Tags : USA

Tanzania: Magufuli wa CCM ari imbere mu majwi y’uduce 3

Mu gihe amatsiko akiri menshi ku uzasimbura Perezida ucyuye igihe muri Tanzania, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje by’agateganyo amajwi yo mu duce dutatu (Jimbo), Umukandida John Pombe Magufuli ayoboye abandi ahanganye n’umukandida w’amashyaka atavuga rumwe na Leta yishyize hamwe Prof Edward Lowassa. Umuyobozi wa Komisiyo y’Amatora, Umunyamategeko Damian Lubuva yavuze ko uduce twamaze kumenyekana ibyavuye mu […]Irambuye

Syria: Mu ibanga rikomeye Perezida Assad yasuye U Burusiya

Bashar al-Assad Perezida wa Syria yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Moscou, uru nirwo ruzinduko rwa mbere agiriye hanze y’igihugu cye kuva intambara igamije kumuhirika yakwaduka mu gihugu cye mu 2011. Muri uru ruzinduko rutunguranye, Assad yaganiriye na Perezida w’U Burusiya Vladimir Putin. U Burusiya bwatangiye kurasa n’indege inyeshyamba za Islamic State (IS) zirwanya ubutegesti bwa […]Irambuye

Twahirwa wakatiwe igihano cy’Urupfu kikavanwaho, yashinjuwe nk’ “uwabeshyewe”

*Abamushinjuye ni abagororwa bakatiwe n’inkiko kubera ibyaha bakoze muri Jenoside, *Twahirwa yabaye Bourgmestre wa Sake, abaharokokeye bamushinja uruhare muri Jenoside, *Umutangabuhamya Habinshuti wamushinje mbere ko bakoranye ibyaha muri Jenoside, noone yavuze ko yabwirizwaga ibyo avuga, *Habinshuti yasabye Imana n’Ubutabera imbabazi ngo kuko ibyo yabeshye byatumye Twahirwa ishinjwa ibyaha ‘atakoze’. Kuri uyu wa gatanu tariki ya […]Irambuye

Afghanistan: Ingabo za Amerika zarashe ibitaro abaganga 9 barapfa

Umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF) wamaganye bikomeye igitero cy’indege cyagabwe ku bitaro by’uyu muryango ahitwa Kunduz muri Afghanistan. Medecins Sans Frontieres (MSF) yatangaje ko abaganga 9 bishwe muri icyo gitero, abandi bantu benshi barimo abarwayi n’abarwaza ntiharamenyekana umubare w’abapfuye. Iki gitero cy’indege cyamaze iminota 30 kandi ubuyobozi bw’ingabo za Amerika n’iza Afghanistan zafatanyije muri icyo […]Irambuye

Ubusesenguzi: U Burusiya na USA bishobora gukozanyaho muri Syria

Ba Minisitiri b’ingabo muri Leta zunze Ubumwe za America n’uw’U Burusiya barahura mu biganiro by’imbona nk’ubone “bidatinze bishoboka” kugira ngo hirindwe koi bi bihugu byombi byasakirana mu gihugu cya Syria, nk’uko umwe mu badiplomate yabitangarije BBC. U Burusiya bwatangaje ko bwarashe misile 20 ku nyeshyamba buvuga ko ari iza ‘Islamic State’ (IS) kuri uyu wa […]Irambuye

U Burusiya bwamenyesheje Amerika ko bwatangiye kurasa kuri IS muri

Uburusiya bwatangaje ko indeje zabwo z’intambara zatangiye kurasa ku barwanya b’umutwe wa Leta ya kisilam (Islamic State, IS) urwanya ubutegetsi buriho muri Syria. Nkuko byatangajwe na Minisiteri y’ingabo indege zigomba kurasa ku hantu hose hari ibirindiro by’uyu mutwe, ku mamadoka yawo ndetse no ku bubiko bw’intwaro n’ibikoresho n’inzira z’itumanaho ryabo. Ngo ibyo bitero byatangiye kugabwa […]Irambuye

Kigali: Polisi yasubije ibikoresho byibwe benebyo

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Nzeri ku cyicaro cya Polisi ya Remera, habayeho gusubiza abaturage ibikoresho byafashwe byaribwe, birimo za televiziyo, mudasobwo (laptops), n’amatelefone. Umuvugizi wa polisi y’igihugu CSP Celestin Twahirwa yavuze ko Polisi y’igihugu yakajije umurego ndetse ishyiramo n’imbaraga zo guhangana n’abakora ibyaha aho bava bakagera. Yaburiye abakora ibyo bikorwa ko bashatse […]Irambuye

Rulindo: ku “Kirenge cya Ruganzu” hatangiye kubyazwa amadovize

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) by’umwihariko kinafite mu nshingano iby’ubukerarugendo, cyatangije Ikigo cy’Ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka (Rulindo Cultural Center) kuri iki cyumweru tariki 27 Nzeri, iki kigo kitezwemo ubukerarugendo buzazamura abatuye akarere n’igihugu. Kuri iki kigo hazwi cyane nko ku kirenge cya Ruganzu. Rulindo Cultural Center, ni ikigo kigizwe n’inzu zirimo amateka ya kera […]Irambuye

Ubukungu bwazamutse ku muvuduko wa 7,6% mu gihembwe cya mbere

Ubwo hasokaga raporo igaragaza uko politiki y’ifaranga ihagaze mu Rwanda, Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku muvuduko wa 7,6% mu gihembwe cya mbere cya 2015, ngo ikizere kirahari ko buzakomeza kuzamuka ku muvuduko wari uteganyijwe. Icyegeranyo gikubiyemo uko politiki y’ifaranga ihagaze mu Rwanda ndetse n’uko ubukungu bw’Isi […]Irambuye

USA: Trump uhatanira gusimbura Obama ntakozwa iby’abimukira muri America

Donald Trump yaraye atangaje ko abinjira muri Amaerika rwihishwa (migrants clandestins) bagomba kugenda, gusa na we avuka ku babyeyi binjiye muri icyo gihugu muri ubwo buryo. Aatangaza imigambi ye ku bijyanye n’ibyo azakora ku bantu b’abimukira bagana muri Amerika buri mwaka, Trump yavuze ko miliyoni na miliyoni z’abo baba muri America rwihishwa bagomba guhambira. Donald […]Irambuye

en_USEnglish