Ibyo bavuga kuri Ruganzu Ndoli baba bafitiira– Padiri Muzungu

*Padiri Muzungu yakoranye na Padiri A. Kagame wari warahawe ubwiru bwose *P.Muzungu nawe ni umunyamateka akaba n’umwanditsi ku mateka n’ubusizi *Ruganzu Ndoli cyakoze ngo niwe u Rwanda rukesha uko ruri uku Umwami Ruganzu Ndoli wabayeho mu myaka ya 1300- abanyarwanda benshi bamubwirwa nk’umwami wari ufite ububasha budasanzwe bahereye ku bigaragara bimwitirirwa (amajanja y’imbwa ze, ikicaro […]Irambuye

Bavuze ibyo banenga Leta mu gukemura ibibazo by’abana

Umunyamategeko Maitre Fred Burende yanenze ko hari zimwe mu ngamba Leta ifata kugira ngo iteze imbere uburenganzira bw’umwana ariko ntizishyirwe mu bikorwa uko ziba zateguwe. Kuba abana bamwe bakurwa mu muhanda bagashyirwa mu miryango ariko nyuma y’igihe runaka bakagarukamo ngo akenshi biterwa n’uko haba hari ibitarakurikijwe mu murongo wo kubasubiza mu buzima busanzwe bubereye umwana.  […]Irambuye

Ivangura rishingiye ku mazuru, imisaya…Ni iry’Iburayi

Abanyarwanda benshi babonye amafoto y’abakoloni mu myaka ya 1910… bari gupima amazuru n’imisaya Abanyarwanda, ibifatwa nk’intangiriro y’ivanguramoko rishingiye ku miterere y’umubiri. I Burayi naho barabikoze kandi bagamije kurimbura abo badashaka nk’uko amafoto aherutse kuboneka abyerekana. Bashingiye ku gitabo cy’ubwongereza Charles Darwin yise Origin of Species, ibitekerezo byarimo babibyazamo ikimeze nka siyansi bize Eugenics, kirakomera cyane mu […]Irambuye

Kwibuka abatazwi aho biciwe….Abahazi ngo ntabwo bazahora bingingwa

Bugesera – Prof Jean Pierre Dusingizemungu uyobora IBUKA, kuri iki cyumweru mu muhango wo kwibuka abishwe muri Jenoside ariko ntibimenyekane aho baguye, ko abahazi bahari ndetse bahora bingingwa ngo bahavuge, ariko avuga ko batazahora bingiga aba bahazi ahubwo baziga kwiga kubaho nibura bahora babibuka. Ni igikorwa gitegurwa n’Umuryango IMENA Family igizwe n’abantu bagera kuri 250 […]Irambuye

Abafana ba Arsenal basuye urwibutso rwa Ruhanga baremera abarokotse

Itsinda ry’abafana b’ikipe ya Arsenal basuye urwibutso rwa Ruhanga mu karere ka Gasabo, baremera abarokokeye muri aka gace, banabwirwa amateka yaho arimo ubutwari bw’umupasiteri w’abangirikani wayoboraga urusengero rwa Ruhanga witwa Sosthene wanze kwitandukanya n’Abatutsi bari bahungiye muri  uru rusengero ubu akaba yaragizwe umwe mu barinzi b’igihango. Ubwo ibintu byari bikomeye abakuru b’idini ry’Abangirikani muri kiriya […]Irambuye

Kayonza: Inkongi yibasiye inzu y’umuturage

Inzu y’umuturage mu karere ka Kayonza yahiye, haracyarebwa impamvu yaba yatumye ishya n’ubwo hakekwa amashanyarazi. Uyu mugabo nyiri nzu yahiye yatwaraga moto, umugore we ngo yari yagiye gusenga. Amakuru Umuseke ukesha umwe mu baturanyi b’uru rugo wo mu Karere ka Kayonza, mu Murenge wa Mukarange ni uko kuri uyu wa Kane inzu y’uyu mugabo witwa Nzeyimana […]Irambuye

NEC yakiriye Kandidatire ya Paul Kagame uhagarariye RPF-Inkotanyi

Kuri uyu wa kane, nyuma yo kwakira Kandidatire ya Mpayimana Phillipe wifuza kuba umukandida wigenga, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yakiriye na kandidatire ya Paul Kagame uzahagararira Ishyka rya RPF-Inkotanyi mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe ku matariki 03 na 04 Kanama 2017. RPF Inkotanyi yabukereye ndetse yahagurukije abanyamuryango bayo benshi, ubu abarenga 100 bari kuri […]Irambuye

Sobanukirwa n’ingufu enye (4) zigenga isanzure…na Dr Uwamahoro

Isanzure n’ibirimo bifite uko bikora, buri kintu mu birigize gifite ingufu zituma gikora kandi kigakorana n’ibindi. Izi ngufu abahanga bemeza ko izizwi cyane ari enye: Ingufu rukuruzi(force gravitationelle)., ingufu zikora biturutse ku mashanyarazi azibamo(force electromagnetisme), n’izindi ngufu ebyiri ziba mu ntimatima ya atome (izi bazita strong force na weak force). Umuseke waganiriye na Dr Jean […]Irambuye

Hagati y’imyaka 200 na 500 nta buzima buzaba bukiri ku

*Avuga ko ubonye uko isi iri kwangirika uri umuhanga wakuka umutima Prof Stephen Hawking ni umwarimu w’ubugenge wigisha muri Cambridge University afatwa nk’umuntu wa mbere ku isi mu kumenya “phyisque theorique” yemeza ko kubera kwangirika kw’ikirere ibinyabuzima byo ku Isi bigenda bicika kuburyo mu myaka iri hagati ya 200 na 500 isi izaba itakibasha guturwaho […]Irambuye

Kenya: Ishuri ribanza ryafunzwe nyuma y’uko abanyeshuri bakubise abarimukazi

Mu kigo cy’amashuri abanza kitwa Kirimon Primary School kiri mu gace ka Samburu na Laikipia, ku wa Mbere abanyeshuri binjiye mu kigo bafite inkoni n’imipanga bigaragambya bavuga ko barambiwe guhanwa n’abarimu b’abagore, barabadukira barabakubita. Abanyeshuri bamaze kugera mu kigo umwe muri bo yabasabye ko bakwinjira mu mashuri bagakubira abarimu b’abagore. Barabakubise, abarimu b’abagabo baje gutabara […]Irambuye

en_USEnglish
en_USEnglish