Digiqole ad

Muhanga: Urugomero rugiye kuzura hari abaturage badahawe ingurane

Hasigaye ukwezi  ngo imirimo yo kubaka urugomero  rwa Nyabarongo  ruherereye mu murenge wa Mushishiro mu karere ka Muhanga irangire ariko bamwe mu baturage batangaje ko   amasambu yabo yatangiye kurengerwa n’amazi y’urugomero,  kandi  imitungo yabo ikaba kugeza ubu itarigeze ibarurwa.

Abaturage  bangirijwe  imitungo yabo, batari bahabwa ingurane
Abaturage bangirijwe imitungo yabo, batari bahabwa ingurane

Mu ruzinduko Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda( Rwanda Energy Group) Mugiraneza Jean Bosco yagiriye  ku rugomero rwa Nyabarongo,   kuri uyu wa kabiri taliki ya 30 Nzeli 2014, rugamije kureba  uko imirimo  ihakorerwa  igenda,  aba baturage  bamugaragarije impungenge z’imitungo yabo yatangiye kwangizwa  n’amazi y’urugomero rwa Nyabarongo  kandi  inzego z’ibanze barazigejejeho iki kibazo ariko ntihagire igikorwa.

Simbayobewe Silas, utuye mu mudugudu wa Cyarubambire, Akagali ka Matyazo mu murenge wa Mushishiro yavuze ko  kuva mu mwaka wa 2008  ubwo imirimo y’urugomero yatangiraga yasabye ko babarura agaciro  isambuye ifite kuko yabonaga iri hafi y’urugomero bakamubwira  ko aho isambu ye iri ari kure ugereranyije n’urugomero bityo ko atahabwa ingurane.

Ariko ngo kuva batangiye kugomera amazi yasatiriye  isambu ye  ku buryo  imirimo y’ubuhinzi yahakorerwaga yahagaze kandi  urutonde rw’abagomba guhabwa inguranbe akaba ataruriho.

Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ingufu mu Rwanda( Rwanda Energy Group) Mugiraneza Jean Bosco avuga ko  mu gihe hasigaye igihe kigufi ngo urugomero rutange ingufu z’amashanyarazi bamaze kwishyura umubare w’abaturage utari munini  ku buryo yizera ko n’abasigaye mu minsi ya vuba bazaba babonye amafaranga y’imitungo yabo yabaruwe, abatarayabona nabo bigiye kwihutishwa.

Abayobozi  ba Sosiyete  Angelique barasobanurira Umuyobozi wa REG  Uko imirimo ihagaze
Abayobozi ba Sosiyete Angelique barasobanurira Umuyobozi wa Rwanda Energy Group uko imirimo ihagaze

Mutakwasuku Yvonne, umuyobozi w’Akarere ka Muhanga yavuze ko  abaturage bari kugaragaza ikibazo cy’amafaranga y’ingurane bari  mu byiciro bitatu ku buryo bose atari ko bazabona amafaranga, ngo hari abo amafaranga yabo yabanje kuyoba, ari nabo bazabona amafaranga mu gihe cya vuba,  aba  kabiri yavuze ko babaruriwe imitungo mbere yuko itegeko ry’ubutaka rijyaho aho ryavugaga ko  imirimo iri kuri metero eshatu uvuye ku nkombe z’umugezi wa Nyabarongo bazahabwa  amafaranga y’ingurane, ariko ko abari mu cyiciro cya gatatu itegeko ry’ubutaka ritabemerera kubona amafaranga y’ingurane kuko aho bahinga hagenewe imirimo ya leta.

Abaturage  ibihumbi bitatu  bo mu karere ka Muhanga na Ngororero nibo babaruriwe  amasambu muri bo 81 nibo basigaye hatabariwemo aba bavuga ko  amasambu yabo yarengewe n’amazi.

Amazi y'urugomero yatangiye kuzamuka yangiza imirima y'abaturage
Amazi y’urugomero yatangiye kuzamuka yangiza imirima y’abaturage

 

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

2 Comments

  • Kuvuga ko amazi yatangiye kuzamuka akangiza imirima y’abaturage si byo kuko aho dam iri abaturage bahawe ingurane kandi barishyuwe.A batarabonye amafaranga byatewe na konti batanze zitagikora kandi byarakosowe.abandi bantu basigaranye ibibazo nabo byahawe umurongo ariko abanyamakuru bage bibuka ko hari n’abandi bantu bishyuwe amafaranga kandi nta mitungo bagiraga boye kugenddera kuri sentiment z’abaturage gusa ari nabyo byateje urukururano rw’ibibazo.

  • Nonese niba hari abayabonye batayagombaga ibyo urashaka gusobanurako abayagombaga bayimwa?
    abayahawe batayagomba ibyo nibibazo btabatangaga batakoranye ubushishozi

Comments are closed.

en_USEnglish