APR FC yanganyije na Police 1-1, Bugesera yo itsinda Espoir

Update: Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Nzeri, Mukura Victory Sports yatsinze 2-1 Rwamagana City, Kiyovu itsinda 2-0 Amagaju FC  naho Rayon Sports yanganyije 0-0 na Etencelles. Mu mikino y’umunsi wa gatatu wa Shampiyona y’ikiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru “AZAM Rwanda Premier League” APR FC yanganyije igitego 1-1, naho Bugesera FC itsindira Espoir i […]Irambuye

Ubudage: Ubutabera bugiye gukatira Ignace Murwanashyaka na Straton Musoni

Ubutabera bwo mu Budage buzatanga imyanzuro ku rubanza rw’Abanyarwanda Ignace Murwanashyaka na Straton Musoni bakurikiranyweho ibyaha byibasiye inyoko muntu n’ibyaha by’intambara bakekwaho ko bakoreye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Imyanzuro ku rubanza rwa Ignace Murwanashyaka na Straton Musoni rwari rumaze hafi imyaka ine ruburanishwa itegerejwe muri DRC aho bakoreye ibyaha, ndetse […]Irambuye

Kenya:Urukiko rwategetse abalimu guhagarika imyigaragambyo bagasubira mu kazi

Kuri uyu wa gatanu, urukiko rwo muri Kenya rwanzuye ko Abalimu bo muri icyo gihugu bagomba guhagarika imyigaragambyo bari bamazemo ukwezi basaba ko bakongererwa imishahara, ndetse rubategeka guhita basubira mu kazi. Umucamanza mu rukiko rw’abakozi abakozi Nelson Abuodha yategetse ko abalimu bahagarika imyigaragambyo mu gihe cy’amezi atatu. Yasabye ko abalimu na Guverinoma gushyiraho Komite bahuriyehomo […]Irambuye

Igihembwe cya 2: Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare cyasohoye imibare igaragaza ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 7%, mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka biturutse ahanini ku rwego rwa Serivise rwazamutse cyane. Urwego rw’inganda rwazamutse ku gipimo cy’10%, urw’ubuhinzi rwazamutse 5% n’urwa Serivise rwazamutse ku gipimo cya 6%, nibyo bikomeje gutuma umusaruro rusange w’igihugu ujya ejuru, ari nawo […]Irambuye

Muhanga: Abacuruzi b’inyama bahagaritse imirimo kubera imisoro

Ikibazo cy’ibura ry’inyama mu Mujyi wa Muhanga, kibaye nyuma y’uko hari hamaze iminsi hari ubwumvikane buke hagati ya rwiyemezamirimo watsindiye ibagiro rya Misizi, Ababazi n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ngo biturutse biturutse byo Akarere katubahirije mu masezerano kagiranye na rwiyemezamirimo. Hashize imyaka ibiri ‘LIVAGI’ itsindiye isoko ry’ibagiro rya Misizi riherereye mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere […]Irambuye

“Ijwi Ryawe” application izafasha mu gutanga amakuru ku mitangire ya

Kuri uyu wa gatatu ishami ry’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) rishinzwe kunoza Serivise mu mushinga waryo ‘Na yombi’, ku bufatanye n’ikigo ‘Pivot access LTD’ bamuritse Porogaramu (application) ya Telefone bise Ijwi ryawe (Your Voice), Izajya ikoreshwa mu gutanga amakuru n’ibitekerezo kuri Serivise mu Rwanda. Iyi ‘application’ izajya ikoreshwa n’umukiliya, anenga, ashima cyangwa ajya inama kuri […]Irambuye

Cassa Mbungo Andre ntiyishimiye ubwinshi bw’abanyamahanga muri Shampiyona

Umutoza wa Police FC ubu iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’ikiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru “AZAM Rwanda Premier League” nyuma yo gutsinda Bugesera FC 3-0 asanga Shampiyona y’uyu mwaka ishobora kutaryoha nk’iy’umwaka ushize kubera umubare munini w’abanyamahanga bari muri Shampiyona y’uyu mwaka. Ibitego bya Police FC byatsinzwe na Jacques Tuyisenge, Hegman Ngomirakiza, na Danny Usengimana. Nyuma […]Irambuye

Mariya Yohana, Jay Polly, Urban Boys, Umutare Gabby,…mu gusubiramo ‘INTSINZI’

Indirimbo ‘Intsinzi’ yakunzwe n’Abanyarwanda batari bacye ndetse ikunze kuririmbwa mu mihango itandukanye mu Rwanda irimo gusubirwamo, kuri iyi nshuro izumvikanamo Mariya Yohana na Gihana Patrick bahoze mu itorero Indahemuka ryayikoze, Umuraperi Jay Polly, Urban Boys, Umutare Gabby, Uncle Austin, n’itsinda rigizwe na Charlie na Nina. Intsinzi yasohotse bwa mbere mu mwaka w’1993, ni imwe mu […]Irambuye

MINEDUC yasohoye ingengabihe y’ibizamini bya Leta

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) binyuze mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi (REB) yasohoye gahunda n’ingengabihe bizakurikizwa mu bizamini bya Leta by’umwaka wa 2015, kuva mu mashuri abanza, kugera mu byiciro byombi by’amashuri yisumbuye yose, arimo n’ay’imyuga. Mu mashuri abanza, ibizamini bizatangira kuwa kabiri tariki 03 Ugushyingo, bisozwe tariki 05 Ugushyingo. Abanyeshuri bakazatangirira ku kizamini cy’imibare. […]Irambuye

en_USEnglish