Tags : Kigali

Kutitaba Inteko kwa Min.w’Intebe byateje impaka mu badepite

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 22 Nyakanga, Minisitiri w’Intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yari yatumiwe mu Nteko Ishinga Amategeko, guha ibisobanuro mu magambo inteko rusange y’umutwe w’Abadepite ku byerekeranye no kwimura abaturage ku nyungu rusange bikunze guteza impaka cyane ariko ku munota wa nyuma Minisitiri w’Intebe ntiyaboneka. Byateje impaka mu nteko ndetse […]Irambuye

Umuhanzikazi Khadja Nin ari i Kigali

Khadja Nin icyamamare muri muzika yageze i Kigali mu ruzinduko bwite n’umuryango we nk’uko bamwe mu nshuti ze babitangarije Umuseke. Uyu muhanzikazi yagaragaye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi kuri uyu wa 21 Nyakanga we na bamwe mubo mu muryango we baje kureba amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Khadja Nin ubu w’imyaka 55 […]Irambuye

Imbabura za rondereza zikorerwa muri America ziri ku isoko mu

Nkurunziza Nicolas, umucuruzi  wumunyarwanda  yashyize ku isoko imbabura za rondereza zo mu bwoko bwa Envirofit zigezweho zikorerwa muri Amerika, yemeza ko zifite itandukaniro rikomeye n’izo Abanyarwanda bamenyereye gukoresha cyane ko zifite umwihariko wazo wo kugabanya ‘consummation’ y’ibicanwa kuri 60% kandi zikaba zishobora kumara imyaka icumi zikora. Izi mbabura zifite umwihariko wo kubungabunga ibidukikije zigabanya itemwa […]Irambuye

Jean Losciuto uje gutoza Rayon yageze mu Rwanda

Kanombe – Jean François Losciuto ageze i Kigali kuri uyu wa 19 Nyakanga hafi saa tatu z’ijoro, yaje kwakirwa n’abayobozi ba Rayon Sports n’abafana benshi ba Rayon Sports bambaye ubururu n’umweru. Akigera mu Rwanda yabwiye abanyamakuru ko nubwo yari asanzwe aziko Rayon Sports ifite abafana benshi ariko bimutunguye cyane uburyo baje kumwakira ari benshi cyane akigera […]Irambuye

Menya Intambara ya Mbere y’Isi mu Rwanda n’ingaruka zayo

*Uko intumwa y’abadage yafungiwe i Uvira ikaba imbarutso *Abadage birukana Ababiligi bagafata ibiyaga byose bya Kivu na Tanganyika *Intambara yatangiye Resida Richard Kandt ari muri Konje abura uko agaruka yarasigariweho na Captaine Witgens abanyarwanda bitaga Tembasi *Intambara ikaze ku rugeroro rwa Gisenyi, abadage bubaka indaki ku musozi wa Rubavu *Intambara zikomeye ku Gisenyi no mu […]Irambuye

Kigali nziza na Kigali yindi !!

Kigali ni nziza! Isuku, amazu mashya maremare kandi meza, quartier zigezweho, imihanda mishya itatse amatara, ubusitani ku mihanda… ni bimwe mu byiza ubona iyo utembere umujyi wa Kigali wigendagendera ‘inyuma’. Uramutse uvuye Kampala, Abidjan cyangwa Kinshasa wakwikundira i Kigali aho uhumeka neza. Ariko iyo winjiye imbere muri za quartier za rubanda rusanzwe uhasanga indi Kigali […]Irambuye

Amaze imyaka 20 ashakisha abana be 3 yabuze irengero ryabo

Mukamulindwa  Béatrice  utuye mu gihugu cy’Ububiligi  avuga ko  yasigiye  musaza we wari mu cyahoze ari Komini Ntyazo  ubu ni mu Karere ka Nyanza abana be batatu  mbere ya jenoside yakorewe abatutsi 1994,  agarutse mu Rwanda bakamubwira ko  bashobora kuba barahungiye  mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda kuva ubwo nta gakuru k’abo yasize n’ubu aracyashakisha. Mu […]Irambuye

Nyabugogo: Naho inkongi y'umuriro yafashe inyubako

Ku gasusuruko ahagana saa tanu z’amanywa kuri uyu wa 15 Nyakanga, indi nkongi y’umuriro yibasiye inyubako y’ubucuruzi yegeranye na Resident Hotel (aho bakunze kwita kwa Mutangana) iri Nyabugogo, ababibonye bakavuga ko yaturutse mu bubiko bukuru bw’uruganda rwa matera rwa Afrifoarm. Ndagijimana Jean Marie, umwe mu baturage babanje kwitanga bagerageza gukura ibintu mu nzu kugira ngo byose […]Irambuye

Imodoka nini 35 ziyongereye mu zitwara abagenzi i Kigali

Remera – Imodoka 35 z’ubwikorezi rusange zigenewe gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali zamuritswe kuri uyu wa 14 Nyakanga, izi modoka zizajya zitwara abagenzi muri Kigali muri kompanyi za KBS, Royal na RFTC. Muri uyu muhango kuri uyu mugoraba wo kuwa mbere byatangajwe ko izi modoka ari ishoramari rya miliyari ebyiri na miliyoni 600 z’amafaranga […]Irambuye

“Naba mpagarariye igihugu, ntabwo naba ngiye nk’umunyarwenya”- Arthur

Nkusi Arthur, Umunyarwenya ukunzwe cyane akaba n’umunyamakuru, agaragara mu  bitaramo byinshi asusurutsa imbaga, avuga ko mu gihe yaba agize amahirwe yo kujya muri Big Brother Africa yagenda ahagarariye igihugu aho kwitwa umunyarwenya ‘Comedian’. Big Brother Africa ni irushanwa mpuzamahanga ribera muri Africa y’Epfo ryitabirwa n’abantu baturutse mu bihugu bitandukanye, bakabana mu nzu bakagenda bavanwamo kubera imibanire […]Irambuye

en_USEnglish