Rayon Sports yaguze Moussa Camara ngo asimbure Diarra wagiye muri

Umunya-Mali Moussa Camara yasinyiye Rayon sports amasezerano y’imyaka ibiri, asimbuye mugenzi we Ismaila Diarra wagiye muri Daring Club Motema Pembe yo muri DR Congo. Mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki 21 Kanama 2016, nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko bwasinyishije rutahizamu mushya ukomoka muri Mali. Moussa Camara wavutse tariki 16 Kamena 1994, yasinye […]Irambuye

Mu 2018 nta mashuri ashaje cyane azaba akiri mu gihugu

Minisiteri y’uburezi iratangaza ko yatangiye ibarura rusange rigamije kureba umubare w’ibyumba by’amashuri biri mu gihugu, hanyuma ngo bitarenze mu mwaka wa 2018, izaba yamaze kuvugurura no gusimbuza ibyo izasanga bikwiye kuvugururwa no gusenywa. Kugeza ubu, hari ibice bimwe na bimwe cyane cyane mu bice by’icyaro, usanga hari amashuri agifite ibyumba bishaje cyane cyangwa byenda kugwa. […]Irambuye

Kevin Lyttle yadusogongeje ku ndirimbo yakoranye na King James, “The

Umuhanzi mpuzamahanga Kevin Lyttle yashyize kuri Facebook ye agace gato k’indirimbo yakoranye n’umunyarwanda King James, kugeza ubu itarasohoka. Ni indirimbo iryoshye, kandi ibyinitse. Kevin Lyttle yatunguye abantu ashyira ahagaragara amashuri ari ku mucanga “Martin’s Beach Lounge – Marassi” mu Misiri we n’inshuti ze, bumva indirimbo “The Girl is mine” yakoranye na King James. Kanda HANO […]Irambuye

DRCongo: Leta yarekuye imfugwa za politike 24

Kuri uyu wa gatanu, Leta Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yahaye imbabazi abantu 24 barimo abafatwaga nk’imfungwa za politike n’abaziraga gutanga ibitekerezo, mu rwego rwo kugabanya umwuka mubi wavuka mu gihe habura igihe gito ngo manda ya Perezida Joseph Kabila irangire. Inyandiko yasinyweho na Minisitiri w’Ubutabera wa DR Congo Alexis Thambwe Mwamba iravuga […]Irambuye

Akarere ka Nyamagabe kasinye Imihigo mu ikoreshwa ry’ikorabuhanga Irembo

Nyuma y’igihe kirenga umwaka urenga Abanyarwanda n’abanyamahanga batuye mu Rwanda batangiye gukoresha ikoranabuhanga Irembo, muri iki cyumweru, Akarere ka Nyamagabe nako kasinye imihigo y’ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga Irembo mu mitangire ya Serivisi. Umuhango wo gusinya iyi mihigo wabaye hagati y’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge ndetse n’umuyobozi w’Akarere Nyamagabe. Byakozwe nyuma y’amahugurwa y’iminsi ibiri ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga Irembo, yateguwe na […]Irambuye

Mukamira: RDB yubakiye abaturiye Parc amashuri yatwaye miliyoni 55

Kuri uyu wa gatanu, hatashwe ibyumba by’amashuri birindwi bishya byubatswe ku kigo cy’amashuri abanza cya Kanyove, mu mudugudu wa Kamiro, mu Kagari ka Gasizi, mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu cyubatswe n’Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) muri gahunda yo gusaranganya umusaruro wa za Parike z’igihugu n’abazituriye. Iki kigo gifite amateka kuva mu 1950 gishingwa na […]Irambuye

RSE: Ku isoko ry’imari n’imigabane hacurujwe hafi Miliyoni 98

Uyu munsi ku isoko ry’imari n’imigabane hacurujwe imigabane ya Banki ya Kigali na Crystal Telecom ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 97,867,300. Mu bigo birindwi biri ku Isoko ry’Imari n’Imigabane “Rwanda Stock Exchange (RSE)”, hacuruje ibigo bibiri nk’uko bikunze kugenda. Hacurujwe imigabane ya Banki ya Kigali (BK) igera ku 350,100, yose hamwe ifite agaciro k’amafaranga y’u […]Irambuye

Byari icyubahiro kuba umutoza mukuru w’Amavubi –McKinstry

Johnny McKinstry wari umaze umwaka n’igice atoza ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ‘Amavubi’ yemeje ko yahagaritswe ku mirimo ye, ndetse ashimira n’abo bakoranye. Ati “Byari icyubahiro kuba umutoza mukuru w’Ikipe y’igihugu y’u Rwanda.” Mu ijoro ryo kuwa gatatu tariki 17 Kanama 2016, nibwo hamenyekanye inkuru ivuga ko uwari umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, umunya-Ireland Johnathan McKinstry yirukanwe. […]Irambuye

Gisozi: ya nyubako ya ADEPR izajyamo Hotel, Radio na TV

Umushinga w’inyubako y’itorero ADEPR izakoreramo Hoteli y’iri torero, ndetse na Radio na Televiziyo zikiri mu mishinga irabura amezi abiri ngo bayitahe ku mugaragaro. Kugeza ubu imaze gutwara asaga Miliyari eshanu z’amafaranga y’u Rwanda. Ni umushinga watangiye mu 2007, ugiye kuzura nyuma y’imyaka icyenda (9) y’icyo bita ibibazo n’ibigeragezo binyuranye. Iyi nyubako yatwaye asaga Miliyari eshanu […]Irambuye

Misiri: Televiziyo y’igihugu yahagaritse by’agateganyo abanyamakuru b’abagore babyibushye

Ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru mu gihugu cya Misiri cyahagaritse mu gihe cy’ukwezi abagore 8 b’abasomyi b’amakuru n’abakora ibiganiro kuri Televiziyo y’igihugu, basabwe kubanza kugabanya umubyibuho kugira ngo bajye bagaragara neza. Uyu mwanzuro wamaganiwe kure n’imiryango ishinzwe kuvugira abagore, ndetse n’abandi bantu batandukanye. Uwafashe uyu mwanzuro nawe ni umugore uyobora ikigo gihuza radio na televiziyo by’igihugu (Egyptian […]Irambuye

en_USEnglish