Ubushakashatsi buherutse gukorwa na National Cancer Institute muri werurwe 2016, bugaragaza ko ku Isi abantu barenga ½ mu myaka 10 ishize barwaye umutima na Cancer bitewe no kurya inyama zitukura. Byatangajwe na Dr Rashmi Sinha wari uyoboye iri tsinda ry’ abashakashatsi. Bitewe n’uko amatungo asigaye akingirwa, akavuzwa, akarya ibiryo mvaruganda ndetse agahora hamwe, amaraso ntatembere […]Irambuye
Nyakwigendera Jules Wembadio Pene Kikumba uzwi ku izina rya Papa Wemba yari umuhanzi w’ikirangirire cyane muri Africa no hanze yayo cyane cyane kubera ijwi rye. Ku rundi ruhande ariko umushakashatsi mu iterambere rya muzika muri Africa witwa ‘Rita Roy’ avuga ko uyu muhanzi yari n’umunyamideli ukomeye watangije ikitwa Société des Ambianceurs et des persones elégantes(SAPE), […]Irambuye
Abagore batora ikawa mu ruganda rutunganya ikawa rwo mu Kagari ka Sholi, Umurenge Cyeza, Akarere ka Muhanga ngo iyo bari gutora ikawa banungurana ibitekerezo baganira ku nyigisho baba bakuye mutugoroba tw’ababyeyi mu duce batuyemo. Mu kagari ka Sholi ngo ubu nta mugore ukirirwa murugo ategereje ko umugabo azana amafaranga avuye gukorera, kuko ngo iyo bari […]Irambuye
Abakozi bibumbiye muri Sendika yitwa SUPERGAZ birukanywe mu bigo bya WASAC na REG kubera ivugurura ryabaye baravuga ko n’ubu bakiri mu bibazo byakurikiye kwirukanwa kwabo kandi babigejeje ku nzego zishinzwe iby’akarengane ntibasubizwe kugeza ubu, ubuyobozi bwa REG bwo buvuga ko ibyo gusezerera aba bakozi byakozwe neza muri rusange ko n’ikibazo cyihariye cyaba kirimo ukigifite yakwegera […]Irambuye
*Iyi gahunda ya JOB NET itegurwa n’ikigo Kigali Employment Service Center na MIFOTRA, *Binyuze ku guhuza abakoresha n’abakeneye akazi, abantu 508 bamaze kubona akazi, *Bamwe mu bitabiriye iki gikorwa baragishama abandi bakagaragaza ko nta cyizere bafite cy’akazi. I Kigali, kuri uyu wa gatatu tariki 27 Mata 2016 abantu bashaka akazi bagera ku 1000 cyangwa barenga, […]Irambuye
Umusore w’ikigero cy’imyaka 25 yafatiwe mu mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga aho yafashwe n’uwitwa Nsanzurwimo nyiri umurima w’ibinyomoro amushinja ko yaje kubyiba ahagana saa kumi za mugitondo kuwa 26 Mata ahita amutema amuca ikiganza cy’ibumoso akivanaho burundu. Bamwe mu baturage muri aka kagali babwiye Umuseke ko uyu mugabo yari amaze iminsi ataka ko […]Irambuye
CP Gatete Cyprien ushinzwe ibikorwa muri Polisi y’u Rwanda avuga ko gukora nk’abadatekereza ko ejo hahari bigaragara ku bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi nk’Abamotari bikunze guteza ibibazo byiganjemo iby’impanuka, akabasaba kwitwararika kuko ntacyo baba bakorera mu gihe bakora badashyize imbere ubuzima bwabo. Polisi ivuga ko mu mezi atatu y’uyu mwaka wa 2016, […]Irambuye
Ikompanyi mpuzamahanga y’ubwishingizi “UAP” yiyemeje gufasha abahinzi n’aborozi gukora umwuga wabo nk’ababigize umwuga kandi nta gihombo bahuye nacyo, binyuze mu bwishingizi butarobanura yabazaniye. Ibigo by’ubwishingizi mu Rwanda usanga bukunze kwita cyane ku nyungu z’abantu batuye mijyi n’ibyo batunze. UAP nubwo nayo yishingira abo banyamujyi, yo yanatangiye kwishingira abandi Banyarwanda benshi batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi mu bice […]Irambuye
Nyuma y’uko ubutegetsi bwa Romania bwigaruriwe n’Abanazi ba Hitler mu myaka ya 1940, bukaza gukorera Jenoside Abayahudi, bumwe mu butunzi bwabo bwaranyazwe, ubundi Leta irabwigarurira. Muri iki gihe Inteko ishinga amategeko ya Romania iri kwiga uko Abayahudi basubizwa imitungo yabo nyuma y’imyaka 71 Jenoside yabakorewe irangiye. Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’Abadepite, ya Romania yamaze kwemeza […]Irambuye
Kuri uyu gatatu tariki ya 27 Mata 2016, Ntakirutimana Mudathiru umuraperi umenyerewe cyane nka Danny Nanone mu muziki wari ufunze azira kurwanya abashinzwe umutekano yarekuwe. Kuva ku wa gatanu ushize nibwo yafungiwe kuri Station ya Polise i Nyamirambo azira gushaka kurwanya abashinzwe umutekano barimo n’umugenzacyaha wari waje gukurikirana ikibazo yari afitanye na Maureen bafitanye umwana. […]Irambuye