Itegeko ryavuzweho cyane ry’imicungire y’umutungo w’abashakanye RYASOHOTSE

Mu mwaka ushize ubwo Abadepite basesenguraga umushinga w’iri tegeko habaye impaka nyinshi, ndetse Abanayarwanda bagenda batanga ibitekerezo ku mushinga w’iri tegeko, nyuma ryaje kwemezwa ubu rikaba ryanasohotse mu kinyamakuru cya Leta (Igazeti) cyo kuwa 01/08/2016. Igazeti ivuga ko iri ari Itegeko Nº27/2016 ryo ku wa 08/07/2016 rigomba kugenderwaho hagenwa imicungire y’umutungo w’abashyingiranywe, impano zitanzwe cyangwa […]Irambuye

Emery Bayisenge yabonye Visa, agiye gukina muri Maroc

Emery Bayisenge  myugariro wa APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze kubona ibyangombwa bimwemerera kujya gukina muri KAC Kenitra yo muri Maroc. Mu ijoro ryakeye nibwo Emery Bayisenge yavuye muri Kenya aho yari yagiye gushaka ibyangombwa bimwemerera kujya gukorera muri Maroc. Nyuma y’igikombe cya Afurika gihuza abakina imbere mu bihugu byabo, CHAN2016 yabereye mu Rwanda, nibwo […]Irambuye

Indege ya Emirates ikoze impanuka ku kibuga cy’indege i Dubai

Kuri uyu wa gatatu saa 12.45 z’amanywa ku masaha y’i Dubai indege ya kompanyi ya Emirates yari ivuye mu buhinde yasandariye ku kibuga cy’indege mpzamahanga cya Dubai iri kugerageza kugwa bisanzwe. Iyi ndege yari itwaye abagenzi 275 iturutse ku kibuga cy’indege cya Thiruvananthapuram mu Buhinde. Imaze kugera hasi yasandaye ifatwa n’inkongi umwotsi ugaragara hose mu […]Irambuye

MVP w’i Burundi yasinyiye Rayon ariko ashobora kutagaruka mu Rwanda

Rayon sports yasinyishije imbanzirizamasezerano umukinnyi wo hagati wa Vital’O FC, Shasir Nahimana. Ariko nkuko amakuru agera ku Umuseke abyemeza, uyu musore ashobora kutagaruka mu Rwanda. Vital’O yemeza ko hari amakipe abiri yo mu Rwanda amushaka. Tariki 24 Nyakanga 2016, nibwo Rayon sports yumvikanye n’umurundi ukina hagati mu ikipe y’igihugu Intamba mu rugamba, Shasir Nahimana ukinira […]Irambuye

Umuhungu wa John Garang wari Minisitiri yirukanwe muri ‘Cabinet’

Mabior Garang de Mabior umuhungu w’uwahoze aharanira ubwigenge bwa Sudani y’Epfo John Garang de Mabior, yaraye yirukanywe kuri Minisiteri y’amazi n’umutungo kamere yari abereye umuyobozi, ni mu ivugurura rishya ryakozwe na Perezida Salva Kiir. Itangazo ry’iri vugurura ryasomwe kuri Televiziyo y’igihugu cya Sudani y’Epfo mu ijoro ryakeye. Mabior Garang muri iki cyumweru yari yatangaje ko […]Irambuye

Mu myaka 6 hubatswe imiyoboro ya 2 167Km iha abaturage

Abwira Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibikorwa bya Geverinoma (2010 – 2017) bijyanye n’Amazi n’Isukura, Minisitiri w’Intebe yavuze ko kugeza ubu imbogamizi zigihari mu kwihaza ku mazi meza mu gihugu harimo ikibazo cy’ingengo y’imari idahagije, imiyoboro y’amazi ishaje, abaturage bagifite imyumvire iri hasi. Ibi bigatuma amazi aba macye, ahenda cyangwa akoreshwa nabi. Nko mu mujyi […]Irambuye

Ingabo za Uganda mu butumwa muri Somalia zaburanishijwe ku kwiba

Abasirikare 17 ba Uganda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Somalia (AMISOM) uyu munsi batangiye kuburanishwa n’inteko y’urukiko rwa gisirikare rwa Uganda yagiye i Mogadishu kubaburanisha ku cyaha cyo kwiba. Aba bafashwe mu kwezi kwa karindwi barafungwa baregwa ubujura nk’uko bivugwa na BBC. Aba basirikare barimo abakuru (senior officers) batatu barashinjwa kwiba […]Irambuye

Muhanga: Hatangijwe Ivuriro rikoresha umuti umwe ku indwara 36

Ivuliro Amazing  Health  Recovery House  riherereye  mu mujyi wa Muhanga mu murenge wa Nyamabuye, abirikoramo bavuga ko bakoresha umuti umwe ku ndwara 36, umurwayi ngo ahabwa  ingano y’umuti bitewe n’ibiro bye ndetse n’ubukana indwara yanduye ifite. Ni ubwa mbere mu Rwanda haje Ivuliro arikoresha  umuti umwe ushobora kuvura indwara  36 abarwayi bafite hakoreshejwe ibitonyanga  abaforomo […]Irambuye

Ruhango: Akarere kahaye umuntu isoko nta piganwa

Bamwe mu bakozi bakorera  Sosiyete ya Ngali Holdings Ltd mu Karere ka Ruhango batangaza ko babangamiwe na rwiyemezamirimo wahawe isoko n’Akarere ka Ruhango kahaye amasezerano bitanyuze mu ipiganwa, ibi ngo biratuma habaho kugongana mu gihe cyo gukusanya imisoro y’Akarere. Hashize umwaka Sosiyete yigenga ya Ngali Holdings Ltd igiranye amasezerano n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro(RRA)  yo […]Irambuye

en_USEnglish