Tags : MINIJUST

Umucuruzi ukomeye i Kigali yahanishijwe gufungwa imyaka 7 no gutanga

Mu rubanza rwo kwiba amafaranga ya Leta yari agenewe kugura ifumbire mvaruganda, umugabo witwa Mwitende Ladislas wagemuriraraga ifumbire mvaruganda Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba kuri uyu wa kane Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwamuhamije icyaha, rumuhanisha gufungwa imyaka 7 mu munyururu no kwishyura miliyoni 430 Frw. Mwitende yashyikirijwe Parike tariki ya 3 Gicurasi 2016, akekwaho gukora no gukoresha […]Irambuye

Abaregwa iterabwoba barashaka kuburanira mu ruhame, Ubushinjacyaha bugashaka mu muhezo

*Mu baregwa uko ari 45 harimo abana batarageza imyaka 18, abagore ni batatu, *Urubanza rwimuriwe tariki ya 15 Werurwe 2017. Uko abaregwa iterabwoba ari (45) bose barafunze by’agateganyo, kandi bose bari baje mu rukiko. Umwanya munini wibanze ku gusoma imyirondoro y’abaregwa no kuyemeza, ariko nyuma haba impaka zishingiye ku buryo iburanisha mu mizi rizaba, niba […]Irambuye

Urukiko rwanze ubujurire bw’umunyemari Mimiri ukekwaho guhohotera uwo bashakanye

*Mu mpamvu zikomeye zatumye Mimiri afungwa by’agateganyo harimo ko atunze intwaro bitemwe n’amategeko, *Umukobwa wa Mimiri yemeza ko Se ari umwere, ko ikibazo cy’imitungo ari ipfundo ry’amakimbirane iwabo *Mu bana ba Mimiri ngo harimo umuhungu ukubita se amuziza imitungo Mu isomwa ry’urubanza ryagombaga gutangira ku isaha ya saa kumi z’umugoroba, ariko umucamanza ku bw’impamvu z’akazi […]Irambuye

Abashora Leta mu nkiko bazajya batumizwa mu rubanza bahite banishyura

*Kubera gushorwa mu manza, muri 2009-2016 Leta yahombye asaga miliyoni 860 Frw, *Ngo uwareze Leta yaka indishyi ariko Leta ntizaka bigatuma ihabwa udufaranga ducye… Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho myiza y’abaturage batangiye kumva ibisobanuro by’inzego n’ibigo bya leta  bivugwa muri raporo y’ibikorwa bya komisiyo y’abakozi ba leta ya 2015-2016. Kuri uyu wa kabiri humviswe Minisiteri y’Ubutabera, […]Irambuye

Huye: Abo mu muryango w’uwatoraguwe yapfiriye muri IPRC barasaba ubutabera

*Abashinjwa urupfu rwe bavuze ko bamufashe yiba ibiti mu ishyamba rya IPRC-South, *Ngo ubu barafunze ariko umufatanyacyaha ukora muri IPRC yararekuwe… Abo mu muryango w’umugabo w’uwitwa Alfred Niyonagira uherutse gutoragurwa yapfuye mu ishyamba rya IPRC-South baravuga ko bakeneye guhabwa ubutabera buboneye kugira ngo uwabahemukiye amenyekane. Umukozi wo muri iri shuri wari watawe muri yombi ngo […]Irambuye

 Amahanga afitiye ubutabera bw’u Rwanda  icyizere – Min Busingye

Nyanza – Ubwo hatangizwaga amasomo y’ubumenyingiro mu by’amategeko,  BUSINGYE Johnston Minitiri w’Ubutabera yavuze ko amahanga afitiye ubutabera bw’u Rwanda icyizere, asaba abagiye gukurikirana aya masomo ko barangwa n’indanganagaciro n’ubunyangamugayo. Uyu muhango wo gutangiza amasomo abiri arebana no gushyira mu bikorwa amategeko n’uko amategeko yandikwa akanategurwa wabereye mu Karere ka Nyanza mu Ishuri Rikuru ryo kwigisha […]Irambuye

Guhuza amakuru mu nzego z’ubutabera bizafasha gutanga ubutabera bunoze

Musanze: Abakozi bashinzwe itangazamakuru n’itumanaho mu nzego 10 zigize urwego rw’ubutabera, bamaze icyumweru mu mwiherero wo kugenzura ishyirwa mu bikorwa rya gahunda y’itangazamakuru n’itumanaho y’imyaka itatu irangiye. Muri uyu mwiherero banashyizeho indi gahunda ndende y’imyaka irindwi izafasha mu kubaka abakozi bashinzwe iyo myaya, kubaka inzego n’ubufatanye hagati y’izi nzego. Uyu mwiherero ngo ni inzira nziza […]Irambuye

Kigali: Abakozi ba MAJ bashyiriweho uburyo bwo kwakira ibirego by’abaturage

*Ikoranabuhanga bwa mbere rizafasha abakozi ba MAJ kubona umwirondoro w’abaturage, *Igice cya Kabiri kirimo imiterere y’ikirego n’igihe kizamara mu rukiko. Ubu buryo bushya bw’ikoranabuhanga bwateguwe n’umuryango ushinzwe uburenganzira bwa muntu ukorera mu bihugu by’ibiyaga bigari ukaba ufite icyicaro mu Rwanda bwitwa ‘Integrated Electronic Case Management’, n’ubundi bwitwa ‘Information Management System’, bwombi bugamije guha abaturage serivisi […]Irambuye

Mu Rwanda Uburenganzira bwa muntu ntiburagera ku rwego Komisiyo ibushinzwe

Emeritha Mutuyemariya, Umunyamabanga Mukuru wa Komisiyo y’Ubureganzira bwa muntu, avuga ko nubwo uburenganzira bwa muntu butarubahirizwa neza,  ngo u Rwanda hari intambwe rwateye mu burenganzira bwa muntu ku bagore, abana n’abafite ubumuga nk’ibyiciro byitabwaho cyane. Mu mahugurwa iyi Komisiyo irimo guha abanyamakuru mu bijyanye n’Uburenganzira bwa muntu, bavuga ko bukwiye kubahirizwa mu byiciro byose by’umuryango nyarwanda. […]Irambuye

Yakoreshaga SimCards 22 mu kwambura yiyita umukozi w’Urwego rw’Umuvunyi

Umusore witwa Nkundimana wo ku Gisozi yatawe muri yombi na Police y’u Rwanda akurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira inzego no kwambura abantu abeshya ko ari umukozi w’Urwego rw’Umuvunyi. CSP Ngondo Elia wungirije Komiseri ushinzwe gukurikirana ibyaha muri Police yavuze ko Nkundimana yakurikiraga urubanza runaka mu rukiko akahavana amakuru y’ibanze. Ubundi akoresheje SimCards zirenga 22 afite, zirimo […]Irambuye

en_USEnglish