Rusizi: 17 bagurishijwe inka z’inzungu zituzuye bamaze imyaka 6 basaba

Mu myaka ya za…, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ku bufatanye n’Akarere ka Rusizi bakanguriye abaturage bo mu Mirenge ya Nzahaha, Rwimbogo na Gashonga gukorana na Banki y’Abaturage kugira ngo ibagurire inka zifite amaraso y’inzungu 100% bakazishyura buhoro buhoro, bagiye kubaha inka bazana izifite amaraso y’inzungu kuri 25%, none hari bamwe bavuga ko bishyuye amafaranga y’ikirenga. Iyi […]Irambuye

Abakozi ba Topsec Investments Ltd bizihije umunsi w’abakozi

Ku itariki ya 01 Gicurasi, Ikigo gicunga umutekano by’umwuga ‘Topsec Investments Ltd’ cyifatanyije n’u Rwanda n’Isi muri rusange kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abakozi. Muri uyu muhango, Umuyobozi mukuru (General Manager) Kashemeza R.Robert yashimiye abayobozi b’abakozi bazwi nka ‘supervisors’ na ‘team leaders’ ku kazi keza bakora n’ubwitange bagaragaza ku murimo wa buri munsi. Yagize ati “Gukora twishyize […]Irambuye

Ngoma: Imiryango 11 yarokotse Jenoside irasaba gusanirwa inzu zitarabagwaho

Bamwe mu batuye mu mudugudu w’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wubatse mu Kagari ka Kinyonzo, Umurenge wa Kazo, Akarere ka Ngoma baratabaza Leta kuko ngo inzu bubakiwe nyumaho gato ya Jenoside zenda kubagwaho. Ubwo UM– USEKE wasuraga uyu mudugudu, umukecuru w’imyaka 83 witwa Mukanksu Concilia yatugaragarije ukuntu amazi atembera mu nzu abamo anyuze mu mabati yangiritse. […]Irambuye

Kigali: Kubona uruhushya rwo kubaka inzu byavuye ku minsi 365

Mu rwego rwo korohereza ishoramari mu byerekeranye no kubaka mu Mujyi wa Kigali, amavugurura yakozwe kuva mu mwaka wa 2013-2015 yatumye iminsi umuntu yamaraga yiruka mu nzego zinyuranye asaba icyangombwa cyo kubaka iva ku minsi isaga 365, igera ku minsi irindwi gusa kandi bigakorerwa kuri internet gusa. Inzego zitanga ibyangombwa byo kubaka ziri mu nzego […]Irambuye

Gicumbi: Yize umwuga akorera ubuntu none ubu nawe yatangiye gukoresha

Umusore Karangwa Jean Luck ukorera umwuga w’ubucuzi mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Byumba, mu Kagari ka Gisuna yishimira ko nyuma yo gukorera abandi igihe kinini adahembwa kugira ngo yige umwuga, ubu nawe asigaye yarahaye akazi abandi. Karangwa Jean Luck, umwe mu basore batangiye imyuga babikesheje gukunda umurimo, avuga ko yatangiye ubucuzi akorera abandi, ndetse […]Irambuye

Leta mu biganiro n’inganda hagamijwe gukemura ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda

Kuri uyu wa 03 Gicurusi, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yatangiye ibiganiro bizakomeza n’inganda zo mu Rwanda hagamijwe gushakira umuti ikibazo cy’ireme n’ibiciro by’ibikorerwa mu Rwanda bikomeje kuba imbogamizi ku isoko. Mu biganiro byo kuri uyu wa kabiri, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yeretse inganda abafatanyabikorwa babiri barimo ikigo kizafasha inganda kumenyesha Abaturarwanda ibyo zikora, ndetse n’ikigo “ACUALINE […]Irambuye

Muhanga: Ikusanyirizo ry’amata bahawe rimaze imyaka 7 ridakora

Abatuye umujyi wa Muhanga baravuga ko bamaze igihe kinini bagerwaho n’ingaruka zishingiye ku kuba ikusanyirizo ry’amata riherereye mu Murenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga bari bahawe ryarafunze nyuma y’amezi atatu gusa ritangiye gukora mu mwaka wa 2009. Iri kusanyirizo rifite ibikoresho bipima amata, nyuma y’amezi atatu rikora neza Koperative y’aborozi “COEPROMU” yari irifite mu nshingano […]Irambuye

Kwibuka22: Urugaga rw’Abavoka rwasuye urwibutso rwa Bisesero

Ku rwibutso rwa Bisesero rushyinguyemo abarenga ibihumbi 50, ruherereye mu Murenge wa Rwankuba, Akarere ka Karongi, Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwavuze ko kutubahiriza amategeko ndetse n’umuco wo kudahana byaranze abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi aribyo byatumye bagera ku ntego yabo. MUKANDORI Dancila uhagarariye imiryango y’Abavoka yabuze abayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavuze ko mbere ya […]Irambuye

2016-2019 ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza guhura n’ingorane – Min.Gatete

*Guverinoma yagaragarije Inteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’imyaka 3; *Igabanuka ry’ibiciro ku masoko mpuzamahanga bikomeje kugira ingaruka ku bukungu bw’u Rwanda; *Guverinoma yashyizeho ingamba zigamije guhangana n’iki kibazo ariko umusaruro wazo ushobora gutinda; *U Rwanda rwatangiye gusaba IMF ikigega cy’ingoboka. Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Amb. Claver Gatete mu kugaragariza Inteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari […]Irambuye

Umuganga wafatanywe ibyangombwa by’ibihimbano ngo yabifashijwemo n’umukozi muri MINEDUC

Nyamasheke – Kuri uyu wa gatanu, Umuganga mu bitaro bya Bushenge witwa Kabalisa Kalisa watawe muri yombi akekwaho kwinjira mu kazi akoresheje ibyangobwa by’ibihimbano, ngo yabibone abifashijwemo n’umukozi muri MINEDUC. Kalisa warangije amasomo y’ubuganga mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ngo yakoresheje ‘Equivalence (icyangombwa abantu bize ubuganga n’ubuforomo mu mahanga basabwa […]Irambuye

en_USEnglish