Tags : MINALOC

Nyagatare: Ubwumvikane buke ku mikoreshereze y’imitungo burasenya ingo

*Iki kibazo ngo kiganje cyane mu ngo z’abimukira baza gushakira amikoro muri aka karere, *Ubuyobozi ngo byashyizeho ubukangurambaga binyuze mu mugoroba w’ababyeyi ngo iki kibazo gikemuke. Bamwe mu bagore bo mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Karangazi bahangayikijshijwe n’ikibazo cy’abagabo babo bata ingo, bakagenda burundu kandi bakajyana n’imitungo baba barashakanye, bigatuma abagore n’abana  basigara […]Irambuye

Gicumbi: Ubuyobozi n’abafatanyabikorwa bafatiye ingamba umwanda ukabije

Mu nama yo kwigira hamwe uko ikibazo cy’isuku nke igaragara mu karere ka Gicumbi cyavugutirwa umuti, kuri uyu wa 04 Ukwakira, ubuyobozi bw’akarere bwasabye abaturage kumenya ko isuku ari isoko y’Ubuzima, bubabwira ko butifuza guhatira umuturage gukaraba nk’uko bwakunze kubikora bubafata bukajya kubakarabiriza ku biro by’akarere. Ikibazo cy’isuku nke cyakunze kuvugwa muri aka karere ka […]Irambuye

Ngoma/Rukira: Umunyeshuri wigaga mu wa kane secondaire yishwe n’agafuniko k’ikaramu

Mu murenge wa Murama kuri uyu wa kabiri  tariki 04.10 2016 (15h5min) mu Kigo cy’Ishuri cya E.P Rukira Umunyeshuri witwa Batamuriza Jeannine, w’imyaka 13, wigaga P4 yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, nyuma yo kumira agapfundikizo k’ikaramu. Batamuriza Jeannine akomoka mu murenge wa Rukira mu kagari ka Buriba se yitwa Hategekimana Petero, nyina ni Nyirabagenzi Jeannette. […]Irambuye

Ngoma: Baracyasaba ingurane ku butaka bwabo bwubatsweho imidugudu

Mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma haravugwa ikibazo cy’abantu bafite ubutaka bwubatsweho imidugudu nyuma y’imyaka ya za 1997 ariko kugeza ubu bakaba batarahabwa ingurane ku butaka bwabo. Aba baturage batubwiye ko inzego zose baregeye zirimo n’Umuvunyi Mukuru banzuye ko bahabwa ingurane, gusa ngo ntibazi impamvu abashinzwe kubishyira mu bikorwa batabikora. Ubuyobozi bw’umurenge wa Remera […]Irambuye

Bugesera: Abanduza Umujyi wa Nyamata baburiwe ko bazahanwa

Kuri uyu wa Gatandatu 01/10/2016, Ubwo hatangizwaga Ukwezi k’Ubumwe n’Ubwiyunge, mu Ntara y’Iburasirazuba iki gikorwa cyanajyanye no gutangiza ubukangirambaga ku isuku hagamijwe gukangurira abatuye iyi ntara kugira umuco w’isuku mu ngo, ku mubiri, ku nzu z’ubucuruzi n’ahandi. Guverineri w’Intara y’Urasirazuba, Uwamariya Odette wifatanyije n’Abaturage ba Bugesera muri iki gikorwa, ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri […]Irambuye

Huye: Imihigo ya 2016/17 igiye kubakira kuri gahunda ya Ndi

Mu mwiherero w’iminsi ibiri wahuje inzego z’Akarere ka Huye n’abafatanyabikorwa bako, bamwe muri aba bafatanyabikorwa bavuga ko imihigo y’umwaka w’2016-2017 igiye gushingira kuri Ndi Umunyarwanda kuko ngo ari wo musingi w’ibikorwa by’iterambere. Uyu mwiherero w’iminsi ibiri wahuje inzego z’Akarere, abikorera n’ihuriro ry’abafatanyabikorwa bako, wabereye mu Karere ka Muhanga, izi nzego zivuga ko gahunda ya Ndi […]Irambuye

2007-2016: Umuganda watanze umusaruro ungana na miliyari106.4

Geoffrey Kagenza ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’umuganda ku rwego rw’igihugu muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, (MINALOC), yabwiye abitabiriye inama yahuje Transparency International Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo ko umusaruro ukomoka ku muganda ubazwe mu mafaranga ungana na 106.439.703 Rwf kuva watangira muri 2007. Igituma ibi bigerwaho ngo ni uko bikorwa ku bushake bw’Abanyarwanda bakubaka ibiraro, bagasana kandi bagahanga imihanda […]Irambuye

Rwiyemezamirimo yahindutse bihemu Umurenge wamwambuye urigaramiye

*Hashize imyaka ibiri yujuje urwibutso rwaranatashywe ariko ntarishyurwa yose *Imbere y’abakozi atishyuye na banki yagujije yabaye bihemu *Avuga ko kenshi ba rwiyemezamirimo bagwa mu kibazo nk’iki bakitwa ba bihemu *Minisitiri w’Intebe aherutse kuvuga ibisa n’ibi aho ba rwiyemezamirimo bakwa ruswa batayitanga ibintu bikadindira Niyirora Jeseph, rwiyemezamirimo utuye mu karere ka Nyamagabe yatsindiye isoko ryo kubaka […]Irambuye

Kirehe: Abaturage ngo ubuyobozi bukoresha amafrw mu bikorwa bidafite akamaro

Abaturage bo mu kagari ka Rugarama, Umurenge wa Mushikiri, mu Karere ka Kirehe barashinja ubuyobozi bw’akagari kabo kubahitiramo ibikorwa bitabafitiye akamaro kandi bukabikora mu mafaranga y’ubudehe ngo aho bayakoresha batabanje kubagisha inama. Ibi bije nyuma y’aho aba baturage bazaniwe amazi meza muri aka kagari gusa akaba yarapfuye atamaze kabiri, kugeza ubu impombo hamwe na hamwe […]Irambuye

en_USEnglish