Mu nama y’iminsi ibiri ‘Smart Rwanda Days’ i Kigali, yatangiye kuri uyu wa kane tariki 2 Ukwakira ihuza impuguke zisaga 300 mu bijyanye n’Ikoranabuhanga n’Itumanaho (ICT) muri Africa no ku Isi, Umuyobozi Mukuru w’’Ihuriro Mpuzamahanga ry’ibjyanye n’Ikoranabuhanga ku isi, (IT Union), Dr. Hamadoun Touré yashimiye Perezida Kagame wagize uruhere runini mu itorwa rye anatangaza ko afite […]Irambuye
Kicukiro: Kuri uyu wa 2 Ukwakira 2014 kuri Stasiyo ya Kicukiro hafungiye umusore witwa Niringiyimana Eliab azira gukora kashi mpimbano zirimo iya Banki Nkuru y’igihugu, BNR, imiryango itegamiye kuri Leta, abikorera, n’amasosiyeti atandukanye ndetse n’izo muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo. Uyu musore yemera iki cyaha, akavuga ko yabishowemo n’umugabo akorera ku mashyirahamwe Nyabugogo witwa […]Irambuye
Iburengerazuba – Abatuye Umujyi wa Rubavu baganiriye n’Umuseke bavuga ko ikibazo cy’amazi kimaze gukomera kuko ubu kimaze ibyumweru bibiri, uduce tumwe na tumwe tw’umujyi nitwo dushobora kumara amasaha macye dufite amazi. Ababishinzwe baravuga ko ari ikibazo cy’imvura igwa muri Gishwati. Mu duce dutandukanye tw’umujyi hari abavuga ko bamaze ibyumweru bibiri batazi amazi muri ‘robines’ zabo, […]Irambuye
Iburasirazuba – Inkongi y’umuriro itaramenyekana icyayiteye yafashe amaduka agera ku munani ku mugoroba wo kuri uyu wa 1 Ukwakira ahagana saa moya n’igice z’ijoro, aya maduka aherere mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigabiro. Polisi, abaturage n’ingabo bariho bafatanya kuzimya uyu muriro wari umaze kuba mwinshi ariko ubarusha imbaraga. Amazu y’ubucuruzi y’uwitwa Murenzi niyo uyu […]Irambuye
Ahagana saa moya z’ijoro ryo kuri uyu wa 30 Nzeri 2014 muri Banki y’Abaturage ishami rya Nyamabuye (Muhanga) habaye ikibazo cy’amashanyarazi cyatumye ibikoresho birimo mudasobwa, moteri itanga amashanyarazi, photocopieuse n’akamashini kabara amafaranga bishya. Imirimo y’iyi banki kugeza ubu yahagaze. Amashanyarazi akunze kubura mu mujyi wa Muhanga buri mugoroba, ibigo bikomeye bikitabaza za moteri. Niko byagenze kuri […]Irambuye
Kuri uyu wa 1 Ukwakira 2014 urubanza rwa Leon Mugesera rwari gusubukurwa nk’uko byari biteganyijwe, nk’uko bisanzwe umutangabuhamya n’ababuranyi bari kuhagera saa mbili n’igice, aba bahageze ariko umutangabuhamya arabura. Urukiko rutegeka ko bamutegereza kugeza ahagana saa tatu n’igice ataraza maze rutegeka ko urubanza rusubitswe. Urukiko rwabanje kubaza impande zombie icyo zibivugaho. Ubushinjacyaha buvuga ko kuba […]Irambuye
Hasigaye ukwezi ngo imirimo yo kubaka urugomero rwa Nyabarongo ruherereye mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga irangire ariko bamwe mu baturage batangaje ko amasambu yabo yatangiye kurengerwa n’amazi y’urugomero, kandi imitungo yabo ikaba kugeza ubu itarigeze ibarurwa. Mu ruzinduko Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda( Rwanda Energy Group) Mugiraneza Jean Bosco yagiriye […]Irambuye
Mu rubanza Urukiko Rukuru ruburanishamo Charles Bandora urengwa n’ubushinjacyaha kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikiranyweho, kuri uyu wa 30 Nzeri, umutangabuhamya wo ku ruhande rw’Ubushinjacyaha yumvikanye ashinjura uregwa atangaza ko kuba ubuhamya yatanze mbere bwaramushinjaga ari uko yabutanze ku gahato nyuma yo kwizezwa kuzagabanyirizwa ibihano. Kuva kuwa mbere tariki 29 Nzeri, Urukiko rukuru rwatangiye […]Irambuye
Urukiko rwa gisirikare i Nyamirambo rwategetse ko Col Tom Byabagamba, (Rtd)Brig Gen Frank Rusagara wasezerewe mu ngabo ndetse n’umushoferi wa Rusagara witwa Francois Kabayiza na we wasezerewe ngabo z’u Rwanda bafungwa iminsi 30 by’agateganyo mbere y’uko urubanza rwabo rutangira kuburanishwa mu mizi, icyemezo cyafashwe kuri uyu wa kabiri tariki 30 Nzeri 2014. Uyu musirikare mukuru, Col […]Irambuye
Amakuru agera ku UM– USEKE aravuga ko mu ijoro ryakeye umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi Emmanuel Bahizi yaraye atawe muri yombi kubera impamvu zitaratangazwa. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi yemejwe n’Umuyobozi w’aka karere, Rutsinga Jacques mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Umuseke, Muhizi Elisee ukorera mu Ntara y’Amajyepfo ariko yamutangarije ko na […]Irambuye