Tags : #Kagame

Amagambo akomeye abadepite bavuze ku ‘Gukura Imana’ mu itegeko nshinga

Mu kwemeza umushinga w’itegeko nshinga rivuguruye, ku mugoroba wo kuwa kane tariki 29 Ukwakira, abadepite bagiye impaka zikaze ku ijambo ‘Imana’ ngo rigaragare mu irangashingiro ry’uyu mushinga, amatora akorwa kabiri habura ubwiganze, bisaba ko haba ikiruhuko ngo utorwe. Irangashingiro ry’uyu mushinga w’itegeko nshinga, harimo itsinda ry’amagambo agira ati “Twebwe, Abanyarwanda, tuzirikanye ko Imana isumba byose […]Irambuye

Perezida wese uzatorwa 2017, yahawe manda imwe y’imyaka 7

*Umushinga mushya w’Itegeko Nshinga watowe 100% n’Abadepite bari mu Nteko, *Uyu mushinga urimo ingingo ya 172 iha Manda y’inzibacyuho y’imyaka 7 Perezida wese uzatorwa muri 2017, *Perezida watowe nyuma ya 2017, nasoza iyi myaka 7, azaba yemerewe no kwiyamamaza muri Manda y’imyaka 5 yongera kwiyamamarizwa inshuro imwe, *Iyi myaka 7 si iyagenewe Perezida Paul Kagame gusa […]Irambuye

Ubwenegihugu bubiri na 30% igenerwa abagore byateje impaka mu Nteko

Ubwo hatorwaga ingingo ku yindi muri 172 ziri mu mushinga mushya w’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, abadepite batandukanye bagaragaje kutumva kimwe n’uko ingingo ya 28 ivuga ku bwenegihugu nyarwanda yanditse ndetse n’iya 77 ivuga uko abagore bahabwa amahirwe 30% mu kazi n’imyanya ifata ibyemezo muri Leta. Ubwo uyu mushinga uzashingirwaho Itegeko Nshinga rizagenderwaho mu […]Irambuye

Ingingo ya 101 yavuguruwe: aho kuba imyaka 7 igirwa 5

Update 15h30PM: Ingingo ya ‘101’ ivuga ku mubare wa manda z’Umukuru w’Igihugu, mu mushinga w’itegeko nshinga umaze gutorwa n’Inteko Nshingamategeko umutwe w’abadepite, yavuguruwe aho kuba manda y’imyaka 7, Perezida azajya atorerwa manda y’imyaka 5 ishobora kongera kwiyamamarizwa rimwe. Visi Perezida w’Inteko umutwe w’Abadepite, Ikimanimpaye Jeanne d’Arc, yasbye ko akajambo ‘Gusa’ kasozaga inyuma kavaho kuko ngo […]Irambuye

Abaturage ntibemera imikireze y’imanza mu nkiko bigaha akazi kenshi Umuvunyi

Kuri uyu wa kabiri ubwo Urwego rw’Umuvunyi rwamurikaga raporo y’ibikorwa byo mu mwaka w’ingengo y’imari 2014/15, rwagaragaje ko ikibazo cy’imanza nyinshi zirugezwa ziba nta karengane kabaye mu mikirize yazo, ngo biterwa no kutemera imyanzuro y’inkiko ku bantu baba batsinzwe. Nkuko bitangazwa n’Umuvunyi Mukuru, Aloysie Cyanzayire ngo ubu bubasha bwahawe Urwego rw’Umuvunyi bwo kurenganura umuntu bigaragara […]Irambuye

Iburasirazuba: Kubura kw’amashanyarazi biri guhombya cyane abikorera

*Amashanyarazi ngo ashobora kumara umunsi wose yabuze *Abikorera bavuze ko banafite ikibazo cy’imisoro ihanitse na za banki zaka inyungu y’umurengera ku nguzanyo Abikorera mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburasirazuba baravuga ko babangamiwe cyane n’ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi bibagusha mu gihombo kinini. Ubuyobozi bw’iyi Ntara bwo bukangurira aba bikorera gushora imari mu mishinga y’ingufu z’amashanyarazi […]Irambuye

Col Tom wari witeguye kuburana, urubanza rwe rwimuriwe mu Ukuboza

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwanzuye ko urubanza rwa Col Tom Byabagamba, uregwa hamwe na Brig Gen (wasezerewe) Frank Rusagara na Sgt (wasezerewe) Kabayiza Francois, rusubikwa nyuma y’uko Me Buhura Pierre Celestin wunganira Rusagara atagaragaye mu rukiko; gusa Col Tom Byabagamba yabwiye urukiko ko yari yaje yiteguye kuburana. Ku isaha ya saa 12h10, Inteko y’abacamanza bayobowe […]Irambuye

Mugesera na Avoka we Rudakemwa bageze mu rw’Ikirenga bajurira

*Me Rudakemwa yaciwe ihazabu inshuro eshatu. Zose hamwe yaciwe 1 400 000Fwrs; *Mu rw’Ikirenga yemeye ihazabu yaciwe inshuro imwe gusa ndetse ko yayishyuye; *Ubushinjacyaha bwatunguwe n’ibyatangajwe n’Avoka wa Mugesera; *Mugesera we ngo ibyakurikiye icyo ari kujuririra bikwiye guteshwa agaciro. Mu rubanza rw’ubujurire bwatanzwe na Dr Mugesera wajuririye icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rukuru cyo kutumva umwe mu […]Irambuye

Tanzania: Magufuli wa CCM ari imbere mu majwi y’uduce 3

Mu gihe amatsiko akiri menshi ku uzasimbura Perezida ucyuye igihe muri Tanzania, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje by’agateganyo amajwi yo mu duce dutatu (Jimbo), Umukandida John Pombe Magufuli ayoboye abandi ahanganye n’umukandida w’amashyaka atavuga rumwe na Leta yishyize hamwe Prof Edward Lowassa. Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Umunyamategeko Damian Lubuva yavuze ko uduce twamaze kumenyekana ibyavuye mu […]Irambuye

Saddam na Kadhafi iyo baba bariho Isi iba ari nziza

Donald Trump, umuherwe uhatanira kuzayobora igihugu cya Leta zunze Ubumwe za Amerika, ku ruhande rw’Abarepabulikani (Republican Party), yatangaje ko isi iba ari nziza cyane iyo Saddam Hussein wayoboraga Irak na Mouammar Kadhafi wayoboraga Libya iyo baba bakiriho, yabivuze mu kiganiro cyatambutse ku cyumweru. Trump yagize ati “Mbere, muri Irak nta terabwoba ryahabaga.” Asubiza umunyamakuru wa […]Irambuye

en_USEnglish