Tags : #Kagame

Kirehe: Abagenzi basabwe gusaba ababatwara kugabanya umuvuduko

Mu gihe impanuka zikomeye zikomeje gutwara ubuzima bw’abantu cyane cyane mu mihanda yo mu ntara, mu karere ka Kirehe hatangijwe ukwezi kwahariwe kubahiriza amategeko y’umuhanda abantu barengera ubuzima, ubuyobozi bw’akarere bwibukije abatwara ibinyabiziga bose kwirinda kwiyahura bagendera ku muvuduko ukabije, busaba n’abagenzi kwibutsa ababatwaye kwirinda umuvuduko ukabije mu gihe babonye bagenda cyane. Mu gihe hirya […]Irambuye

Team Rwanda: Bamwe bari mu mukino y’Isi, abandi muri Côte

Ikipe y’igihugu y’amagare ikubutse mu mukino nyafurika aho yegukanye imidari ibiri, ikomeje kwitabira amarushanwa menshi hirya no hino ku Isi mu rwego rwo kwitegura Tour Du Rwanda, ubu abasore b’u Rwanda bagiye kwitabira isiganwa rizenguruka Côte d’Ivoire ‘Tour de Côte d’Ivoire 2015’. Ikipe igizwe n’abakinnyi batandatu niyo irerekeza muri Côte d’Ivoire kuri uyu wa kane tariki […]Irambuye

U Rwanda rwiteguye gukorana na Congo Kinshasa mu guhashya FDLR

Mu nama ijyanye n’Umutekano ihuje intumwa za Leta ya Congo Kinshasa n’iz’u Rwanda, Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukorana na Congo kugira ngo inyeshyamba za FDLR zirandurwe burundu, naho Minisitiri w’Umutekano n’ingabo zavuye ku rugerero muri DRC yashimye ibikorwa bya Perezida Paul Kagame. Muri iyi nama ibera i Kigali, Minisitiri […]Irambuye

Intambwe yatewe mu Ubuzima iragaragara mu mibare…ariko urugendo ruracyahari

Mu cyegeranyo kigaragaza imibereho y’abaturage mu Rwanda (Rwanda Poverty Profile Report 2013/14), bigaragara ko hari intambwe iterwa mu kuzamura ubuzima bw’Abanyarwanda, haba mu kugabanya imfu z’abagore babyara, abana batoya gusa Leta iracyafite akazi gakomeye ko kugabanya umubare w’abana bagwingiye, ikizere kitezwe muri gahunda y’Imbaturabukungu ya 2 (EDPRS II). Icyegeranyo cyasohowe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) kigaragaza […]Irambuye

Abadivantisiti barasaba MINEDUC gukuraho amasomo atangwa ku ‘Isabato’

Abadiventisite b’Umunsi wa Karindwi biga muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ i Mburabuturo barasaba Minisiteri y’Uburezi ngo ibakurireho amasomo n’ibizamini bitangwa ku munsi w’isabato (Ku wa Gatandatu) kuko ngo abenshi muri bo basibizwa, abandi bagacikiriza amashuri. Mu mwaka ushize abarenga 60 bacikanywe n’ibizamini bityo bagomba gusibira. Hakizimana Alphonse uhagarariye abanyeshuri b’Abadivantisiti muri iyi Kaminuza yavuze […]Irambuye

Burkina Faso: Gen Diendere wakoze Coup d’Etat yasabye imbabazi

UPDATE: Kuwa kabiri tariki 22 Nzeri, Mu kiganiro yagiranye na BBC kuri telefoni ari ahantu hatazwi, Gen Gilbert Diendere yavuze ko uretse gusaba imbabazi ku makuba yakurikiye ifatwa ry’ubutegetsi ku ngufu, aricyo cyonyine cyakorwa. Yagize ati “Sinibaza ko gusaba imbabazi bya ari ikibazo.” Yavuze ko hakiri kubaho ibiganiro n’abayobozi b’ingabo ariko ngo ntibaragera ku bwumvikane. […]Irambuye

‘AMAHORO’ turayifuza ariko twananiwe kuyageraho

Kuri uyu wa 21 Nzeri ubwo Isi yose bibuka akamaro ko kugira amahoro, buri wese yari akwiriye kwibaza uruhare agira mu kwihesha amahoro no kuyaha abandi. Guhera muntu yaremwa, yari afite icyifuzo cyo kugira amahoro, akabaho yumva aguwe neza haba mu mirire, imiturire n’umubano hagati ye n’abandi ndetse n’inyamaswa. Tujya twumva abantu bavuga ngo inyamaswa […]Irambuye

Abiga Tumba College barasabwa gukoresha ICT mu kubaka u Rwanda

Mu rwego rwo kwimakaza amahame y’ubutore n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, hagamijwe guhindura imyumvire, imitekerereze no kwihutisha iterambere, ku wa gatanu tariki mu karere ka Rulindo mu Ishuri rya Tumba College of Technology hasohojwe icyumweru cy’intore mu zindi n’igitaramo njyarugamba, hanamukirwa imihigo y’intore z’indashikirwa mu ikoranabuhanga mu mwaka wa 2015/16. Uyu muhango witabiriye n’abanyeshuri benshi ba Tumba […]Irambuye

RDF yemereye Umukecuru w’imyaka 103, Frw 300 000 azishyura umushumba

Bugesera – Ku myaka ye 103, Melaniya Nyirambuga ni umukecuru bigaragara ko agikomeye, aracyabasha kwicumba akabando agatambuka, ni umwe mu baturage babonye inzu n’inka yo korora mu mudugudu wiswe Umurwa w’Amahoro wa Musovu watujwemo bamwe mu bimuwe ku musozi wa Karera i Rilima ahazubakwa ikibuga cy’Indege. Uyu mukecuru, yatunguwe no kuvugwaho mu ijambo ry’Umuyobozi w’akarere […]Irambuye

Bugesera: Imiryango 62 yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege yahawe inzu n’inka

Bugesera – Inzu ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 6 437 218 kuri buri muryango n’inka imwe (ifite amaraso avanze) yo korora, byaherekejwe n’ibiryo byo kubafasha mu gihe cy’ukwezi. Igikorwa cyo kubashyikiriza izi nzu cyayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza, Alvera Mukabaramba. Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16 […]Irambuye

en_USEnglish