Julienne Uwacu, Minisitiri w’Umuco na Siporo avuga ko mu ngingo y’imari ya 2016 na 2017 mu Rwanda hashobora kuziyongera andi mazu y’imyidagaduro kimwe mu cyifuzo abahanzi bagiye berekana mu bihe bitandukanye. Ibi rero bamwe mu bahanzi bakaba bavuga ko ari umuti uzanahita ugabanya ikibazo cy’ihagarikwa ry’ibitaramo by’abahanzi byanatumaga babihomberamo. Mu kiganiro na Kt Radio, Minisitiri […]Irambuye
Hirya no hino mu Rwanda hari abantu basaga ibihumbi 100 barangije ibihano bari barakatiwe n’inkiko Gacaca, ndetse n’izindi nkiko nyuma yo guhamwa n’icyaha cya Jenoside, hirya no hino mu gihugu babanye bate n’abaturage muri rusange, cyane cyane imiryango biciye? Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa ruvuga ko hagati y’umwaka wa 2015-2017, bazarekura abagera ku 3 220 […]Irambuye
*Iri huriro risanga ababyeyi bagomba gufatanya n’abarezi mu gukumira iki kibazo bigisha abana babo, *U Rwanda ruracyugarijwe n’ibibazo by’imirire mibi, kugwingira kw’abana, Malaria na SIDA, *Birakwiye ko abana bagwiririwe no kubyara imburagihe batajugunywa inyuma y’umuryango, bagomba kwitabwaho, *Kubyara imburagihe bigira ingaruka nyinshi ku mubyeyi n’umwana n’umuryango, *Ihuriro RPRPD risaba ko hajyaho abajyanama bafasha abana babyara […]Irambuye
Bwa mbere kuva impagarara zatangira i Burundi mu kwezi kwa kane, Perezida Pierre Nkurunziza mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye hagati mu gihugu mu Ntara ya Gitega. Abajijwe n’abanyamakuru ku mubano we na Perezida Paul Kagame, Nkurunziza yavuze ko amusengera nk’umuyobozi washyizweho n’Imana, kandi ko u Burundi bwifuza umubano mwiza […]Irambuye
Umunyamabanga Mukuruwa UN Ban Ki-moon yasabye ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika ya Centrafrica gukora ibishoboka zigakumira abashobora gutuma umutekano uhungabana mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’igihugu yo kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukuboza. Aya matora yitezweho kwerekana niba iki gihugu kimaze imyaka ibiri mu makimbirane hagati y’Abakirisitu n’Abasilamu cyaramaze gusubirana umutuzo urambye. […]Irambuye
• Ni gereza iri kuri 300/125m • Ifite urukuta rwa 8m z’uburebure • Ngo izaba ifite n’ibibuga by’imikino • Izakira abagera ku 8000 • Kugeza ubu ariko nta mazi arahagera. Ni ibyatangajwe kuri uyu wa kabiri n’abayobozi b’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa bakurikirana imirimo yo kubaka gereza nshya ya Mageragere mu karere ka Nyarugenge. Mu kwezi […]Irambuye
Kuri uyu wa kabiri ubwo abakozi bashinzwe ubugenzunzi mu bigo bitandukanye by’ubutabera basuraga ibikorwa bya Leta bitandukanye birimo kubakwa mu rwego rw’ubutabera. Basuye Digital Forensic Laboratory izajya ikoreshwa mu gupima ibimenyetso bitandukanye bizajya bifasha mu gutanga ubutabera bwuzuye. Iyi Laboratoire izaba ifite ubushobozi bwo gupima Deoxyribonucleic acid (DNA) niyo ya mbere izaba yuzuye muri aka […]Irambuye
Ubwo yari amaze kwambika imidari y’ishimwe bamwe mu bayobozi bakuru b’Ikigo cy’ubutasi cya Israel, Mossad, Minisitiri w’intebe wa Israel Benyamin Netanyahu yahaye gasopo umutwe wo muri Liban ufashwa na Syrian na Iran wa Hezibollah, avuga ko nihagira umuntu wese urasa muri Israel, iki gihugu kizihimura gikoresheje ingufu nyinshi. Ibi yabivuze bisa naho ashaka gusubiza Hassan […]Irambuye
*Abanyarwanda 99% ntibagira icyangombwa cy’amavuko *Iminsi 15 ngo umubyeyi abe yandikishije umwana wavutse ni micye *Amananiza abirimo atuma benshi babyihorera kuko binabafata amafaranga *Abayobozi b’ibanze ngo babwiye abadepite ko ari ikibazo babana nacyo uko nyine *Minisitiri w’ubutabera yasabye ko kwandikisha umwana mu irangamimerere byoroshywa *Mu 2015 hateganywaga kuvuka abana 300 000 ariko 105 000 nibo […]Irambuye
Mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi niho abanyarwanda 72 bakiriwe kuri uyu wa kabiri. Aba bakubiye mu miryango 24 baturutse ku ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi ishami ry’i Bukavu, bakaba bageze mu nkambi ya Nyagatare saa saba n’igice kuri uyu munsi. Abandi 74 nabo bategerejwe kuri uyu wa gatatu i Rusizi. […]Irambuye