Umuyobozi mushya wa Koperative y’Abarimu, Umwalimu SACCO yaraye ashyikirijwe ububasha n’uwari umuyobozi w’agateganyo, Minisitiri w’Uburezi, Dr Papias Malimba wayoboye uwo muhango, yasabye impinduka mu mitangirwe ya serivisi, gukora igenzura ry’ibyagezweho mu myaka umunani ishize, no kumenya ko Leta hari igihe izahagarika inkunga yayo kuri iki kigo. Umuyobozi mushya w’Umwalimu SACCO, ni Laurence Uwambaje, yahererekanyije ububasha […]Irambuye
Kuri uyu wa gatandatu Rayon Sports yatsinze Bugesera FC igitego kimwe ku busa, bituma ikomeza kuyobora urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona n’amanota 16 itarinjizwa igitego na kimwe mu mikino itandatu. Uyu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona wa ‘Azam Rwanda Premier League’ wari witabiriwe n’abantu benshi bari bakubise buzuye stade ya Kigali. Wari umukino ugaragaramo ubuhanga […]Irambuye
Kuri uyu wa Gatandatu ubwo hizihizwaga isabukuru y’ibiti ku nshuro ya 41 mu Rwanda hanatangizwa igihembwe cyo gutera ibiti, Minisitiri w’ibidukikije n’umutungo kamere, Dr.Vincent Biruta yavuze ko bikwiye ko Abanyarwanda bazirikana akamaro k’amashyamba, avuga ko mu mwaka wa 2018, amashyamba azaba ateye kuri 30% by’ubuso bw’ubutaka bw’u Rwanda. Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta wagarutse […]Irambuye
Binyuze mu gikorwa ngarukamwaka cyitwa Thanksgiving, umuryango ‘Women Foundation Ministries’, kuri uyu wa 25 Ugushyingo, uyu muryango wafashije imiryango 50 y’abatishoboye yo mu murenge wa Gacuriro mu karere ka Gasabo. Uyu muryango uyoborwa na Apotre Alice Mignone Kabera, ukoze iki gikorwa ku nshuro ya 10 aho muri uyu mwaka cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘Thanks […]Irambuye
Kuri uyu wa 25 Ugushyingo, umuryango wita ku bana ‘Save the Children’ wamuritse ubushakashatsi bugaragza ko abana ari bo bafite inyota yo kumenya ibyanditse mu bitabo kurusha abakuru. Gusa ngo inkuru zandikwa mu bitabo byinshi bigenewe abana ntiziba zihwanye n’ibyo bifuza gusoma. Ubu bushakashatsi bwakozwe ku bantu 74, bugaragaza ko n’ubwo umubare w’abana ari wo […]Irambuye
Binyuze mu mushinga wo guteza imbere imishinga y’ubuhinzi bwo mucyaro uzwi nka RSSP (Rural Sector Support Project), Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irimo kubaka ingomero zo gukwirakwiza amazi mu gishanga cya Mukunguli giherereye mu karere ka Kamonyi. Abakurikirana iyi mirimo bavuga ko igeze kuri 35%. Izi ngomero ziri kubakwa muri iki gishanga gihingwamo umuceri, zitezweho gukwirakwiza […]Irambuye
Fidel Castro wabaye Perezida wa Cuba akaba ari umwe mu barambye cyane ku butegetsi ndetse afatwa nk’umuyobozi wakomeye cyane yitabye Imana ku myaka 90 y’amavuko. Murumuna we yasigiye ubutegetsi, Raul Castro ni we watangaje urupfu rwe kuri televeiziyo y’igihugu. Fidel Castro yahiritse ubutegetsi mu 1959, atangiza impinduramatwara ishingiye ku Bukominisiti. Castro yahanganye cyane na America […]Irambuye
Guys buriya hari ugutembera bisanzwe kugira ngo amasaha yicume bya bindi by’abasore n’inkumi, hari no gutembera kwa kundi kw’aba Papa bamwe na bamwe baba bashaka kugera mu rugo abana baryamye, kuri njyewe rero impamvu nabyitaga gukata, nuko nagendaga nta kerekezo, nyine nabona ahari ikoni ngakata!, numvaga wenda byibuze nahura n’imodoka yapfuye, burya ubuzima bugira aho […]Irambuye
Mu murenge wa Mushubati, akagari ka Bumba mu karere ka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, ku itariki 23 Ugushyingo, Ugiriwabo Evelina w’imyaka 83 yakubiswe n’umukwe we witwa Rwitungura Anastase w’imyaka 31, aza gupfa kubera inkoni, umugabo we na we yagiye muri Coma yitabye Imana kuri uyu wa gatanu. Intandaro y’aya mabi yaturutse ku ntonganya zo mu […]Irambuye
Ku munsi wo gutangiza ubukangurambaga bugamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Esperance yasabye abahohoterwa kugira uruhare mu kuvuga ihohoterwa bakorerwa kuko ngo ntirishobora gucika batabigizemo uruhare. Ubu bukangurambaga buzamara iminsi 16 bwatangijwe mu mudugudu wa Rwabikenga, mu kagari ka Nyirabirori mu murenge wa Tumba mu karere ka Rulindo, kuri uyu […]Irambuye