Monique Mukaruliza niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Nyamirambo – Monique Mukaruliza wabaye Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, kuri uyu wa mbere yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali n’amajwi 182 ku bantu 200 batoraga. Mbere yo gutora, Dr Theobald Hategekimana, umuyobozi wa CHUK nawe wiyamamarizaga uyu mwanya yakuyemo candidature ye, maze asaba abari bamushyigikiye gutora Monique Mukaruliza. Monique Mukaruliza yasigaye yahanganye na […]Irambuye

T.I-Rwanda yishimiye ko abakekwaho ruswa muri Siporo y’u Rwanda barimo

Ikigo mpuzamahanga gishizwe kurwanya ruswa n’akarengane “Transparency Internatinal-Rwanda” kinejejwe n’uko ubutabera bw’u Rwanda bwatangiye gucukumbura ukuri kuri ruswa ivugwa muri Siporo y’u Rwanda. Imikino, by’umwihariko umupira w’amaguru ni igice kidakunze kugenzurwa cyane n’ubutabera busanzwe, na za Guverinoma, ari nayo mpamvu bivugwa ko ruhago ku Isi ari indiri y’abaryi ba ruswa, kuko badakurikiranwa. Mu Rwanda, naho […]Irambuye

Izindi mpapuro mvunjwafaranga zizashyirwa ku isoko ry’imari n’imigabane ejo

Mu cyumweru gishize, Leta y’u Rwanda yacuruje impapuro z’agaciro mvunjwafaranga (Treasury Bonds) za Miliyari 15 mu gihe cy’imyaka itanu, zi mpapuro zikaba zizandikwa ku isoko ry’imari n’imigabane ku wa kabiri w’iki cyumweru. Itangazo rya Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) riravuga ko abifuje kuguriza Leta binyuze mu kugura ziriya mpapuro bazamutse bakagera ku kigero cya 226.12%. Nyuma […]Irambuye

Karongi: Abahinzi b’icyayi bemerewe inguzanyo amaso ahera mu kirere

Abahinzi b’icyayi bo mu Rugabano, mu Murenge wa Rugabano, mu Karere ka Karongi baravuga ko babona icyayi bahinze kigiye kubapfira ubusa kuko batagishoboye kucyitaho nyamara ngo bari baremerewe inkunga yo kugikorera, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere. Imirima ihinzemo iki cyayi Umunyamakuru w’UM– USEKE yagezeho yamaze kurengerwa n’ikigunda. Bamwe mu bahinzi twaganiriye bavuga ko bicuza […]Irambuye

Rwezamenyo: Ubujura, urumogi na Mugo bihangayikishije abaturage

Nyuma y’umuganda rusange, abatuye Umudugudu wa Mumararungu, mu Kagaari ka Kabogora ya I, mu Murenge wa Rwezamenyo, Akarere ka Nyarugenge ngo bahangayikijwe n’ikibazo cy’ubujura bukorwa amanywa n’ijoro, n’ibiyobyabwenge birimo urumogi na Mugo. Kuri uyu wa gatandatu, mu gihugu hose abaturage babyukiye mu muganda rusange ngaruka kwezi uba kuwa gatandu wa nyuma wa buri kwezi. Nyuma […]Irambuye

Biryogo: Abaturage basanga buri wese amenye agaciro k’Umuganda ntawakwigira ntibindeba

*Agace ka Biryogo gafatwa nk’umwihariko w’Umujyi wa Kigali kubera ubuzima n’ibihakorerwa; *Benshi mu bahatuye ntibagenderaku myumvire ya bamwe mu banyamujyi bumva ko batakora umuganda; *Ubwitabire muri byose, ngo nta kiza butabagezaho. Ku bwitabire bwinshi, kuri uyu wa gatandatu abaturage bo mu midugudu ya Biryogo; Nyiranuma na Gabiro, mu Kagari ka Biryogo, Umurenge wa Nyarugenge bazindukiye […]Irambuye

Uburyo rukumbi bwakura Rayon Sports mu kuzimu imazemo igihe

Nyuma yo gusezera k’umutoza Yvan Minnaert watozaga Rayon Sports, ndetse na we akagenda avuze ko agiye biturutse ku bunyangamugayo buke mu bayobora ikipe, ubu Abanyarwanda benshi by’umwihariko abafana ba Rayon Sports baribaza uko ikipe yabo izajya ku murongo bakava mu kavuyo bamazemo igihe. Ubu Rayon Sports nk’izina, ifite ikipe y’umupira w’amaguru n’iya Volleyball zombi zikunzwe […]Irambuye

Gitwe: Abasoje Kaminuza basabwe guteza imbere igihugu mu bumenyi bahawe

Kuri uyu wa gatanu, Kaminuza ya Gitwe yatanze impamyabumenyi ku nshuro yayo ya kane, urubyiruko 291 rwasoje amasomo rwasabwe kuzerekana ubumenyi bwahawe mu guteza imbere igihugu. Abahawe impamyabumenyi ni abasoje amasomo mu mashami y’igiforomo, ubumenya-muntu, ikoranabuhanga n’icungamutungo. Niyonsaba Lamberet, wavuze mu izina rya bagenzi be basoje amasomo yashimye uburere, discipline na kirazira bahawe na Kaminuza […]Irambuye

Abakozi ba Airtel-Rwanda mu kumenyekanisha ibicuruzwa byabo mu baturage

Kuri uyu wa gatanu, abakozi b’ikigo cy’itumanaho ‘Airtel-Rwanda’ basoje gahunda yo kuzenguruka mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali basobanura ibyo bakora, Serivise n’ibicuruzwa batanga. Ni nyuma y’uko ngo abafatabuguzi benshi bakomeje gusaba ibisobanuro ku bicuruzwa na Serivise Airtel itanga. Ikipe z’abakozi ba Airtel zageze mu bice nka Nyabugogo, Nyamirambo no mu Mujyi rwagati, basobanura ibicuruzwa […]Irambuye

Amateka araha APR FC amahirwe imbere ya Mbabane Swallows

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare 2016, APR FC irakina na Mbabane Swallows mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League uzabera kuri Stade ya Kigali. Amateka ya APR FC muri iri rushanwa arayiha amahirwe kurusha iyo bahanganye? Amateka agaragaza ko mu mikino y’ijonjora ry’ibanze APR FC iba ifite ibyago byo gusezererwa ku […]Irambuye

en_USEnglish