Tags : MINALOC

Rusizi: Abahisemo kureka uburaya n’ubujura barasaba aho gukorera hazwi

* “Uwari Sawuli yahindutse Pawulo…” Abagabo batandatu bari mu gatsiko k’amabandi akomeye mu mujyi wa Rusizi n’abagore 12 bari mu buraya, bavuga ko bakijijwe izi ngeso, mu mirimo itandukanye ituma babaho buri munsi bavuga ko babangamirwa no kutagira aho bakorera hazwi  ngo n’abagerageje gukora amashyirahamwe ngo ubushobozi bwayo buraciriritse cyane. Habimana Lucie bazi cyane ku […]Irambuye

Gitwe: Abambuwe n’ikigo CAF Isonga, itariki yo kwishyurwa bahawe yararenze

Amezi amaze kuba atandatu abanyamuryango b’ikigo cy’imari CAF Isonga (Caisse des affaires Financieres Isonga) bambuwe amafaranga yabo, bitewe n’uko ikigo cyafunze imiryango, mu minsi ishize bakaba barijejwe ko bazishyurwa bitarenze tariki 5 Nzeri 2016 n’ubu baracyategereje, CAF Isongo aho ikorera haracyafunze. CAF Isonga ni ikigo cyo kubitsa no kuguriza cyemewe n’amategeko agenga ibigo by’imari mu […]Irambuye

Gisagara/Mukindo: Imbonerakure zihangayikishije abaturage bavuga ko zibashimuta

Abaturage batuye mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, cyane  abo mu tugari duhana imbibi n’u Burundi  nka Gatunda n’ahandi bavuga ko bahangayikishijwe no kuba iyo bamanutse bajya kwahira ubwatsi bw’amatungo mu gishanga, bahohoterwa n’Imbonerakure kuko ngo zibafata zikabajyana zikabakubita. Ikibazo cyo guhohoterwa n’Imbonerakure, zigizwe n’Urubyiruko rw’Ishyaka CNDD-Fdd riri ku butegetsi mu Burundi, ni […]Irambuye

Abadepite basubukuye ingendo bagirira mu tugari, gahunda izageza tariki 2/10/2016

Abadepite basubukuye gahunda yo gusura abaturage mu ngendo bagirira hirya no hino mu Turere tw’igihugu hagamijwe gukurikirana uburyo gahunda zigenewe abaturage zibafasha kwiteza imbere, uyu munsi hasuwe Intara y’Amajyaruguru, (7-12/09/2016), tariki ya 14-20/09/2016 bazasura Intara y’i Burasirazuba mu gihe tariki ya 24 – 25/09 na 1-2/10/2016 bazasura Umujyi wa Kigali. Ibiganiro Abadepite bagirana n’abaturage mu […]Irambuye

Kirehe: Bafunzwe bazira ko bataratanga “mutuelle de santé”

Mu murenge wa Kigina akarere ka Kirehe haravugwa ikibazo cya bamwe mu baturage bafungwa bazira ko babuze ubushobozi bwo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), bamwe muri aba baturage bafungiwe ku nzu yahoze ari ibiro by’umurenge wa Kigina bavuga ko bemeye gufungwa kubera ko atabona ayo mafaranga nyuma y’uko batangirwaga ayo mafaranga na […]Irambuye

Nyaruguru: Abimuwe ahazubakwa uruganda rw’icyayi bahawe inzu 100 bubakiwe

*Uwimuwe azahabwa inzu ifite agaciro ka miliyoni 10, *Abaturage bazahabwa ibikorwa remezo n’amatungo yo korora. Inzu 100 zubakiwe abaturage bimuwe ahazubakwa uruganda rw’icyayi n’ahazahingwa icyayi mu mirenge ya Munini na Mata mu karere ka Nyaruguru zashyikirijwe abaturage muri gahunda yo kubatuza no kubazamurira imibereho mu rwego rwo kutajya kure y’iterambere riza ribasanga. Buri nzu ifite […]Irambuye

Ngoma: Ndayambaje atewe ubwoba n’abantu bishe ingurube ze bazisanze mu

Mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma, mu Burasirazuba hari ikibazo cy’ubugizi bwa nabi bukorwa n’abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro bakajya kwica amatungo y’umuturage bayasanze mu kiraro, nyuma yo kuyica bakayasiga aho, abaturanyi baravuga ko ari ikimenyetso cy’uko na nyirayo bamwica, Ndayambaje byabaye iwe afite ubwoba. Ubuyobozi bw’ibanze muri uyu murenge wa Remera, buvuga ko amarondo […]Irambuye

Kaboneka arasaba abayobozi b’Inzego z’ibanze kurebera kuri Perezida Kagame

Mu nama y’inteko rusange y’umugi wa Kigali yahuje abayobozo bo mu nzego z’ibanze, kuri uyu wa 29 Kanama, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yasabye aba bayobozi gutega amatwi abo bayobora bagakemura ibibazo byabo nk’uko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda abigenza. Kaboneka yanasabye Njyanama kujya begera abaturage bakumva ibibazo bafite kugira ngo bishakirwe umuti mu maguru mashya. Ati […]Irambuye

Fumbwe: Abaturage basibuye umuhanda wa Km 2 mu muganda rusange

Mu muganda w’igihugu wa buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi, abaturage bo mu tugari tune tw’Umurenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana bakoze umuhanda wa Km 2 mu kagari ka Nyarubuye, Umuyobozi w’Akarere yabasabye kumenya ko Leta hari abo yacukije bagomba gutanga ubwisungane mu kwivuza bakabutangira igihe, kuko ngo kugenda nta mutuelle ni nko kwiyahura. […]Irambuye

Gicumbi: Abagore barerekana icyizere cy’iterambere mu imurikabikorwa

Kuri uyu wa gatatu tariki 17 Kanama 2016 mu karere ka Gicumbi hatangijwe imurikabikorwa ryerekana aho bageze bashaka iterambere rirambye, ribaye ku nshuro ya kane ryitabiriwe n’Abafatanyabikorwa b’Akarere batandukanye. Uruhare rw’Abafatanyabikorwa bakorera mu miryango itegamiye kuri Leta  rwagaragaye cyane mu guteza imbere Abagore bo mu cyaro, aho bigishwa imyuga itandukanye nko kuboha imyenda, uduseke, imitako […]Irambuye

en_USEnglish