Tags : MINICOM

i Ngoma: Umucuruzi udafite ‘attestation médicale’ yafungiwe 

Bimwe mu bikorwa by’ubucuruzi mu mujyi wa Kibungo birimo utubari, resitora (restaurants), n’inzu zogosherwamo kuri uyu wa kane zafuzwe n’ubuyobozi bw’akarare ka Ngoma, abafungiwe baritotombera iki gikorwa bavuga ko batanazi icyatumye bafungirwa ibikorwa ariko ubuyobozi bw’akarere bwo bukavuga ko aba bacuruzi basabwa kujya kwa muganga gushaka icyemezo hagamijwe kurinda ikwirakwizwa ry’indwara. Ku nzugi z’inzu zifunzwe […]Irambuye

Bugesera: Umuturage arashinja ubuyobozi kutita ku bibera mu gishanga cya

Umwe mu baturage bafite imishinga mu gishanga cya Rurambi uvuga ko imicungire y’icyo gishanga kinini (ha 1000 zitunganyijwe) ituma kidatanga umusaruro cyakagombye gutanga bitewe n’uko abashoramari bashoboye ngo bananizwa n’ushinzwe gukurikirana abahinzi ari na we utanga ubutaka, gusa we ahakana aya makuru. Uyu muturage witwa Mugabo Francois ni umwe mu banyamuryango ba Koperative CORIMARU ishinzwe […]Irambuye

Abamugariye ku rugerero bazahabwa miliyoni 400 ku munsi w’amakoperative

Ayo mafaranga azatangwa n’Urugaga rw’amakoperative mu Rwanda (National Cooperatives Confederation of Rwanda), akazahabwa amakoperative atandukanye yashinzwe n’abari ingabo bamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu, ibi ngo bizaba ari ukwesa umuhigo bahize mu mwaka ushize imbere ya Perezida Paul Kagame. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kiyobowe na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Francois Kanimba, yavuze ko umunsi mpuzamahanga wahariwe […]Irambuye

U Rwanda na DRC baraganira ku koroshya ubucuruzi

I Kigali kuri uyu wa kane tariki 23 Nyakanga, intuma za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’u Rwanda batangiye ibiganiro bigamije gukuraho inziztizi abacuruzi bato n’abaciritse bahuranazo mu buhahirane bw’ibihugu byombi. Iyi nama ngo iri muri gahunda y’Umuryango w’Ubucuruzi COMESA, u Rwanda na Congo Kinshasa bibereye abanyamuryango ikaba igamije gufasha ibihugu gusuzuma inzitizi abaturage bakora […]Irambuye

“Inkoni iragira inka ntirinda amafaranga,” Hon Mukakarangwa

*Imirenge Sacco abadepite basanze idafite uburyo buhamye bwo gucunga amafaranga *Abajyana amafaranga kuri banki zindi bayatwara mu ntoki, *Kuba zimwe zidafite amashanyarazi bidindiza serivisi kuko nta koranabuhanga, *Abakozi ba Sacco bahembwa intica ntikize y’umushahara, barasaba ubuvugizi. Rutsiro 27/5/2015: Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rugaragaje ko umrenge sacco ufite ibibazo by’icungamutungo, abadepite bo muri Komisiyo ishinzwe ubucuruzi […]Irambuye

Ngoma: Iduka rya Kazubwenge ryahiye rirakongoka ahita ajya muri ‘Coma’

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, mu mujyi wa Kibungo inzu y’ubucuruzi ya Kazubwenge yafashwe n’inkongi y’umuriro, irashya irakongoka, gusa nta muntu uyu muriro wahitanye, Kazubwenge we yahise ajya muri ‘Coma’. Umwe mu babonye ibyabaye, Ochen Theo yabwiye Umuseke ko inzu yafashwe n’inkongo iri mu mujyi wa Kibungo, ukimara kuwinjiramo urenze ikigo cya Gisirikare, […]Irambuye

Karongi: Imiti iterwa mu myaka yica udukoko n’inzuki, abavumvu baratabaza

Aborozi b’inzuki mu karere ka Karongi baratakambira inzego zibishinzwe kugira ngo zibatabare kubera ko hari imiti abahinzi batera mu myaka yica udukoko duto (insects) n’inzuki zabo zigapfa igihe zigiye guhova kuri iyo myaka bityo ntibabone umusaruro. Ibyo bibazo babigaragarije intumwa za Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi zasuraga abahinzi n’aborozi bo mu karere ka Karongi. Niyonzima Ephraim umworozi […]Irambuye

Rwanda: Ibiciro by’ibikomoka kuru Peteroli byazamutseho 30Frw

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2015, Minisiteri y’Ubucurizi n’Inganda yatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri petrole cyazamutse ku rwego mpuzamahanga, bityo mu Rwanda na ho igiciro cyazamuweho amafaranga 30. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda riravuga ko igiciro cya essence na mazutu (fuel), guhera kuri uyu wa gatandatu tariki 9 Gicurasi […]Irambuye

Rusumo: Isoko mpuzamahanga ku mupaka rizafasha abajyaga kurangura i Kigali

Kuri uyu wa 24 Mata 2015, Ministiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Francois Kanimba mu ruzinduko yagiriye mu Ntara y’Uburasirazuba mu karere ka Kirehe yasuye ibikorwa bitandukanye, anareba aho igishushanyombonera cy’isoko rizafasha mu bucurzi bwumbukiranya imipaka rya Rusumo kigeze. Kanimba yasuye aho iri soko rizubakwa ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania, aganira n’abacuruzi […]Irambuye

Abatuye Nyarutarama barasaba imodoka zabafasha kugera mu Mujyi

Abaturage batuye Nyarutarama barinubira ko mu gihe bajya mu mujyi bibasaba gutega kabiri bigatuma ikiguzi cy’urugendo rwabo kikuba inshuro ebyiri, gusa ubuyobozi bwa sosiyti RFTC ifite isoko ryo kuhakorera ivuga ko uku kwezi kurangira iki kibazo cyabonewe umuti. Abaturage bavuga ko mbere hari imodoka zabakuraga mu mujyi zikanyura Kimihurura-RDB-Nyarutara zikagera Kinyinya. Uburebure bw’iyo nzira bwagabanyijwemo […]Irambuye

en_USEnglish