Tags : MINALOC

Kamonyi: Mu mihigo yaje mu turere 3 tw’inyuma, irashaka gusubira

Nyuma y’aho akarere ka kamonyi kaziye ku mwanya wa 28 mu kwesa imihigo ya 2014/15, ku wa kane kakoze imenyekanisha bikorwa n’abafatanyabikorwa bako mu rwego rwo kwerekana bimwe mu byahigiwe kugerwaho aho bigeze, Kamonyi yabaga iya kabiri cyangwa iya gatatu mu mihigo irashaka kwisubiza imyanya yayo ubutaha. Abafatanyabikorwa b’aka karere barimo ADRA-Rwanda, CARSA Medicus/ CEFAPEK […]Irambuye

Nyarugenge: Abarangiza Kaminuza mu nzira yo guhugurirwa guhanga imirimo

Mu nama yahuje ubyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge n’abafatanyabikorwa kuri uyu wa 29 Nzeri 2015 bavuze ko ubushomeri bugenda bwiyongera cyane mu rubyiruko, bityo ko hagomba gushakwa ingamba bwagabanuka binyuze mu kurwigisha imyuga ndetse n’abarangije Kaminuza hakarebwa uburyo bwo kubongerera ubumenyi mu bijyanye no guhanga imirimo ku buryo muri uyu mwaka wa 2015-2016 abantu barenze ibihumbi […]Irambuye

Rulindo: ku “Kirenge cya Ruganzu” hatangiye kubyazwa amadovize

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) by’umwihariko kinafite mu nshingano iby’ubukerarugendo, cyatangije Ikigo cy’Ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka (Rulindo Cultural Center) kuri iki cyumweru tariki 27 Nzeri, iki kigo kitezwemo ubukerarugendo buzazamura abatuye akarere n’igihugu. Kuri iki kigo hazwi cyane nko ku kirenge cya Ruganzu. Rulindo Cultural Center, ni ikigo kigizwe n’inzu zirimo amateka ya kera […]Irambuye

Ngoma: Ubuyobozi burahigira umwanya wa mbere mu mihigo ya 2015/16

Kuwa 25 Nzeri 2015, mu karere ka Ngoma mu Ntara y’Uburasirazuba hateraniye inama mpuzabikorwa y’akarere igamije kurebera hamwe ibyagezweho mu kwesa imihigo y’umwaka ushize wa 2014/2015 hanasinywa imihigo mishya ya 2015/16. Muri iki gikorwa ubuyobozi bw’intara bwibukije abayobozi b’imidugudu ko aribo iyi mihigo igomba gushingiraho by’umwihariko bakaba basabwe kuzajya baza muri iki gikorwa bazanye ibyifuzo […]Irambuye

Mu muganda Urubyiruko rwagaragaje inyota yo kubaka igihugu

*Bamwe mu rubyiruko bemereye bagenzi babo ko bazabagabanyiriza igiciro cyo kubigisha gutwara imodoka *United Driving School yemereye igare umwe mu rubyiruko washaka uburyo yabona ubwisungane mu kwivuza, *STRAMORWA yemereye abanyonga amagare bazabona ibyangombwa kubaha moto, *Urubyiruko rwasabwe kuba imboni y’umutekano no kwibutsa abantu gutanga ubwisungane Mu muganda w’igihugu wahuje urubyiruko rwibumbiye mu makoperative akora imirimo […]Irambuye

Rubavu: ubuyobozi bwasabwe gucika ku gupingana no kutumvikana

Mu mwiherero w’Inama Njyanama igizwe n’abayobozi b’Akarere ka Rubavu wabaye muri week end ishize, Fred Mufuruke umuyobozi mukuru ushinzwe imiyoborere muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabye abayobozi b’Akarere ka Rubavu kureka guhangana no kutumvikana mu kazi kuko ngo bidindiza iterambere ry’Akarere. Gupingana, kutumvikana mu kazi, abayobozi gutonesha abakozi bamwe, guhora mu matiku ngo ni bimwe mu […]Irambuye

Bugesera: Imiryango 62 yimuwe ahazubakwa ikibuga cy’indege yahawe inzu n’inka

Bugesera – Inzu ifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 6 437 218 kuri buri muryango n’inka imwe (ifite amaraso avanze) yo korora, byaherekejwe n’ibiryo byo kubafasha mu gihe cy’ukwezi. Igikorwa cyo kubashyikiriza izi nzu cyayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza, Alvera Mukabaramba. Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16 […]Irambuye

Kayonza: ‘Mayor’ yijeje abaturage ko mu kwesa imihigo bazaba abambere

Kuri uyu wa 15 Nzeri 2015, mu karere ka Kayonza mu Ntara y’Uburasirazuba, mu gikorwa cyahuje komite mpuzabikorwa y’akarere hagamijwe kurebera hamwe itarambere ryako, hasinywe imihigo hagati y’inzego zitandukanye, iza Leta n’iz’Abikorera. Iyi mihigo yasinyiwe imbere y’umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John. Uyu muyobozi yavuze ko nubwo ubushize akarere kaje mu myamya y’inyuma, ngo ubu […]Irambuye

Umutungo ndangamuco ugiye kujya ucungwa n’umuturage ubereye mu isambu

*Itegeko nirimara kujyaho hazabaho kubaruza iyo mitungo *Leta ntizabyivangamo ahubwo amategeko azagena icyo umuturage winjije azajya aha Leta *Umuturage udafite ubushobozi bwo gucunga uwo mutungo ndangamuco ashobora gufatanya n’abandi Inteko shingamategeko umutwe w’abadepite n’itsinda ry’abaturutse muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, kuri uyu wa 9/9/2015, batangiye gusuzuma umushinga w’itegeko rigenga imicungire y’umutungo ndangamuco, iryo tegeko ngo […]Irambuye

Ubuzima bwa Nkundimana wakomerekejwe bikomeye n’imvubu bugeze ahakomeye

*Imvubu yamufashe yagiye kuvoma mu kiyaga, ishaka kumushwanyaguza atabarwa agihumeka, *CHUK, yahamaze amezi atatu avurwa, arasezererwa bamuha ‘rendez-vous’ ebyiri zitubahirijwe, etegereje iya gatatu, *Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100, yahawe n’Ikigega cy’Ingoboka yarashize, ararahanze muri CHUK, agatungwa n’abagiraneza Nkundimana Gratien ukomoka mu Karere ka Nyagatare, umurenge wa Karangazi, Akagari ka Nkoma aratabaza Leta kugira ngo imwiteho […]Irambuye

en_USEnglish