Month: <span>January 2014</span>

U Rwanda rwakuye isomo mu guhagarikirwa inkunga-Minisitiri Gatete

Mu kiganiro Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Claver Gatete yagiranye n’ikinyamakuru Jeune Afrique yagaragaje ko kuba ibihugu nterankunga byarahagarikiye u Rwanda inkunga muri 2012, byarufashije kwishakamo ibisubizo ubwarwo runabikuramo isomo ko rugomba gushyira ingufu mu gukorana n’ibigo by’imari kuruta uko rwakorana n’ibihugu cyangwa ibigo nterankunga bikora politiki kuko ngo igihe icyo aricyo cyose biba bishobora guhagarara. Muri iki […]Irambuye

Uburangare bw'utwaye ikamyo bwateje impanuka ku Kamonyi

Ku bw’amahirwe nta muntu waguye muri iyi mpanuka yajyaga kumara benshi urebye imodoka zayigonganiyemo. Icyayiteje ni uburangare bw’abashoferi b’amakamyo ava muri Tanzania ngo kuko baba bamenyereye cyane kugendera mu kuboko kw’ibumoso. Ahagana saa moya muri iki gitondo cyo kuwa 03 Mutarama, i Musambira mu karere ka Muhanga, imodoka ebyiri z’amakamyo plaques numero T610 CAU na […]Irambuye

Sudani y’Epfo:Ibiganiro by’amahoro byatangiye

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’igihugu cya Ethiopia yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki 02 Mutarama 2014 ibiganiro hagati y’impande zitavuga rumwe mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo byatangiye. Radio Ijwi ry’Amarika  dukesha iyi nkuru itangaza ko abitabiriye ibiganiro bigamije guhosha imirwano imaze ibyumweru bitatu ihitana abantu muri Sudani y’Amajyepfo bageze muri iki gihugu kuwa gatatu ahagana […]Irambuye

Umwarimu SACCO irakangurira abarimu gukora imishinga y'iterambere

Ejo kuwa kane, tariki 02 Mutarama 2014, abarimu bahagarariye abandi baturutse mu Turere twose tw’igihugu bahuguwe ku gucunga neza umutungo, gutinyuka kwihangira imirimo no kwiga neza imishinga yabo, kugira ngo nabo bakangukira kujya mu bikorwa bibateza imbere batarambirije ku mushahara bahabwa gusa.   Museruka Joseph, umuyobozi mukuru wa Koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abarimu, ‘ […]Irambuye

Congo: Abantu batazwi barashe ku Kibuga cy’indege cya Ndolo

Ku mugoroba wo  kuri uyu  wa kane tariki 02  Mutarama 2014 abantu batazwi barashe ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Ndolo giherereye i Kinshasa mu Murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. AFP dukesha iyi nkuru gitangaza ko imodoka yuzuye abantu bitwaje intwaro ariko kugeza ubu  bataramenyekana bageze i Kinshasa bagatangira kurasa berekeza ku […]Irambuye

‘Infection urinaire’ igiye kuzatuma mpunga urugo

Muraho basomyi b’Umseke? mwese mbifurije umwaka mwiza mushya muhire wa 2014. Nk’uko mudasiba kugira abantu inama nanjye mbandikiye mbasaba inama ku kibazo Mfite kinkomereye! Ndi umu damu maze imyaka itatu nshize urugo arko muri iyo myaka itatu yose nayirwayemo indwara nakwita ko ari akarande kuva nashakana n’umugabo twamaranye iminsi itatu ntangira kurwara indwara bita ‘infection […]Irambuye

“Kuririmbana na Kayirebwa ni inzozi nakabije”- Jules Sentore

Sentore Jules umuhanzi wo mu njyana gakondo mu Rwanda yabwiye Umuseke ko yakabije inzozi ubwo ku Bunani bw’uyu mwaka mushya yaririmbanaga n’igihangange Cecile Kayirebwa kuri Scene imwe. Mu gitaramo cyari cyahuruje imbaga, Cecile Kayirebwa aririmba yafashwaga n’abagize Gakondo Band Jules Sentore aririmbamo n’abandi bahanzi nka Teta n’abandi. Jules Sentore ati “Ni impamo nakabije zimwe mu […]Irambuye

Ruhango: Yishwe azira kutishyura isambusa yariye

Amakuru agera k’Umuseke aravuga ko umusore wo mu karere ka Ruhango umurenge wa Mwendo, akagari ka Kubutare yishwe ku bunani nyuma yo kurya amasambusa abiri nyuma ntiyishura. Hari ku mugoroba w’itariki ya 1/01/2014 ubwo henshi mu cyaro no mu mijyi baba bishimira uburyo batangiye umwaka mushya, Ndayisenga Jean Baptiste w’imyaka 24 y’amavuko we yerekeje kwa […]Irambuye

“Mu bahanzi bakora Afrobeat ninde wakoze video 8 muri 2013?”-

Senderi International Hit 3D umuhanzi ukora injyana ya Afrobeat, we n’abahanzi bakora iyi njyana nka Uncle Austin, Kamichi na Mico bagiye bavugwa cyane, hibazwa uwakoze cyane kurusha bagenzi be. Senderi we aritaaka ko yabahize kuko yakoze amashusho agera ku munani y’indirimbo ze nshya. Senderi International Hit, ubu wongeyeho akabyiniriro ka 3D ku mazina ye, yabwiye Umuseke […]Irambuye

Abanyarwanda bahohotewe i Goma nyuma y’urupfu rwa Col Mamadou Ndala

Nyuma y’urupfu rwa Col Mamadou Ndala wishwe kuri uyu wa 2 Mutarama mu gace ka Beni muri Kivu y’amajyaruguru, abaturage b’abanyarwanda bari mu mujyi wa Goma bahohotewe n’indoresore z’abanyecongo babahora urupfu rw’uyu musirikare wa Congo. Abaturage b’abanyarwanda bajya i Goma bavuye cyane cyane mu mujyi wa Rubavu, bajyanywe n’ubucuruzi, kuri uyu mugoroba abatakubiswe babwiwe nabi […]Irambuye

en_USEnglish