonne, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga ashyira indabo ku rwibutso

Bamwe mu barokotse jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu karere ka Muhanga, bahawe inkunga  ya miliyoni irenga y’amafaranga y’u Rwanda, aya mafaranga akaba agamije kubereka ko bifatanyije na bo mu gahinda batewe  n’ingaruka za jenoside.

Mayor  Mutakwasuku Yvonne,  Umuyobozi w'akarere ka Muhanga  ashyira indabo  ku rwibutso
Mayor Mutakwasuku Yvonne, Umuyobozi w’akarere ka Muhanga ashyira indabo ku rwibutso

Hari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya gatandatu abahoze bikorera bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Gitarama, cyateguwe n’urugaga rw’abikorera mu karere ka Muhanga kigamije gufata mu mugongo imiryango y’ababo bazize Jenoside.

Kimonyo Juvénal,  Perezida w’urugaga rw’Abikorera mu karere ka Muhanga, yavuze ko   igikorwa cyo kwibuka basanzwe bagikora buri mwaka, ariko ko batekereje ko bagomba  kwibuka by’umwihariko abahoze bikorera kugira ngo bifatanye n’imiryango yabo kandi bayereke ko umubabaro basigiwe na Jenoside  bawusangiye  bose.

Kimonyo avuga ko kuremera iyi miryango y’abarokotse, bafashe umwanzuro ko  buri mwaka bazajya bafatamo bake muri bo bakaba ubufasha buzajya bubunganira  mu kazi  kabo ka buri munsi cyane cyane bagereranyije n’amikoro urugaga rw’abikorera rugenda rubona.

Yagize ati: “Ubufasha tubaha ni ikimenyetso cy’uko twifatanyije na bo kuko ntabwo bikemura ibibazo byose  bafite, ahubwo birabaha imbaraga zo kumva ko turi kumwe.”

Mukagasana Faina wiciwe umugabo we muri Jenoside avuga ko ashimira urugaga rw’abikorera rwashyizeho umunsi wihariye wo kwibuka abikoreraga bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yavuze ko kuba ahawe ubufasha bw’amafaranga ibihumbi 300, bigiye kumufasha gusana inzu ye yatinze kuzura, kandi akabizeza ko iyi nkunga ahawe atazayipfusha ubusa.

Mupagasi Fidèle wari uhagarariye IBUKA  muri uyu muhango, yavuze ko  kwibuka Jenoside ari igikorwa Abanyarwanda bose bakwiye guha agaciro kubera ko abishwe  batazize  indi politiki keretse kuzira uko baremwe.

Yavuze ko kwibuka iyo biherekejwe no gufasha abarokotse batishoboye biba akarusho, asaba abarokotse bahawe inkunga ko bayikoresha neza ku buryo bazajya bazirikana n’imirimo yakoreshejwe.

Usibye aba bantu bane barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bahawe inkunga, urugaga rw’Abikorera  mu karere ka Muhanga, rumaze gufasha  abagera ku icumi  mu myaka ibiri ishize.

Mukagasana Faina  igikorwa cyo  gushyira indabo  k'urwibutso  rwa jenoside,  cyaherekejwe  no kuremera bamwe mu bayirokotse.
Mukagasana Faina igikorwa cyo gushyira indabo k’urwibutso rwa jenoside, cyaherekejwe no kuremera bamwe mu bayirokotse.
Niwemwana Spéciose,  wasgiwe Impfubyi za murumuna we  yavuze ko  inkunga ahawe  azayiguramo  inka.
Niwemwana Spéciose, wasgiwe Impfubyi za murumuna we yavuze ko inkunga ahawe azayiguramo inka.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ubutaha bazikubite agashyi kuko hitabiriye umubere muto ugereranyije n’abagombaga kuba bahari kandi n’amakosa akomeye gutegura igikorwa cyo kwibuka hanyuma bamwe bagahitamo kuryama nabyo n’ugupfobya dufatanye kurwanya abahakana bakanapfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
    Ariko ndashimira abitabiriye mukomerezaho

Comments are closed.

en_USEnglish