Tags : MINAGRI

Umucuruzi ukomeye i Kigali yahanishijwe gufungwa imyaka 7 no gutanga

Mu rubanza rwo kwiba amafaranga ya Leta yari agenewe kugura ifumbire mvaruganda, umugabo witwa Mwitende Ladislas wagemuriraraga ifumbire mvaruganda Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba kuri uyu wa kane Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwamuhamije icyaha, rumuhanisha gufungwa imyaka 7 mu munyururu no kwishyura miliyoni 430 Frw. Mwitende yashyikirijwe Parike tariki ya 3 Gicurasi 2016, akekwaho gukora no gukoresha […]Irambuye

Kirehe: Udukoko twa nkongwa twibasiye imirima y’amasaka mu murenge wa

Mu murenge wa Mahama, mu karere ka Kirehe haravugwa indwara yitwa “Nkongwa” yibasiye amasaka aho ishaka ryuma rihagaze rigahita rivunika. Abahinzi bavuga ko iyi ndwara yafashe igice kinini cy’uyu murenge kandi ngo nta muti bafite wafasha kwica udukoko turya amasaka. Ubuyobozi bw’umurenge wa Mahama buvuga ko amasaka atari igihingwa cyatoranyijwe guhingwa muri kariya gace, gusa […]Irambuye

Kayonza: Haravugwa umuti w’amatungo ukemangwa ku buziranenge

Bamwe mu borozi bo mu karere ka Kayonza  baravuga ko umuti bakoresha mu koza amatungo yabo witwa Nortraz ushobora kuba wariganywe kuko utakica ibirondwe n’utundi dusimba dukunze kwibasira amatungo kandi wari usanzwe ukora neza. Ibi kandi binemezwa na bamwe mu basanzwe bacuruza imiti y’amatungo muri aka gace bavuga ko amwe mu mazu acuruza imiti hagaragara […]Irambuye

Ibura ry’ibiribwa ngo ni amahirwe ku rubyiruko rukora ubuhinzi- RYAF

*Ntiyemera ko mu Rwanda habaye Inzara…Ngo inzara ni nk’ibyabaye muri Sahara yahoze ituwe, *Umuhinzi-mworozi Nkundimana wabigize umwuga yinjiza asaga miliyoni 2 ku kwezi… Hategekimana Jean Baptiste uyobora ihuriro ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi bigamije ubucuruzi (RYAF) avuga ko ibura ry’iribwa rikomeje kuvuga mu bice bitandukanye by’igihugu nk’urubyiruko bataribonamo ikibazo ahubwo ko ari amahirwe yo kugaragaza ubumenyi […]Irambuye

Muhanga: Min. Murekezi yatanze isomo ryo guhangana n’ibura ry’imvura

Mu gikorwa cy’umuganda cyabereye mu mudugdu wa Gasovu, Akagali ka Nyarunyinya, mu murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, kuri uyu wa Gatandatu Minisiteri w’intebe, Anastase Murekezi yasabye Abanyarwanda ko kuhira imyaka no gufata amazi babigira umuco mu rwego  rwo guhangana n’imihandagurikire y’ikirere. Nyuma yo kwifatanya n’abaturage muri iki gikorwa cy’umuganda cyabereye mu gishanga gihingwamo […]Irambuye

Huye: Ikigo REMA binyuze mu mushinga LVEMP II, cyatanze inka

Muri gahuda yo gushyigikira iterambere ry’abaturage, Ikigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA)  kuri uyu wa kane tariki ya 26 Mutarama cyatanze inka 33 ku banyamuryango ba Koperative ebyiri zo mu karere ka Huye, ahakorera  umushinga wo kubungabunga ibidukikije mu kiyaga cya Victoria. Izi nka zatanzwe binyujijwe mu Mushinga wo kubungabunga ibidukikije mu kiyaga cya Victoria, […]Irambuye

Abavuzi b’amatungo barifuza ko hashyirwaho ishuri ryigisha gutera intanga

Abavuzi b’amatungo bavuga ko umubare w’abazi gutera intanga ukiri hasi ugereranyije n’abifuza iyi serivisi. Urugaga rw’aba bavuzi b’amatungo barifuza ko hashyirwaho ishuri ryihariye ryigisha gutera intanga kugira ngo umusaruro w’ibikomoka ku matungo urusheho kwiyongera. Aba bavuzi bavuga ko umubare muto w’abazi gutera intanga biri mu bituma umusaruro w’ibikomoka ku matungo ukomeza kuba mucye kuko itungo […]Irambuye

Gisagara/Mukindo: Kutagira ubuhunikiro byatumaga umusaruro wabo ugurwa n’abamamyi

Abahinzi mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara bibumbiye mu makoperative bavuga ko bajyaga beza imyaka ikabapfira ubusa bitewe n’uko bahitaga bayigurisha n’abo bita abamamyi ku giciro gito, bikabateza igihombo, ubu bubakiwe inzu y’ubuhunikiro ifite ubushobozi bwo guhunika toni 3 000 z’imyaka inyuranye, bwatwaye amafaranga miriyoni 40 y’ u Rwanda.   Ubuyobozi  bw’aka karere […]Irambuye

Gisagara: Abahinzi b’urutoki ngo akarere kababujije kwenga none babuze isoko

*Uruganda rutunganya umusaruro ukomoka ku bitoki rurashinjwa kugurira bamwe… Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu murenge wa Mukindo mu karere ka Gisagara bavuga ko ubuyobozi bw’akarere bwababujije kwenga, bukabizeza kubashakira isoko ry’ibitoki none amaso yaheze mu kirere. Uruganda rutunganya umusaruro ukomoka ku bitoki rwaratangiye ariko ngo rugurira bamwe abandi ntirubagereho. Aba baturage bavuga ko umutobe n’urwagwa […]Irambuye

en_USEnglish