Digiqole ad

Congo: Abantu batazwi barashe ku Kibuga cy’indege cya Ndolo

Ku mugoroba wo  kuri uyu  wa kane tariki 02  Mutarama 2014 abantu batazwi barashe ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Ndolo giherereye i Kinshasa mu Murwa mukuru wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki gihugu hakomeje kumvikana amasasu mu bice bitandukanye
Muri iki gihugu hakomeje kumvikana amasasu mu bice bitandukanye

AFP dukesha iyi nkuru gitangaza ko imodoka yuzuye abantu bitwaje intwaro ariko kugeza ubu  bataramenyekana bageze i Kinshasa bagatangira kurasa berekeza ku kibuga cy’indege cya Ndolo, ingabo zirwanira mu kirere zahise  zikora uko zishoboye ngo ziburizemo iki gitero.

Iki kibuga giherereye mu gace ka Barumbu nicyo cya kabiri kiri mu Murwa mukuru Kinshasa. Cyubatswe mu Kwakira 1940

Iki gitero gikurukiye icyabaye kuwa mbere tariki ya 30 Ukuboza na none gikozwe n’abantu batazwi bakamisha  amasasu   kuri radiyo na televiziyo by’igihugu ndetse no ku cy’ibuga cy’indege mpuzamahanga cya NJili kiri mu birometero birenga icumi ugereranije n’aho ikibuga cya Ndolo giherereye.

Amasasu kandi yanumvikanye i Lubumbashi mu Mujyi  wa kabiri wa Congo no mu Mujyi wa Katanga uzwiho kugira amabuye y’agaciro menshi.

Guverinoma y’iki gihugu yatanze imibare y’abantu bose bahitanywe n’ibi bitero, bose hamwe ni 103 , inyeshyamba 95 n’abasirikare ba leta 8.

Nyuma y’ibi bitero byose leta yavuze ko inzego z’umutekano zirimo gucunga ahantu hagombwa hashobora kugabwaho ibitero.

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • ese kongo byayigendekeye gute ra!!!!nzaba ndeba iby’aba bavandimwe bacu

  • Nta kuntu ibi UGANDA na Rwanda batabizi buriya M23 yihinduye ukundi CONGO itariyamenya… ngaho nimutegereze muzambwira da!!!!

  • Tegereza umukino wana M Combien?…M24 DU kAMPALA

  • BAVANDIMWE NUBWABANDIMWE BAPFA TUGASEKA MWISI GUPFA NUGUTANGURANWA UYUMUNSIJYE EJO WOWE TWASABYIMANA TUKUNVA ABATURANYIBACU BABAYE MUMAHORO NIKINDI INKONI IKUBISE MUKEBA UYIRENZURUGO ATARIBYO IMANA IDUFASHE itwereke iyodusazira ukohasa twitegure kujyamwijuru mubanenimana kandi mwigire kubibera mwisi z

Comments are closed.

en_USEnglish