Digiqole ad

RDF yemereye Umukecuru w’imyaka 103, Frw 300 000 azishyura umushumba

 RDF yemereye Umukecuru w’imyaka 103, Frw 300 000 azishyura umushumba

Lt Gen Fred Ibingira ashyikiriza uyu mukecuru w’imyaka 103 ijerekani y’amavuta MINADEF yanamwemereye amafaranga 300 000 y’umushumba w’inka

Bugesera – Ku myaka ye 103, Melaniya Nyirambuga ni umukecuru bigaragara ko agikomeye, aracyabasha kwicumba akabando agatambuka, ni umwe mu baturage babonye inzu n’inka yo korora mu mudugudu wiswe Umurwa w’Amahoro wa Musovu watujwemo bamwe mu bimuwe ku musozi wa Karera i Rilima ahazubakwa ikibuga cy’Indege.

Lt Gen Fred Ibingira ashyikiriza uyu mukecuru w'imyaka 103 ijerekani y'amavuta MINADEF yanamwemereye amafaranga 300 000 y'umushumba w'inka
Lt Gen Fred Ibingira ashyikiriza uyu mukecuru w’imyaka 103 ijerekani y’amavuta MINADEF yanamwemereye amafaranga 300 000 y’umushumba w’inka

Uyu mukecuru, yatunguwe no kuvugwaho mu ijambo ry’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, wamuvuze imyato nk’umwe mu bantu b’intangarugero bakuze cyane mu bimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, akaba afite imyaka 103.

Lt Gen Fred Ibingira, Umugaba w’Ingabo z’Inkeragutabara niwe wamugejejeho ijerekani yuzuye amavuta yo gutekesha n’umufariso wo kuryamaho, abandi bayobozi bakuru baramuhobera nk’umubyeyi bamwifuriza kuguma ku isi agakomeza kuba intangarugero.

Inkuru idasanzwe kuri Nyirambuga Melaniya no kuri benshi bari aho, Fred Ibingira yagize ati “Uyu mukecuru Melaniya Minisiteri y’Ingabo imwemereye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu azamufasha kwishyura umushumba.”

Iri jambo ryakurikiwe n’amashyi n’impundu, ndetse mu kumushimira, Mukecuru Nyirambuga agira ati “Kagame umubyeyi ugira impuhwe ndamushimiye akomeze atuyobore.”

Odette Uwamariya Guverineri w’Intara y’Uburasirazuba yabwiye abaturage ko izi nzu babonye biri muri gahunda yashyizweho na Perezida Paul Kagame y’uko ibyiza bitagomba guca ku baturage babyegereye.

Yagize ati “Izi nzu zubatswe kuri gahunda y’uko, ikibuga (cy’indege), ibikorwa remezo byagezwa ku baturage ariko ntibibaceho. Ni gahunda y’Umukuru w’Igihugu.”

Uwamariya avuga ko mu mirenge 95 iri mu Ntara y’Uburasirazuba ndetse n’abaturage miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana atanadatu bahatuye, ngo nta mudugudu w’icyitegererezo bari bafite uteye nk’uyu wubatswe i Musovu.

Mukabaramba Alvera, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, avuga ko ibyiza mu Bugesera biri imbere.

Yagize ati “Bugesera izayingayinga Kigali cyangwa iyiruta ikibuga cy’indege nicyuzura.”

Nyirambuga w’imyaka 103, wahiriwe na tariki ya 16 Nzeri 2015, yahawe inzu y’ibyumba bitatu n’uruganiriro, ifite igikoni, ubwiherero n’ubwogero, ndetse yahawe inka yo korora, ahabwa ibiribwa bizamumaza ukwezi na matelas ndetse n’amafaranga ibihumbi 300.

Izi nzu zashyikirjwe abaturage kuri uyu wa gatatu aho imiryango 62 yari ituye mu murenge wa Rilima ikemera guhara ingurane bitewe n’uko amafaranga bari guhabwa yari make cyane (hagati ya miliyoni 1,9 kugeza ku bihumbi 200) ntacyo yari kubamarira, Leta ihitamo kubimura.

Lt Gen Fred Ibingira ni we wavuze ko MINADEF yemereye amafaranga ibihumbi 300 mukecuru Nyirambuga
Lt Gen Fred Ibingira ni we wavuze ko Minisiteri y’ingabo yemereye amafaranga ibihumbi 300 mukecuru Nyirambuga
Alvera Mukabaramba asuhuzanya ibyishimo uyu mukecuru
Alvera Mukabaramba asuhuzanya ibyishimo uyu mukecuru w’imyaka 103
Ibyishimo byari byose kuri Mukecuru Nyirambuga wabonye impano atari yiteguye
Ibyishimo byari byose kuri Mukecuru Nyirambuga wabonye impano atari yiteguye
Uyu mukecuru ari mu babonye inzu muri uyu mudugudu
Uyu mukecuru yahawe inzu muri uyu mudugudu
Abaturage bahawe inka nziza zishishe zorowe na MINADEF
Abaturage bahawe inka zorowe na Minisiteri y’ingabo
Uwavuze amazina y'Inka ahereza inkuyu Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Alvera Mukabaramba
Uwavuze amazina y’Inka ahereza inkuyo Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr Alvera Mukabaramba
Yashimiye Kagame amusaba gukomeza kuyobora
Mukecuru Nyirambuga yavuze ko ashimiye cyane Kagame amusaba gukomeza kuyobora
Aracyabasha kwicuma akabando akadogagira
Aracyabasha kwicuma akabando akageraho aho abandi bari

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • RDF ikomeje kwerekana ko ari ingabo y’abaturage mu buryo bwose. ni byiza kubona ibingira ari kumwe n’uyu mukecuru amuha ibituma azakomeza kubaho neza

  • ni byiza cyane, ariko nibatangire kubaka ikibuga na Ntare school

  • Urwanda rwiza abayobozi barwo beza n’abaturage beza.

  • Ni byiza, nkomeje gushimira ingabo zacu za RDF, n’ubuyobozi bwiza. Nkasaba ko muri contaro( contract) izajya ihabwa ba rwiyemezamirimo bubaka ayo mazu bazage bashiramo garanti (guaranty ) kuko uzanga ayo mazu asenyutse mugihe gito cyane kubera gusondekwa! Murakoze

Comments are closed.

en_USEnglish