Tags : BNR

Leta igiye gucuruza impapuro z’agaciro z’amafrw miliyari 15

Guverinoma y’u Rwanda binyuze muri Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) muri uku kwezi kwa Gashyantare twatangiye irashyira ku isoko impapuro z’agaciro mpeshwafaranga z’umwenda wa Leta (Treasury bond) z’imyaka itanu zifite agaciro ka Miliyari 15 z’amafaranga y’u Rwanda. Nk’uko bisanzwe, Guverinoma ishyira ku isoko izi mpapuro buri gihembwe mu rwego rwo guteza imbere ibikorwaremezo n’isoko ry’imari n’imigabane […]Irambuye

Abifuje kugura ‘Treasury Bond’ nshya za Miliyari Frw 15 bageze

Banki Nkuru y’u Rwanda ‘BNR’ yatangaje ubwitabire bwo ku rwego rwo hejuru bwagaragaye ku isoko ry’impapuro z’agaciro mpeshwa-mwenda Guverinoma iherutse gushyira hanze zifite gaciro ka Miliyari 15 z’Amafaranga y’u Rwanda, ubusabe bw’abazishakaga bwageze ku 176.39%. BNR yafunguye ibitabo ku bifuza kuguriza Leta y’u Rwanda binyuze mu kugura impapuro nshya z’agaciro mpeshwa mwenda kuva kuwa mbere […]Irambuye

Kanyinya: BNR yahaye abirukanywe Tanzania Frw 150 000 buri muryango

Mu muganda wo kuri uyu wa gatandatu tariki 31 Ukwakira, Abakozi ba Banki Nkuru y’igihugu (BNR) bashyikirije imiryango 10 y’abirukanywe muri Tanzania yatujwe mu Murenge wa Kanyinya, mu Karere ka Nyarugenge inkunga y’ibikoresho bifite agaciro ka Miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, ndetse n’amafaranga ibihumbi 150 kuri buri muryango. Mu bikoresho iyo miryango yagenewe harimo ibikoresho […]Irambuye

Musanze: Abahinzi baranenga amakusanyirizo y’ibirayi ahindagura ibiciro

Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Musanze barinubira ko abayobozi b’amakusanyirizo bahindagura ibiciro by’ibirayi uko bishakiye aba nabo bakavuga ko bishyirwaho n’abahagarariye abahinzi, ubuyobozi bw’Akarere bwo bubona ikibazo giterwa n’uko iyi gahunda ikiri nshya mu barebwa n’ubuhinzi bw’ibirayi muri rusange. Nk’uko bamwe mu bahinzi babitangarije Umuseke, ngo abafite amakusanyirizo bajyana ibirayi i Kigali bagaruka bakaza bishyiriraho […]Irambuye

Rutsiro: Mu mwaka 1 hibwe banki 2, umutekano w’amafaranga urakemangwa

Gukosora: Mu Karere ka Rutsiro haravugwa ibikorwa by’uruhererekane byo kwiba Banki na Koperative yo Kubitsa no kugiriza Umurenge SACCO. Mu gihe kitarenze umwaka hibwe Banki y’abaturage y’u Rwanda, ubu haravugwa ubujura bwibasiye UMURENGE SACCO wa Mushubati wibwe kuri uyu wa kane tariki 24 Nzeri 2015, wibwe nyuma y’uko hibwe n’Ikigo nderabuzima cya Musasa. Mu nkuru yacu […]Irambuye

‘Cooperative Bank’ umushinga wo kunoza imikorere ya za SACCO

*Cooperative Bank izahuza Umurenge SACCO na Banki Nkuru *Ubu ufite konti muri SACCO ntiyakwishyura byihuse umwenda uri mu yindi banki, icyo gihe bizashoboka *Iyi banki izajya ishakisha amafaranga yo kuguriza za SACCO Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yasangije abadepite imiterere ya Banki nshya itekerezwa ‘Cooperative Bank’, iyi izaba ishinzwe kugenzura Imirenge SACCO, ni yo izaba ari umukiliya […]Irambuye

Mutabaruka yasesenguye impamvu inyungu ku nguzanyo ziri hajuru mu Rwanda

Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) ubwo yagaragazaga politiki y’ifaranga uko ihagaze mu gice cya mbere cy’uyu mwaka wa 2015, hari bamwe bavuze ko mu Rwanda amafaranga y’inyungu zakwa ku nguzanyo (interest rate) ari hejuru cyane. Mutabaruka Jean Jacques ufite ubumenyi mu by’Ubukungu, asanga hari impamvu eshatu zatuma inyungu ku nguzanyo zigabanuka. Mu kiganiro yagiranye n’Umuseke ku […]Irambuye

Ubukungu bwazamutse ku muvuduko wa 7,6% mu gihembwe cya mbere

Ubwo hasokaga raporo igaragaza uko politiki y’ifaranga ihagaze mu Rwanda, Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, yavuze ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku muvuduko wa 7,6% mu gihembwe cya mbere cya 2015, ngo ikizere kirahari ko buzakomeza kuzamuka ku muvuduko wari uteganyijwe. Icyegeranyo gikubiyemo uko politiki y’ifaranga ihagaze mu Rwanda ndetse n’uko ubukungu bw’Isi […]Irambuye

U Rwanda mu bihugu 10 bikurura abashoramari muri Africa

Icyegeranyo gishya kigaragaza uko ibihugu 54 bya Africa bikurikirana mu gukurura abashoramari, u Rwanda ruyoboye ibihugu byo muri Africa y’Uburasirazuba, muri Africa igihugu cya Africa y’Epfo kiyoboye ibindi. Iki cyegeranyo cyakozwe n’ikigo, Rand Merchant Bank, kizobereye mu kugaragaza uko ibigo bihagaze mu mitungo, kigaragaza ko Africa y’Epfo iyoboye ibindi bihugu byose muri Africa mu gukurura […]Irambuye

Uyu mwaka ifaranga ry’u Rwanda rizata agaciro kuri 6%

*BNR yasobanuye impamvu idolari ryabuze *i$ ubu ngo ryihagazeho kuko ubukungu bwa Amerika bwasubiranye *Kuva mu kwa mbere kugeza ubu irinyarwanda ryataye agaciro kuri 3,6% *Kuva mu Ukuboza 2014 iri-Euro rimaze guta agaciro kuri 10,1% *Mu karere hari amafaranga yataye agaciro kugera kuri 20% Muri iyi minsi mu Rwanda haravugwa ibura ry’idolari ry’Amerika ndetse no […]Irambuye

en_USEnglish