Tags : #Kagame

‘Cooperative Bank’ umushinga wo kunoza imikorere ya za SACCO

*Cooperative Bank izahuza Umurenge SACCO na Banki Nkuru *Ubu ufite konti muri SACCO ntiyakwishyura byihuse umwenda uri mu yindi banki, icyo gihe bizashoboka *Iyi banki izajya ishakisha amafaranga yo kuguriza za SACCO Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yasangije abadepite imiterere ya Banki nshya itekerezwa ‘Cooperative Bank’, iyi izaba ishinzwe kugenzura Imirenge SACCO, ni yo izaba ari umukiliya […]Irambuye

Abanyarwanda 39,1% nibo basigaye mu bukene, “iyi mibare ni ukuri”-

Kuri uyu wa mbere, Tariki 14 Nzeri, Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyamuritse ibyavuye mu ibarura rya kane ku mibereho y’Abanyarwanda, ryagaragaje ko kuva mu mwaka wa 2011 ikigero cy’abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene cyavuye kuri 44,9%, kigera kuri 39,1% mu mwaka wa 2014. Mu mibare, abaturage bakuwe mu bukene kubera gahunda zinyuranye zo kuzamura abakene n’abatishoboye, […]Irambuye

‘Happy Generation,’ abishimiye Kagame baramusaba kwemera manda ya 3

Ihuriro ry’Urubyiruko n’abandi bose bishimiye ubuyobozi bwa Perezida Paul Kagame,’Happy Generation’ nyuma yo guhurira mu muganda udasanzwe wo gusukura mu gishanga cya Nyabugogo kuri yu wa gatandatu, basabye Perezida Kagame kwemera kuziyamamariza manda ya gatatu nyuma ya 2017. Uyu muganda wahuje urubyiruko n’abandi bantu batandukanye bagera ku 150, harimo abahanzi bo mu itsinda rya ‘Active […]Irambuye

Ubuke bw’Inkiko z’ubucuruzi buha icyuho abiba Imirenge SACCOs ntibahanwe

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba yagaragarije abadepite impungenge ikomeye y’uko ubuke bw’Inkiko z’Ubucuruzi mu gihugu, butuma abaterura utw’abandi muri Cooperative zo kubitsa no kuguriza (Imirenge SACCOs) baregwa ntibahanwe cyangwa Inkiko zigacika intege zo kubakurikirana, agasaba ko hajyaho urugereko rwihariye rwo guca izi manza. Mu myaka itandatu ishize Umurenge SACCOs zitangiye gukora, zimaze guterurwamo asaga miliyoni […]Irambuye

Umutungo ndangamuco ugiye kujya ucungwa n’umuturage ubereye mu isambu

*Itegeko nirimara kujyaho hazabaho kubaruza iyo mitungo *Leta ntizabyivangamo ahubwo amategeko azagena icyo umuturage winjije azajya aha Leta *Umuturage udafite ubushobozi bwo gucunga uwo mutungo ndangamuco ashobora gufatanya n’abandi Inteko shingamategeko umutwe w’abadepite n’itsinda ry’abaturutse muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, kuri uyu wa 9/9/2015, batangiye gusuzuma umushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo ndangamuco, iryo tegeko ngo […]Irambuye

Tuyisenge yarangije KIST mu 2012 akoresha abakozi 11, afite inama

*Uyu musore ukiri muti yarangije Kaminuza mu 2012, ashinga kampani ikora ikanubaka ‘pavees’ *Gutangira biragora na we byaramutonze asubira kuri 0 nyuma arazanzamuka ubu ahagaze bwuma, *Hari ibigega byemera gufasha imishinga y’urubyiruko, icyambere ni ugutinyuka. *Yatsindiye igihembo cy’indashyikirwa mu imurikagurisha rya ba rwiyemezamirimo bakiri bato. Tuyisenge Emmanuel ni umusore uri mu kigero cy’imyaka hagati ya […]Irambuye

Umusaruro w’ubuhinzi kubura isoko hari ubwo bikabirizwa cyangwa aribyo… –

Mu rwego rwo kumenyesha abaturage inama mpuzamahanga yateguwe n’Umuryango wo mu bihugu bya Africa y’Uburasirazuba wita ku musaruro w’ibinyampeke (EACGC), Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yavuze ko kuba hari abinubira ko umusaruro w’ubuhinzi udafite isoko hari ubwo bikabirizwa, cyangwa bikaba aribyo ariko hari impamvu zibisobanura. Mu kiganiro kigufi n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 8 Nzeri […]Irambuye

UN iri kunanirwa muri Syria kubera inyungu z’ibihangange – Ban

Umunyamabanga Mukuru wa UN, Ban Ki-moon, yemeye ko Umuryango w’Abibumbye wananiwe kugira icyo ukora ngo intambara muri Syria irangire kubera ubwumvikane buke mu bihugu by’ibihanganjye, ibihumbi by’abantu bikomeje gitikira, abandi batagira ingano bahunga umusubizo mu buryo butigeze bubaho muri iki kinyejana. Umunyamabanga Mukuru wa UN yatangarije ikinyamakuru The Guardian cyo mu Bwongereza ko ibihugu by’ibihanganjye, […]Irambuye

‘Bourse’ ya Frw 25 000 ntizahinduka ariko azajya atangwa ku

Misitiri w’Uburezi mushya Dr Papias Musafiri Malimba, avuga ko amafaranga y’inguzanyo ahabwa umunyeshuri wa kaminuza buri kwezi ngo amufashe ‘ayitwa Bourse’, ngo muri uyu mwaka ntaziyongera kabone n’ubwo umunyeshuri azajya aguza banki, ariko ngo azajya atangirwa ku gihe. Ku wa gatatu w’icyumweru gishize, tariki 2 Nzeri, nibwo Inteko rusange y’abadepite yemeje umushinga w’itegeko rigena itangwa […]Irambuye

Inyungu z’umutungo kamere zizakomeza gusaranganywa haherewe ku bawuturiye – Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame witabiriye igikorwa cyo kwita izina abana b’ingagi, mu Kinigi mu karere ka Musanze, yongeye gushimangira ko u Rwanda rufite umutongo kamere n’amabuye y’agaciro, ashimangira ihame ry’uko ibiva mu mutungo kamere bizajya bisaranganywa haherewe ku bawuturiye. Muri uyu muhango hiswe amazina abana b’ingagi 24, bavutse mu miryango itandukanye y’ingagi […]Irambuye

en_USEnglish