Tags : #Kagame

Abayobozi bashya b’Akarere ka Rubavu batowe

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 29 Gicurasi, Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu imaze gutora Sinamenye Jeremie  nk’umuyobozi mushya w’Akarere usimbura Bahame Hassan uri kuburana afunze nyuma yo kuvugwaho uruhare mu itangwa ry’isoko ryo kubaka Isoko rya Gisenyi mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Uyu munsi kandi hatowe abayobozi babiri bamwungirije kuko Komite nyobozi y’aka […]Irambuye

Burundi: Abadashyigikiye Nkurunziza biringiye inama y’Abakuru b’ibihugu bya EAC

Abatavuga rumwe na Perezida Pierre Nkurunziza w’Uburundi bahisemo kwikura mu matora y’Umukuru w’igihugu, n’ayinzego z’ibanze mu gihe ibyo basaba byo kureka indorere, gufungura ibitangazamakuru byigenga byaba bidakozwe, baravuga ko bizeye ko inama y’abakuru b’ibigu bya Africa y’Iburasirazuba (EAC) y’ejo ku wa gatandatu izabafasha kotsa igitutu Nkurunziza, bigishidikanywa niba azayitabira. Abanyepolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu […]Irambuye

Dr. Kaberuka azasimburwa na Akinwumi Adesina wo muri Nigeria

Umugabo ukomoka muri Nigeria, Akinwumi Adesina wari Minisitiri w’Ubuhinzi muri icyo gihugu ni we watorewe kuyobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (African Development Bank), mu majwi yashyizwe ahagaragara ku wa kane tariki 28 Gicurasi Abidjan ku cyicaro gikuru cya BAD/ADB. Adesina afite imyaka 55 y’amavuko, asimbuye Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka, wari uyoboye iyi banki mu gihe […]Irambuye

“Inkoni iragira inka ntirinda amafaranga,” Hon Mukakarangwa

*Imirenge Sacco abadepite basanze idafite uburyo buhamye bwo gucunga amafaranga *Abajyana amafaranga kuri banki zindi bayatwara mu ntoki, *Kuba zimwe zidafite amashanyarazi bidindiza serivisi kuko nta koranabuhanga, *Abakozi ba Sacco bahembwa intica ntikize y’umushahara, barasaba ubuvugizi. Rutsiro 27/5/2015: Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rugaragaje ko umrenge sacco ufite ibibazo by’icungamutungo, abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe ubucuruzi […]Irambuye

Abantu 8 barahatanira gusimbura Donald Kaberuka ku buyobozi bwa BAD

Abakandida umunani barahatana ngo bazasimbure Umunyarwanda Donald Kaberuka ku buyobozi bwa Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), mu gihe umugabe wa Africa usiganwa n’igihe ngo utere imbere. Iyi banki ifite abanyamuryango 80, bagizwe n’ibihugu 54 byo ku mugabane wa Africa n’ibindi bihugu 26 bitabarizwa kuri uyu mugabene. Amatora y’umuntu uzasimbura Dr. Kaberuka ateganyijwe ku wa kane […]Irambuye

Amateka azabaza EAC icyo yamariye Uburundi- Prof Munyandamutsa

Kuri uyu wa gatanu ubwo ubuyobozi bwa Never Again Rwanda bwagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru i Kigali, Dr. Nasson Munyandamutsa ukuriye uyu muryango yavuze ko aho ibintu bigeze mu Burundi, Umuryango w’Africa y’Iburasirazuba ariyo ikwiye gufashaka umuti, bitaba ibyo amateka akazabaza icyo uyu muryango wamariye Abarundi. Iki kiganiro cyari kigamije gusobanurira abanyamakuru aho igikorwa cyo kumenyesha abanyeshuri […]Irambuye

‘Kamarampaka’ ku Itegeko Nshinga, Inteko izabyemeza cyangwa ibihakane muri Kamena

Perezida wa Sena, Bernard Makuza aratangaza ko inteko rusange izafata icyemezo ku gukoresha ‘KAMARAMPAKA’ abaturage ku bijyanye no guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga ibuza Umukuru w’igihugu kurenza manda ebyiri ari ku butegetsi, mu gihembwe cy’Inteko gisanzwe kizatangira mu kwezi kwa Kamena 2015. Makuza yabibwiye abaturage bari bazanye amabaruwa 251,966 ku wa kane tariki 21 Gicurasi […]Irambuye

Uganda U-23 irasesekara i Kigali, Micho yatangaje abakinnyi azakoresha 

Umutoza w’ikipe ya Uganda y’abatarengeje imyaka 23, Milutin Micho Sredojovic yatangaje ikipe y’abakinyi 18 bazakina n’ikipe y’u Rwanda kuri uyu wa gatandatu mu majonjora yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Africa. Abakinyi bagize ikipe ya Uganda Kobs yatangajwe kuri uyu wa kane nyuma y’imyitozo yakorewe kuri African Bible University I Lubowa. Ikipe […]Irambuye

Ba Minisitiri muri EAC (Uganda n’u Rwanda) barasura Abarundi i

Kuri uyu wa gatanu mu gitondo, Minisitiri uhagarariye u Rwanda mu muryango wa Africa y’Iburasirazuba (EAC) n’uhagarariyemo Uganda barasura impunzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Mahama mu rwego rwo kureba imibereho yazo. Ku makuru Umuseke wahawe n’ushinzwe gutanga amakuru muri Minisiteri ishinzwe Impunzi n’Ibiza, Ntawukuriryayo Frederic, yavuze aba bayobozi bahaguruka i Kigali mu gitondo ku […]Irambuye

en_USEnglish