Tags : #Kagame

Kigali: Bwa mbere harabera imurika ry’umusaruro mwimerere mu buhinzi

Iri murikagurisha mpuzamahanga ryiswe ‘Kigali International Trade fair for organic and Natural products’ riri kubera ahasanzwe habera imurika ry’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, ku Mulindi i Kigali, abarytabiriye barasaba ubuyobozi kubafasha kubona icyangombwa cy’uko bahinga iby’umwimerere ndetse no kubakorera ubuvugizi muri banki. Kuri uyu wa gatandatu nibwo iri murikagirsha ry’umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi w’umwimerere ryatangijwe n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe […]Irambuye

Uganda: Mbabazi yahisemo kuzahangana na Museveni nk’Umukandida wigenga

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe muri Uganda, ubu akaba afite icyizere cyo kuzatsinda Perezida Museveni akamusimbura ku butegetsi, Amama Mbabazi yatangaje ko noneho aziyamamaza nk’umukandida wigenga mu matora ateganyijwe muri Uganda. Mbabazi, kuri uyu wa gatanu mu rugo iwe Kololo, niho yatangarije iby’uyu mugambi we mushya. Yagize ati “Mu byumweru bitandatu bishize, ibyo mperuka gutangaza byari […]Irambuye

i Ngoma: Umucuruzi udafite ‘attestation médicale’ yafungiwe 

Bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi mu mujyi wa Kibungo birimo utubari, resitora (restaurants), n’inzu zogosherwamo kuri uyu wa kane zafuzwe n’ubuyobozi bw’akarare ka Ngoma, abafungiwe baritotombera iki gikorwa bavuga ko batanazi icyatumye bafungirwa ibikorwa ariko ubuyobozi bw’akarere bwo bukavuga ko aba bacuruzi basabwa kujya kwa muganga gushaka icyemezo hagamijwe kurinda ikwirakwizwa ry’indwara. Ku nzugi z’inzu zifunzwe […]Irambuye

Umurundi ubishatse arataha nta wagizwe ingwate n’u Rwanda – MIDIMAR

*U Burundi buvuga ko u Rwanda rwafashe bugwate Abarundi b’impunzi * Ngo u Rwanda ntirushaka kubareka ngo batahe kubera inyungu z’akazi *MIDIMAR ivuga ko ibyo bivugwa n’abayobozi mu Burundi ari ibihuha n’ibinyoma *U Burundi nibwo bugomba gutera intambwe bukaganira na UNHCR, n’u Rwanda ku byo gucyura abantu babwo Révérien Nzigamasabo Buramatari w’Intara ya Kirundo mu […]Irambuye

Abamugariye ku rugerero bazahabwa miliyoni 400 ku munsi w’amakoperative

Ayo mafaranga azatangwa n’Urugaga rw’amakoperative mu Rwanda (National Cooperatives Confederation of Rwanda), akazahabwa amakoperative atandukanye yashinzwe n’abari ingabo bamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, ibi ngo bizaba ari ukwesa umuhigo bahize mu mwaka ushize imbere ya Perezida Paul Kagame. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kiyobowe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yavuze ko umunsi mpuzamahanga wahariwe […]Irambuye

Amafoto: Tujyane mu bukerarugendo mu busitani bwa Red Rocks

Red Rock Center ni ikigo gicuruza imitako y’ubugeni bugaragaza umuco wa Kinyarwanda by’umwihariko uw’abantu batuye i Musanze, ariko by’umwihariko hakaba hari ubusitani butuje. Iki kigo kiri muri km nyeya uvuye mu mujyi wa Musanze gituranye n’Ishuri rya Nyakinama. Red Rocks, ntabwo ari urutare rutukura nk’uko wabyumva. Ni ahantu hatunganyijwe neza hari inyubako gakondo zijyanye n’ubukerarugendo […]Irambuye

Mutsindashyaka yabwiye abasenateri ko adashyigikiye manda ya 3 ya Perezida

Uyu muturage ijwi rye ryumvikanye ritandukanye n’andi menshi y’abaturage bavugaga ko Itegeko Nshinga rigomba guhinduka kugira ngo Perezida Paul Kagame azayobore u Rwanda kugera arabyemera ko yasimburwa. Ni mu gikorwa Inteko Ishingiro Amategeko yatangiye cyo kugisha inama abaturage ku ivugurura rya zimwe mu ngingo z’Itegeko Nshinga. Ibi biganiro byari biyobowe na Senateri Tito Rutaremara, byari […]Irambuye

Intara y’Uburasirazuba yasabye Abarundi batari mu nkambi kwibaruza

Mu rwego rwo kugira ngo impunzi z’abarundi zahungiye mu Rwanda ariko zitari mu nkambi zicumbitse hirya no hino mu gihugu zikomeze kwitabwaho bahabwe ubufasha kimwe n’abagenzi babo ndetse banacungirwe umutekano, ubuyobozi bw’intara y’Uburasirazuba  burasaba  ko izi mpunzi zajya zibaruza kugira ngo hamenyekane umubare nyawo wazo naho ziherereye. Nkuko bitangazwa n’umuyobozi w’intara y’u Burasirazuba Madame Odette […]Irambuye

Inyubako nshya y’Umujyi wa Kigali yubatswe bitanyuze mu ipiganwa

Umujyi wa Kigali ni wo wari utahiwe kwisobanura imbere y’abadepite bagize Komisiyo yo gukurikirana ikoreshwa ry’ingengo y’imari ya Leta (PAC), kimwe mu bibazo byagarutsweho ni icyo kuba inyubako nsha ikoreramo ibiro by’Umujyi wa Kigali yaratwaye miliyoni 12 z’amadolari ariko yubakwa bitanyuze mu ipiganwa. Ibyo ni ibikubiye muri Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2012-13, […]Irambuye

Urwego rw’Umuvunyi ruraburira Abaturage kwitondera ababizeza ibitangaza

Mu itangazo rigenewe Abanyamakuru ryashyizwe hanze n’Urwego rw’Umuvunyi; kuri uyu wa 14 Nyakanga uru rwego rurakangurira abaturage kudaha agaciro abantu babasaba amafaranga babizeza kuzabakemurira ibibazo kuko akenshi baba ari “Abatekamutwe”. Muri iri tangazo; urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko mu karere ka Rubavu hari umuturage wiyitiriye ko ari Umucamanza akifashisha telefoni yaka abandi baturage amafaranga abizeza kuzabafasha […]Irambuye

en_USEnglish