Tags : MINIJUST

ISHUSHO RUSANGE: Ibyaha n’umutekano mu Rwanda mu 2016

*Ibyaha bitanu nibyo byiganje mu gihugu *Abana 1 274 barasambanyijwe * Buri mwaka mu Rwanda hinjira ibinyabiziga 17 443 * Abantu 114 bapfiriye mu mpanuka mu mezi 6 ashize Police y’u Rwanda uyu munsi yagaragaje uko igihugu kifashe mu mutekano muri rusange ndetse no ku mihanda. Muri rusange ngo ibyaha byagabanutseho 12% muri uyu mwaka […]Irambuye

Ntawabujije abandi kuziyamamaza ariko wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe-Evode

*Me Evode yibukije Abanya-Rubavu ko uwo Abanyarwanda benshi bifuza yababwiye ‘Yego’, *Ngo ntawaciwe intege. Ati “ Hari uwo se twaziritse amagura n’amaboko”, *Ati “ Ntabwo ndi muri Campaign ariko rusibiye aho ruzanyura.” Kuri uyu wa 10 Ukuboza, u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’Uburenganzira bwa muntu. Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe […]Irambuye

Min. Busingye yasabye Abahesha b’Inkiko kutaba ubuhungiro bw’abananiranye ahandi

*Yabasabye kugira uruhare mu kugaruza Miliyaridi ebyiri Leta iberewemo, *Baramwizeza kuba indorerwamo y’ubutabera buboneye… Mu biganiro byahuje Abahesha b’Inkiko b’ubumwuga na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, kuri uyu wa 02 Ukuboza, Minisitiri yasabye urugaga rw’aba banyamategeko barangiza ibyemezo by’inkiko kutaba ubuhungiro rw’abananiranye mu zindi nzego. Minisitiri Johnston Busingye washimye uru rugaga […]Irambuye

Abunzi baramutse bahembwe agaciro kabo katakara- Kalihangabo/PS-MINIJUST

Icyegeranyo cy’ibyagezweho mu butabera mu mwaka wa 2015-2016 kigaragaza ko muri uyu mwaka hatowe Abunzi 17 941 barimo 4,5% barangije amashuri makuru na Kaminuza. Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Isabelle Kalihangabo avuga ko kuba Abunzi bakora badahembwa ari byo bituma bakorana ubunyangamugayo ku buryo baramutse bagenewe umushahara byazagabanya uyu mutima witanga basanzwe bakorana. Mu mwaka […]Irambuye

Me Evode Uwizeyimana asanga Urukiko rw’Ubujurire ruzakemura ibirarane by’imanza

Mu kiganiro gisobanura imwe mu myanzuro yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 12 Ukwakira 2016, Me Evode Uwizeyimana Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, yavuze ko Urukiko rw’Ubujurire nirujyaho ruzakemura ikibazo cy’imanza z’ibirarane zashobora kumara imyaka mu rw’Ikirenga zitaburanishijwe. Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko muri Minisiteri y’Ubutabera, […]Irambuye

Munyakazi imbere y’umucamanza yise Umushinjacyaha ko ari “Umushinjabinyoma”

*Agiharagara imbere y’Inteko y’urukiko yahise abaza umucamanza ngo “mwe muri bande?” *Yashinje umucamanza n’umushinjacyaha kumusuzugura.  Avuga ko nta kintu yavuga, *Ngo Urukiko si amabuye cyangwa amatafari,… *Ngo ntashaka gukomeza gufungirwa mu  musarane kandi afite amazu atatu… Munyakazi uherutse koherezwa na USA kuburanira mu Rwanda, kuri uyu wa 11 Ukwakira yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga […]Irambuye

Ruswa irigaragaza muri Vets Complex ya Nyagatare Campus – Hon

Abadepite ntibashira amakenga imigendekere y’isoko rya miyari 3,7 ryo kubaka inyubako y’abavuzi b’amatungo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare aho Kaminuza y’u Rwanda yishyuye rwiyemezamirimo miliyoni 972 nta kazi bigaragara ko yakoze. Ikibazo cy’iyi nyubako yiswe Veterinary Complex (Inyubako igenewe Abavuzi b’amatungo) yahombeje Kaminuza y’u Rwanda amafaranga asaga miliyoni 972, ni kimwe mu bindi […]Irambuye

EAC ko dufite ibigo byinshi kuki nta Komisiyo yo kurwanya

*Min Busingye ati “ Nta gihugu cyo mu karere gikwiye kwemera kuba indiri y’abakoze Jenoside.” Mu biganiro bamwe mu badepite b’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA) bagiranye na Minisitiri w’Ubutabera mu Rwanda kuri uyu wa 15 Nzeri, Hon Valerie Nyirahabineza yavuze ko mu karere hakwiye gushyirwaho imiryango n’ibigo byihariye byo kurwanya Jenoside. Ati […]Irambuye

MINIJUST irifuza ko impaka nyinshi zajya zikemuka zitagombye kujya mu

Mu muhango wo gusoza amahugurwa yahabwaga Abanyamategeko n’abajyanama mu by’amategeko mu nzego za Leta, umunyamabanga uhoraho muri Minisitri y’Ubutabera akaba n’intumwa Nkuru ya Leta yungirije, Isabelle Kalihangabo yavuze ko abantu bakwiye kumenya uko bajya bikemurira impaka batitabaje Inkiko. Muri aya mahugurwa y’iminsi ibiri, aba banyamategeko bahuguwe uko bafasha Abanyarwanda gusobanukirwa uko bajya bikemurira impaka n’amakimbirane batitabaje […]Irambuye

Abanya-Sudan baravuga ko ‘Gacaca’ bakwiye kuyigiraho byinshi

Mu ruzinduko bari kugirira mu Rwanda, AbanyaSudan baturutse mu ntara ya Darfur, bavuga ko ubutabera bwo mu Rwanda bwagize uruhare rukomeye mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside, by’umwihariko bakavuga ko inkiko Gacaca zakoze akazi gakomeye ndetse ko hari byinshi bazigiraho kuko ibibazo zakemuye  bisa n’ibyo bariho bahangana na byo mu gihugu cyabo. Iri tsinda rigizwe […]Irambuye

en_USEnglish