Tags : MIDIMAR

Min. Mukantabana yabwiye abadepite uko ubuzima bw’impunzi buhagaze

Minisitiri ufite impunzi n’ibiza mu nshingano, Mukantabana Seraphine yitabye Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside, kuri uyu wa mbere taliki 7 Werurwe, kugira ngo avuge kuri Raporo y‘ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu y’umwaka wa 2014-2015, yabwiye abadepite ko ibibazo byinshi impunzi zari zifite byabonewe umuti. Abadepite babazaga ibibazo byinshi bijyanye […]Irambuye

Inkunga yose si iyo kwishimira, hari ugutabara agushinyagurira – Mukantabana

*Kuva muri 2013, ibiza bimaze guhitana abantu 286, abakomeretse ni 396, * Itegeko rishya ku micungire y’ibiza riteganya ikigega cyo gutabara mu gihe cy’ibiza, *Minisitiri avuga ko hari abirirwa barekereje ngo bajye kwaka inkunga zo gutanga ubutabazi, ariko babifitemo inyungu. Mu kiganiro Minisiteri y’Imicungi y’Ibiza n’Impunzi yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa 03 Werurwe; igaragaza imiterere […]Irambuye

Impunzi z’Abarundi ntizifuza kuva mu Rwanda ngo zijyanwe ahandi

*U Rwanda bahahungiye nk’igihugu basangiye byinshi, ururimi, abavandimwe, *Bafite impungenge z’umutekano w’aho bazimurirwa. *Umwe mu bakozi ba HCR yadutangarije ko Umurundi washaka gutahuka ubu yakwirwariza kuko ngo umutekano nturagaruka iwabo ku buryo batangira gufashwa gutahuka. Umuseke waganiriye na bamwe mu mpunzi z’Abarundi mu nkambi ya Mahama, abenshi bavuga ko icyemezo bagifashe uko kije, ariko ngo […]Irambuye

Impunzi z’Abarundi zirasaba imbabazi Leta y’u Rwanda

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda itangaje ko igiye gutangira kuganira n’abafatanyabikorwa bayo kugira ngo impunzi z’abarundi icumbikiye zimurirwe mu kindi gihugu, impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zirasaba imbabazi Leta y’u Rwanda ngo izibabarire ye kuzimura kuko zisanga nta kindi gihugu mu karere zaboneramo amahoro nk’ayo zifite ubu. Hashize iminsi Impuguke z’umuryango w’abibumbye zishinja u […]Irambuye

Mahama: Abanyeshuri 11 626 b’impunzi z’Abarundi bagiye gutangira ishuri

Iburasirazuba – Abanyeshuri 11 626 b’impunzi z’abarundi nibo bagiye gutangirana umwaka w’amashuri abanza n’ayisumbuye muri uyu mwaka w’amashuri wa 2016 aho bazigana n’abana b’abanyarwanda baturiye inkambi ya Mahama bose hamwe bakazaba ari abanyeshuri ibihumbi 15 bakazigira mu byumba by’amashuri 112 byafunguwe k’umugaragaro na Minisiteri y’u Burezi ifatanyije n’ishinzwe impunzi kuri uyu wa 20 Mutarama 2016. […]Irambuye

Abanyarwanda 41% bafite imyaka hagati ya 0 na 14 –

*Abantu miliyari imwe batuye Isi ubuzima bwabo bwagiye mu kaga k’intambara,ibyorezo, Ibiza… *Kuva Intambara ya kabiri y’isi yarangira ubu nibwo isi ifite impunzi nyinshi mu mateka *Abatuye isi miliyoni 100 bakeneye ubufasha bwihutirwa *Abagore n’abakobwa miliyoni 10 bagizwe impunzi *Abagore n’abakobwa bakomeza guhura n’ingorane zo kubyara n’iyo basumbirijwe n’ubuhunzi, ibyorezo cyangwa Ibiza. *Abaturarwanda 41% bafite […]Irambuye

Mahama: Impunzi z’Abarundi zirasaba kubakirwa ivuriro rinini n’uburuhukiro

Impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda zirasaba abashinzwe ubuzima ko bakora uko bashoboye bakazongerera aho kwivuriza kuko ngo ivuriro bafite ari rito. Abahungiye muri iyi nkambi bavuga ko ivuriro ryagutse ribonetse byabafasha kwivuza mu buryo bworoshye  cyane abana n’abagore. Bemeza ko kutagira ibitaro bituma iyo hagize […]Irambuye

Mahama: Nta cyizere ko impunzi z’Abarundi zizahindurirwa indyo y’igori n’ibishyimbo

Impunzi z’Abarundi zicumbikiwe mu nkambi iri i Mahama mu karere ka Kirehe ho muntara y’Uburasirazuba ziratangaza ko zibangamiwe bikomeye no kurya indyo imwe, bakavuga ko mu mezi arindwi bahamaze batunzwe n’ibigori gusa. Minisiteri ifite impunzi mu nshingano yo itangaza ko nta cyizere yatanga cyo gukemura iki kibazo gusa ngo bagiye kugerageza barebe ko haboneka ibindi […]Irambuye

Inkambi ya Kiziba niyo ibaye iya mbere ku isi kugira

Ikigo kitegamiye kuri Leta cya Kepler hamwe na UNHCR Rwanda ku bufatanye na Minisiteri yo gucyura impunzi no gukumira ibiza kuri uyu wa gatanu bafunguye kumugaragaro gahunda y’amasomo ya kamanuza mu nkambi y’impunzi ya Kiziba, gahunda yatewe inkunga na IKEA Foundation. Nibwo bwa mbere ku isi inkambi y’impunzi igiye gutangirwamo amasomo ku rwego rwa kaminuza. […]Irambuye

en_USEnglish